FARDC – AFC/M23 mu ntambara z’amasasu n’amatangazo bashinjanya guhonyora agahenge

Imihate ya Washington, Doha, Luanda na Lome yo kugeza impande zombi ku guhagarika imirwano no kugera ku mahoro kugeza ubu nta musaruro iratanga.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana, Dinah Gahamanyi na Samba Cyuzuzo

  1. Aha ni ho usoreje amakuru yacu y'ikibiriraho y'uyu munsi. Mwakoze kubana natwe. Amakuru yandi muri ubu buryo ni aho ku wa mbere

  2. Irani yihanangirije UN iyimenyesha ko itazihanganira uzayitera ku butaka bwayo

    Igitero cya Irani

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Igitero cya Irani

    Mu ibaruwa Iran yandikiye Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye, yaburiye ko izasubiza "igitero cya gisirikare" icyo ari cyo cyose ishobora guhura nacyo, yemeza ko ibirindiro byose biri muri ako gace, ibikoresho n'umutungo byabyo, nibiramuka byemeye ko baterwa bizahura n'ingaruka zikomeye no kuraswaho mu gihe habayeho imirwano.

    Muri ubwo butumwa Tehran yavuze ko idashaka ubushyamirane cyangwa intambara, kandi ko itazayitangiza, ariko yashimangiye ko ifite uburenganzira bwo kwirwanaho mugihe itewe.

    Ku wa Kane, Perezida wa Amerika yahaye Irani iminsi ntarengwa 15 kuba igeze ku "masezerano afite ishingiro" mu biganiro biri kuba hagati y'impande zombi bitaba ibyo igahura n' "ibintu bibi," mu gihe iyi Repubulika ya Kiyisilamu yongeye kwirengera uburenganzira bwayo bwo gukungahaza uranium.

    Irani yafashe amagambo ya Perezida wa Amerika Donald Trump nk'akubiyemo icyo yita "ibyago nyabyo byo kugaba ibitero bya gisirikare," ivuga ku ngaruka zishobora guterwa n'ihungabanywa ry'umutekano n'ituze by'igihugu gifite ubwigenge kandi inerekana ingaruka byagira ku karere kose.

    Mu gihe ingabo za Amerika zikomeje kwiyongera muri ako karere, Minisitiri w'Intebe wa Isiraheli Benjamin Netanyahu yaburiye ko igihugu cye, inshuti ya Amerika, kizahangana na Tehran mu buryo buhambaye niramuka igabye ibitero.

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Irani byasubukuye ibiganiro byazo bitaziguye, byayobowe na Oman, tariki 6 Gashyantare(2).

    Ikinyamakuru cyo muri Amerika, The Wall Street Journal, cyatangaje ko Trump arimo gutekereza ku buryo bwo gukora "igitero cya gisirikare gito" kuri Irani kugira ngo ayishyireho igitutu cyo kwemera amasezerano ye yerekeye amasezerano ya Nikereyeli.

    Ikinyamakuru cyatangaje ko igitero gishobora kwibasira ahantu hake ha gisirikare cyangwa leta, hakaba hakwiyongera ibitero nyuma mu gihe Tehran yanga kubyemera, bishobora gutuma habaho ibikorwa byagutse birimo ibikoresho bya leta ya Irani kandi bishobora kuba bigamije guhirika ubutegetsi bwa Irani.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. FARDC – AFC/M23 mu ntambara z’amasasu n’amatangazo bashinjanya guhonyora agahenge

    Imirwano mu burasirazuba bwa DR Congo

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Mu matangazo yasohowe uyu munsi, ingabo za FARDC n’umutwe wa AFC/M23 birashinjanya guhonyora agahenge no gukora ibitero bituma ibintu birushaho kumera nabi mu burasirazuba bwa DR Congo.

    Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ingabo za leta ya Kinshasa zifatanyije n’ingabo z’u Burundi, mu “guhonyora agahenge inshuro nyinshi idaca intege gusa inzira za politike, ahubwo binatesha agaciro inzego z’ubuhuza zishyirwaho” n’ibihugu by’akarere cyangwa amahanga ya kure.

    AFC/M23 ivuga ko ibitero by’indege za ‘drones’ za FARDC mu karere ka Minembwe, Mikenge n’ahandi mu misozi ya Fizi “byateje guhunga kw’abantu, no gutatana kw’imiryango”, kandi inenga amahanga gucece imbere y’ibirimo kubera muri ako karere.

