Leta yemeye ko ubwato bwafatiwe mu nyanja muri Amerika butwaye toni nyinshi za Cocaine bwanditse muri Tanzania
Leta ya Tanzania yemeye ko ubwato bwafatiwe mu nyanja ku ruhande rwa El Salvador butwaye toni za cocaine bwanditse muri icyo gihugu.
Tanzania ariko ishimangira ko ubwo bwato bunini budakoreshwa cyangwa ngo bube ari ubw’abanyatanzania.
Mu cyumweru gishize, abashinzwe umutekano mu nyanja ba El Salvador batangaje ko bafashe ubwato butwaye toni 6.6 za cocaine, kandi ko ari byo biyobyabwenge byinshi cyane mu mateka bari bafashe icya rimwe.
Ibyo biyobyabwenge bihishe byafatiwe mu bwato bureshya na metero 54 bwanditse ku gihugu cya Tanzania buri ku ntera ya 611km uvuye ku mwaro w’iki gihugu cyo muri Amerika yo hagati.
Abantu 10 batawe muri yombi bava mu bihugu bya Colombia, Nicaragua, Panama na Ecuador.
Umuvigizi wa leta Gerson Msigwa yabwiye abanyamakuru ko ubwo bwato bwanditswe muri Zanzibar biciye ku mu ‘agent’ ariko ashimangira ko budakorera mu mazi ya Tanzania.
Msigwa yagize ati: “Iyo ubwato bwanditse ku gihugu runaka ntibisobanuye ko bukoreshwa cyangwa bukorera muri icyo gihugu”.
Yongeraho ati: “Bushobora kwandikwa aha ariko bukorera ahandi. Niyo mpamvu, ku makuru ahari, nta batanzania bafashwe. Ni ubwato bwanditse kuri Tanzania ariko butari ubwa Tanzania”.
Msigwa avuga ko leta ya Tanzania yafashe ingamba zirimo kwambura buriya bwato inyandiko ziburanga. Kandi ko bagerageje kuvugana na ba nyirabwo, nubwo ngo kugeza ubu bataremera ibyo basabwe.
Si ubwa mbere amato yanditse kuri Tanzania afatiwe mu bikorwa byo gutwara ibintu bitemewe.
Mu 2025, Iran yafashe ubwato bugendera ku byangombwa bya Tanzania butwaye ibitoro mu buryo butemewe.