"Yaba kubana mu mahoro cyangwa mu ntambara twiteguye byombi"- Kim Jong Un abwira Amerika

    • Umwanditsi, Gavin Butler
    • Umwanditsi, Jake Kwon
    • Igikorwa, Seoul Correspondent
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yatangaje ko afite umugambi wo kwagura intwaro za kirimbuzi z'igihugu cye no kongera intera zishobora kuraswaho, asaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwemera no kubaha ko igihugu cye ari igihugu gifite intwaro za kirimbuzi.

Kim yavuze ko Amerika na Korea ya Ruguru bishobora "kubana neza", ariko bikaba bishoboka gusa mu gihe Amerika yemeye ko intwaro za kirimbuzi za Koreya ya Ruguru zidakurwaho.

Yatangaje ibyo mu nama y'ishyaka iba buri myaka itanu, yabereye mu murwa mukuru Pyongyang.

Abasesenguzi babona ko ibi bishobora gusiga umuryango ufunguye ku biganiro na Perezida wa Amerika, Donald Trump, mbere y'uruzinduko rwe mu Bushinwa muri Mata(4).

Ariko Kim yaciye intege icyizere cy'uko habaho kunoza umubano na Koreya y'Epfo, ayita "umwanzi wa mbere w'indengakamere" wa Koreya ya Ruguru.

Kim asubirwamo n'igitangazamakuru cya leta KCNA avuga ati: "Washington niyubaha uko duhagaze ubu ku bijyanye n'intwaro [za kirimbuzi] nk'uko biteganywa n'Itegeko Nshinga… kandi ikareka politiki yayo y'ubugome… nta mpamvu yatuma tutabana neza na bo".

Kim yavuze ko ejo hazaza h'umubano hagati ya Amerika na Koreya ya Ruguru hazaterwa "gusa n'imyitwarire ya Amerika".

Yagize ati: "Yaba kubana mu mahoro cyangwa guhangana iteka, twiteguye byombi, kandi si twe tugena ayo mahitamo."

Yanavuze ku gihugu cy'abaturanyi cya Koreya y'Epfo, avuga ko ngo "tuzakura burundu Seoul mu cyiciro cy'abavandimwe", yongeraho ko "igihe cyose Koreya y'Epfo idashobora kwikura mu miterere ya politiki y'akarere yo kugirana umupaka natwe, inzira rukumbi yo kubaho mu mutekano ari uko bareka burundu ibijyanye natwe kandi bakaduha amahoro."

Umusesenguzi umwe yabwiye AFP ko amagambo mashya ya Pyongyang agaragaza "intego yo gukomeza umubano na Amerika mu buryo bwigenga, batanyuze kuri Koreya y'Epfo."

"Intwaro kirimbuzi ni zo nkingi"

Kim yagaragaje gahunda ya Pyongyang yerekeye intwaro za kirimbuzi, agira ati: "Tuzibanda ku mishinga igamije kongera umubare w'intwaro za kirimbuzi no kwagura uburyo bwo kuzikoresha mu bikorwa bya gisirikare."

N'ubwo hashyizweho ibihano mpuzamahanga bimaze igihe kirekire, Korea ya Ruguru yakomeje kubaka ubushobozi bwayo bw'intwaro kirimbuzi, inakora kenshi igerageza rya misile zo mu bwoko bwa intercontinental (zishobora kuraswa zikagera ku yindi migabane), n'ubwo zibujijwe.

Ikigo cya Leta cy'itangazamakuru cya KCNA cyatangaje muri iki cyumweru ko ku butegetsi bwa Kim, Korea ya Ruguru "yateje imbere ku buryo bukomeye" ubushobozi bwayo bwo kwirwanaho, "aho intwaro kirimbuzi ari zo nkingi yabwo."

Ariko kubera ibanga rikomeye riranga ubutegetsi bw'icyo gihugu, biragoye kumenya neza aho ingabo zacyo zigeze zitera imbere.

Ikigo cyigenga gikora ubushakashatsi cyitwa Stockholm International Peace Research Institute (SIPRI) cyagereranyije umwaka ushize ko Korea ya Ruguru ifite intwaro za kirimbuzi zigera kuri 50 zamaze guteranywa, kandi ifite n'ibikoresho bya nikleyeri bihagije byayifasha gukora izindi zigera kuri 40.

Mu Ugushyingo 2024, Kim yari yanahamagariye ko habaho kwagura gahunda y'igihugu ya kirimbuzi "nta mupaka."

Umwaka ushize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Trump, yasohoye gahunda y'umutekano ku rwego rw'isi yose, ariko itavuze ku ntego yo gukuraho intwaro za kirimbuzi za Korea ya Ruguru kandi iyo ntego yari isanzwe igaragara mu nyandiko y'ingamba z'umutekano w'igihugu ya buri Perezida wa Amerika kuva mu 2003, igihe gahunda ya kirimbuzi ya Pyongyang yatangiraga kumenyekana cyane.

Kudasobanura iyo ntego byatumye havuka impaka ko ibiganiro hagati ya Trump na Kim, byaherukaga kuba mu 2019, bishobora kongera gusubukurwa vuba.

Amafoto yafashwe mu byiciro bisoza by'inama y'ishyaka (party congress) y'uyu mwaka na yo yerekanye umukobwa wa Kim Jong Un, witwa Ju Ae, ahagaze iruhande rwa se yambaye ikote ry'uruhu rwirabura rimeze kimwe n'irya se mu muhango wa parade ya gisirikare wabereye i Pyongyang.

Mu ntangiriro z'uku kwezi, urwego rw'ubutasi rwa Koreya y'Epfo rwatangarije abadepite ko Kim yahisemo Ju Ae bikekwa ko afite imyaka 13 nk'uzamusimbura.