    Igisirikare cya DR Congo nacyo mu itangazo cyasohoye kivuga ko inyeshyambaza M23 - kivuga ko zifatanya n’ingabo z’u Rwanda – ari zo ku wa gatatu - ku munsi hari kubahirizwa agahenge kasabwe na Angola - zateye ibirindiro bya FARDC muri Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru mu guhonyora agahenge kasabwe na Angola.

    Igisirikare cya Congo kivuga uturere dutandukanye turimo ibirindiro byabo muri teritwari za Walikale (Kivu ya Ruguru), Rutshuru (Kivu ya Ruguru), no mu duce twa Mikenge na Kalonge mu misozi ya Fizi (Kivu y’Epfo), ko twatewe n’ihuriro rya M23 na Twirwaneho.

    FARDC ivuga ko yo igishaka “kubahiriza agahenge kasabwe na Angola nk’umuhuza”.

    Imihate ya Washington, Doha, Luanda na Lome yo kugeza impande zombi ku guhagarika imirwano no kugera ku mahoro kugeza ubu nta musaruro iratanga.

  4. Amerika yafatiye ibihano abayobozi b’Umutwe wa RSF wo muri Sudani

    Imodoka zitwaye abarwanyi ba RSF

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano abayobozi batatu b’umutwe witwara gisirikare wa witwa Rapid Support Forces (RSF), muri Sudani zibashinja uruhare mu kugota no gufata umujyi wa al-Fashir mu gihe cy’amezi 18, ndetse no gukora ubwicanyi bwagutse kandi buteguye.

    Mu itangazo Minisiteri y’Imari ya Amerika yasohoye kuri uyu wa kane, yashinje RSF gukora “igikorwa kibi cyane cy’ubwicanyi bushingiye ku moko, iyicarubozo, guteza inzara nk’intwaro, n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina” mu gihe cyo kugota no gufata al-Fashir.

    Abafatiwe ibihano harimo Jenerali wa brigade wa RSF, iyo Minisiteri ivuga ko yifashe amashusho arimo kwica abasivili batitwaje intwaro, ndetse na Jenerali mukuru muri RSF hamwe n’umuyobozi w’ingabo za RSF ku rugamba.

    Umujyi wa al-Fashir wo mu karere ka Darfur waguye mu maboko ya RSF mu Ukwakira 2025 nyuma yo kugotwa igihe kirekire, byakurikiwe n’ubwicanyi bwahitanye abantu benshi.

    Minisiteri y’Imari ya Amerika yavuze ko umujyi umaze gufatwa mu Ukwakira, abarwanyi ba RSF bakajije umurego mu gukora ubwicanyi buteguye kandi bwagutse, gufunga abantu no kubakorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ku buryo nta warokotse, harimo n’abasivili, wasigaye adahungabanyijwe.

    Iyo minisiteri yanashinje uwo mutwe kugerageza gusibanganya ibimenyetso by’ubwicanyi bwakorewe abaturage, bashyingura, batwika cyangwa bajugunya imibiri y’abantu ibihumbi n’ibihumbi.

    Abantu barenga ibihumbi 100 bivugwa ko bahunze al-Fashir kuva mu mpera z’Ukwakira, nyuma y’uko RSF ifashe uwo mujyi bikurikiranye no kugotwa kw’amezi 18 kwateje inzara ikabije.

    Abacitse ku icumu batangaje ko habayeho ubwicanyi bushingiye ku moko n’ifungwa ry’abantu benshi mu gihe cyo gufata umujyi na nyuma yabyo. Hari abantu benshi kugeza ubu batazwi irengero ryabo muri al-Fashir no mu duce tuyikikije.

    Mu itangazo rye, Minisitiri w’Imari wa Amerika, Scott Bessent, yagize ati: “Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirahamagarira umutwe wa Rapid Support Forces guhita wemera agahenge k’ibikorwa bya gisirikare hagamijwe gutanga ubutabazi bwihuse ku baturage. Ntituzemera iki gikorwa gikomeje cy’iterabwoba n’ubwicanyi budafite impamvu muri Sudani.”

