Gen Sultani Makenga 'yarokotse' igitero cya 'drone' cyiciwemo abantu nibura icyenda

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Igitero cy'indege nto y'intambara itajyamo umupilote (drone) cyishe uwari umuvugizi wa gisirikare w'umutwe w'inyeshyamba wa AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, mu rukerera rwo ku wa kabiri, cyiciwemo abantu nibura icyenda ariko gihushaho gato umukuru wa gisirikare w'uwo mutwe, Jenerali (Gen) Sultani Makenga, wahunze nta nkomyi, nkuko abantu bane babibwiye ibiro ntaramakuru Reuters.
Icyo gitero cyakubise hafi y'i Rubaya, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), agace k'ingenzi gakungahaye ku mabuye y'agaciro kagenzurwa na M23 mu ntara ya Kivu ya Ruguru ndetse kayinjiriza amafaranga menshi, gacukurwamo hafi 15% bya coltan icuruzwa ku isi, leta ya DRC iherutse gushyira ku rutonde rugufi rw'ibirombe yemereye Amerika muri gahunda y'amasezerano y'ubufatanye ku mabuye y'agaciro.
BBC News Gahuzamiryango yagerageje kuvugana na M23 hamwe n'ingabo za DRC (FARDC) kuri iki gitero, kugeza ubu ntibirashoboka.
Urupfu rwa Lt Col Ngoma rwabaye uguhuhura uko ibintu byari bimeze muri iyi ntambara, mu kwica uwo wagaragaraga cyane mu bategetsi bakuru ba M23, mu gihe imirwano yakajije umurego nubwo hari ibikorwa by'abahuza barimo na Qatar byo gutuma agahenge kemeranyijweho n'impande zombi gakurikizwa.
Byinshi kuri iyi nkuru kanda hano: Sultani Makenga