  5. Ibihugu biri muri 'Board of Peace' ya Trump byasezeranyije miliyari $7 zo gufasha Gaza

    Abantu bacye baraboneka barimo kugenda n’amaguru mu muhanda ukikijwe n’inyubako zarashweho ibisasu muri Gaza.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Umuryango w'Abibumbye ugereranya ko ibyangiritse muri Gaza bifite agaciro ka miliyari 70 z'amadolari y’Amerika

    Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko ibihugu byinshi byinjiye mu muryango we witwa ‘Board of Peace’ (Inteko y’Amahoro) byakusanyije miliyari 7 z’amadolari zo gufasha Gaza.

    Trump yabitangarije mu nama ya mbere y’uwo muryango, ibihugu byinshi by’inshuti z’Amerika zo mu burengerazuba bw’isi zanze kwinjiramo.

    Ibyo bihugu byanze kuwujyamo bifite impungenge ko uwo muryango, mbere wari witezwe gufasha mu kurangiza intambara hagati ya Israel na Hamas, ushobora kuba ugamije gusimbura Umuryango w’Abibumbye (ONU/UN).

    Icyiciro cya kabiri cya gahunda y’agahenge muri Gaza yagizwemo uruhare n’Amerika, kirimo no kwambura intwaro umutwe wa Hamas no kongera kubaka Gaza.

    Trump yabwiye abitabiriye iyo nama ku wa kane i Washington DC ko “bisa nkaho” Hamas izashyira intwaro hasi. Abatuye muri Gaza bavuga ko Hamas irimo kongera ubugenzuzi bwayo kuri Gaza.

    Muri iyo nama, Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko Israel “yemeranyije n’inshuti yacu Amerika ko hatazabaho kongera kubaka Gaza mbere yuko Gaza ikurwamo intwaro”.

    Imbarutso y’iyo ntambara yabaye igitero cyari kiyobowe na Hamas cyagabwe mu majyepfo ya Israel ku itariki ya 7 Ukwakira (10) mu 2023, cyiciwemo abantu hafi 1,200 naho abandi 251 barashimutwa.

    Israel yasubije icyo gitero itangira igikorwa cya gisirikare muri Gaza, cyiciwemo abantu barenga 72,000, nkuko bitangazwa na minisiteri y’ubuzima ya Gaza igenzurwa na Hamas.

    Ubukungu bwa Gaza bwarazahaye, nyinshi mu nyubako hamwe n’ibikorwa-remezo byarashenywe. ONU igereranya ko ibyangiritse bifite agaciro ka miliyari 70 z’amadolari y’Amerika.

    Ibihugu birimo nk’Ubwongereza, Canada, Ubufaransa n’Ubudage, byanze kwinjira muri ‘Board of Peace’, yatangiye mu kwezi gushize.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Afurika y'epfo: Umuhungu wa Robert Mugabe yatawe muri yombi akekwaho kugerageza kwica umuntu

    Ifoto igaragaza umutwe n’ibitugu bya Bellarmine Mugabe areba hasi. Yambaye imyenda y’umukara, kandi ku ijosi yambaye umukufi.

    Ahavuye isanamu, Anadolu Agency via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Bellarmine Mugabe ni umuhungu muto wa Robert Mugabe na Grace Mugabe

    Polisi y'Afurika y'Epfo yataye muri yombi umuhungu muto w'uwahoze ari Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe, akekwaho icyaha cyo kugerageza kwica umuntu, nyuma y'uko havuzwe ko habayeho kurasana ku nyubako iri mu gace gatuwe n'abifite k'i Johannesburg.

    Bellarmine Mugabe, w'imyaka 28, yafashwe nyuma y'uko umugabo w'imyaka 23, bivugwa ko yakoraga isuku mu busitani, arashwe agakomereka.

    Polisi yavuze ko mu isaka ryakorewe mu nzu iherereye i Hyde Park, aho Bellarmine Mugabe yari acumbitse, habonetse amasasu (bullet cartridges) ariko ntihabonetse imbunda.

  7. Ubuyapani: Umugiraneza utazwi yahaye umujyi zahabu ya miliyoni 3.6$ yo gusana ibikorwa remezo by’amazi

    Abategetsi ba Osaka bakiriye 21kg za 'bars' za zahabu zivuye ku mugiraneza utazwi

    Ahavuye isanamu, Osaka City Waterworks Bureau

    Insiguro y'isanamu, Abategetsi ba Osaka bakiriye 21kg za 'bars' za zahabu zivuye ku mugiraneza utazwi

    Umujyi wo mu Buyapani wakiriye impano yo kuwufasha gusana ibirwaremezo byawo by’amazi bishaje: ibiro 21 bya ‘bars’ za zahabu.

    Izi ‘bars’ za zahabu, z’agaciro ka miliyoni 3.6 z’amadorari (miliyari zirenga 5.2 Frw), zatanzwe mu Ugushyingo(11) gushize n’umugiraneza wahisemo kudatangazwa, nk’uko ku wa kane byatangajwe na Hideyuki Yokoyama umukuru w’umujyi wa Osaka.

    Osaka, ituwemo n’abantu hafi miliyoni eshatu, ni wo mujyi wa gatatu munini mu Buyapani.

    Gusa kimwe n’indi mijyi myinshi y’Ubuyapani, impombo z’amazi n’uburyo bwo gukusanya amazi y’imyanda y’uyu mujyi birashaje – ikibazo gikomeje gutera inkeke abawutuye.

    Uyu mujyi ukomeje guhura n’ibibazo byo guturika kw’impombo z’amazi zo munsi y’imihanda.

    Avuga kuri iriya mpano, Yokoyama yabwiye abanyamakuru ati: “Ikibazo cy’impombo zishaje kirasaba ubushobozi bunini cyane. Ntacyo navuga rero uretse gushima.”

    Uyu mugiraneza utazwi kugeza ubu, si ubwa mbere yitanze kuko yigeze guha uyu mujyi ama Yen 500,000 (Hafi miliyoni 5 Frw) nanone yo gufasha gusana ibikorwa remezo by’amazi, nk’uko uriya mutegetsi abivuga.

    Uyu mujyi wizeje gukoresha neza iyo mpano ya zahabu y’agaciro gakomeye wahawe mu gusana impombo z’amazi zirimo kwangirika muri uyu mujyi.

    Ibinyamakuru muri iki gihugu bivuga ko hejuru ya 20% by’impombo z’amazi mu Buyapani zarengeje imyaka 40 ziba zigenewe gukora.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Ubwicanyi ndengakamere bwo muri Sudani bufite 'ibimenyetso bya jenoside' – ONU

    Umugore wataye ibye wo muri Sudani ari mu nkambi y’abavuye mu byabo, bahunze bava i el-Fasher bajya i Tawila, muri Darfur ya Ruguru, muri Sudani.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Iperereza ry'itsinda ry'Umuryango w'Abibumbye (ONU) ryasanze ko ibimenyetso by'ubwicanyi ndengakamere bwakozwe mu igotwa n'ifatwa ry'umujyi wa el-Fasher muri Sudani byerekeza kuri jenoside.

    Mu mpera y'ukwezi kw'Ukwakira (10) mu 2025, umutwe witwara gisirikare wa RSF (Rapid Support Forces) wafashe el-Fasher, umujyi uri mu karere ka Darfur ko mu burengerazuba, nyuma yo kuwugota amezi 18.

    Cyabaye kimwe mu bice by'ubugome bwinshi cyane mu ntambara yo muri Sudani imaze imyaka hafi itatu, ndetse byateje umujinya henshi ku isi.

    Aha ni ho hafi cyane ONU igeze ku kuba yatangaza ko jenoside irimo gukorwa n'abarwanyi ba RSF muri Darfur muri iyi ntambara.

    RSF nta cyo yatangaje kuri iyi raporo ariko mbere yahakanye ibyo ishinjwa nk'ibyo.

    Izindi nkuru wasoma:

  9. Andrew, murumuna w'Umwami w'Ubwongereza, yarekuwe mu gihe iperereza rikomeje akekwaho imyitwarire mibi

    Andrew yafotowe iyi foto ava kuri sitasiyo ya polisi ya Aylsham nyuma yo gutabwa muri yombi mu gitondo cyo ku wa kane. Yicaye mu modoka yegamye, atwaye n'undi mugabo.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Andrew (iburyo) yafotowe ava kuri sitasiyo ya polisi ya Aylsham nyuma yo gutabwa muri yombi mu gitondo cyo ku wa kane

    Andrew Mountbatten-Windsor, murumuna w'Umwami w'Ubwongereza Charles wa III, yarekuwe mu gihe iperereza rikomeje nyuma yo gutabwa muri yombi akekwaho imyitwarire mibi mu kazi ka rubanda.

    Mu gitondo cyo ku wa kane, polisi yo mu gace ka Thames Valley yavuze ko yataye muri yombi umugabo uri mu kigero cy'imyaka 60 i Norfolk kandi ko irimo gusaka mu ngo i Berkshire n'i Norfolk.

    Umwami Charles wa III yavuze ko "amategeko agomba gukurikizwa" mu gihe yavugaga ku ifatwa rya Andrew.

    Andrew yakomeje guhakana avuga ko nta kibi yakoze.

    Mbere, polisi yari yavuze ko irimo gukora iperereza kuri Andrew ku birego bijyanye n'imikoranire ye na Jeffrey Epstein wapfuye wahamwe n’icyaha cy'ihohotera rishingiye ku gitsina, kandi ko irimo gusuzuma ibirego by'uko yasangije amakuru y'ibanga.

    Itumanaho hagati y’abo bombi ryagaragaye mu gice cy’amadosiye yashyizwe ahagaragara na leta y'Amerika.

    Mu itangazo rivuguruwe ryo ku wa kane nimugoroba, polisi y'i Thames Valley yemeje ko uyu mugabo "yarekuwe mu gihe agikorwaho iperereza". Yongeraho ko ibikorwa byayo byo gusaka icumbi ry'i Norfolk yabagamo byarangiye.

    Izindi nkuru wasoma:

  10. Trump avuga ko isi ifite iminsi 10 yo kureba niba Irani yemera amasezerano cyangwa 'ibintu bibi bibe'

    Trump yambaye ikositimu y'ubururu, karuvati y'iroza n'ishati y'umweru. Arimo kuvugira mu ndangururamajwi.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Perezida Donald Trump avuga ko isi izamenya “mu minsi, wenda, 10 iri imbere” niba Amerika izagera ku masezerano na Irani cyangwa igakora igikorwa cya gisirikare.

    Mu ijambo yavugiye i Washington DC mu nama ya mbere y’urwego rwe rwitwa ‘Board of Peace’ cyangwa Inteko y’Amahoro, ugenekereje mu Kinyarwanda, Trump yavuze ku biganiro na Repubulika ya Kisilamu ya Irani, ati: “Tugomba kugera ku masezerano afite ireme bitabaye ibyo ibintu bibi bibe.”

    Mu minsi ya vuba aha ishize, Amerika yarunze ingabo mu burasirazuba bwo hagati, mu gihe hanatangajwe ko intambwe yatewe mu biganiro mu Busuwisi hagati y’intumwa z’Amerika n’iza Irani.

    Abadepite bo mu ishyaka ry’abademokarate hamwe na bamwe bo mu ishyaka ry’abarepubulikani riri ku butegetsi, bagaragaje ko badashyigikiye ko haba igikorwa icyo ari cyo cyose cya gisirikare muri Irani bitabanje gutangirwa uruhushya n’inteko ishingamategeko.

    Mu ijambo rye, Trump yavuze ko intumwa zihariye z’Amerika, ari zo Steve Witkoff na Jared Kushner, uyu akaba ari n’umukwe wa Trump, zagiranye “inama nziza cyane” na Irani.

    “Mu myaka ishize, byaragaragaye ko bitoroshye kugirana na Irani amasezerano afite ireme.

    “Bitabaye ibyo ibintu bibi bibe.”

    Ku wa gatatu, Karoline Leavitt, umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru mu biro bya perezida w’Amerika, yaburiye ko Irani yaba “iciye ubwenge cyane” igiranye amasezerano n’Amerika, yongeraho ko Trump agifite icyizere cyo kugera ku gisubizo kinyuze mu nzira ya dipolomasi kuri gahunda ya nikleyeri ya Irani.

    Amafoto y’icyogajuru yanagaragaje ko Irani yongerereye imbaraga ibigo byayo bya gisirikare, ndetse umutegetsi w’ikirenga wa Irani, Ayatollah Ali Khamenei, yatangaje ubutumwa ku mbuga za internet akanga ingabo z’Amerika.

    Bumwe mu butumwa bwa Khamenei bugira buti: “Perezida w’Amerika akomeza kuvuga ko Amerika yohereje ubwato bw’intambara bwerekeza kuri Irani. Birumvikana, ubwato bw’intambara ni igikoresho gikaze cyane cya gisirikare.”

    “Ariko, igikaze cyane kurusha ubwato bw’intambara ni intwaro ishobora kohereza ubwo bwato bw’intambara ku ndiba y’inyanja.”

    Izindi nkuru wasoma:

  11. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw’aka kanya.