Melania Trump ayoboye inama y'akanama ka ONU kajejwe umutekano ku bana bari mu ntambara muri Irani

Ahavuye isanamu, Reuters
Umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Melania Trump, yayoboye inama y'akanama k'umutekano k'Umuryango w'Abibumbye yabereye i New York ku wa Mbere, igamije kuganira ku bana n'uburezi mu bihe by'intambara, mu gihe Amerika ikomeje ibikorwa bya gisirikare muri Iran.
Mu ijambo rye, yibanze ku ruhare rw'uburezi ku bana mu "guteza imbere kwihanganirana no kwimakazaamahoro ku isi."
Ni ubwa mbere umugore cyangwa umugabo w'umutegetsi w'igihugu ayoboye iyo nama, aho Melania Trump yabikoze ahagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gihe icyo gihugu cyari gifite ubutegetsi bw'iyo Nama y'Umutekano busimburana muri uku kwezi.
Umufasha wa Perezida kandi yihanganishije imiryango y'abasirikare ba Amerika baguye ku rugamba, nubwo atavuze mu buryo burambuye igikorwa cya gisirikare runaka cyabigizemo uruhare.
Yagize ati:"Ubutwari n'ubwitange bwabo bizahora byibukwa".
"Ndifuriza mbikuye ku mutima abakomeretse bose gukira vuba kandi neza. Muri mu bitekerezo byanjye no mu masengesho yanjye muri ibi bihe bikomeye.
Trump, uzwiho guharanira uburenganzira n'imibereho myiza y'abana mu nshingano ze z'akazi, na we yagize ati:"Leta Zunze Ubumwe za Amerika zihagaze ku ruhande rw'abana bose ku isi. Nizeye ko amahoro azabageraho vuba."
Gahunda yo kuba yayobora iyo nama yatangajwe mu mpera z'ukwezi gushize.
Umunyamabanga Wungirije Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye, Rosemary DiCarlo, yavuze muri iyo nama ko: "Iyo intambara itangiye, abana baba mu bagirwaho ingaruka zikomeye kurusha abandi." Yongeyeho ko: "Mu minsi ibiri ishize twongeye kwibutswa uku kuri."
Yanavuze ko amashuri yo muri Israel, Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE), Qatar, Bahrain na Oman yafunzwe, kandi ko ubu yigisha hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga bitewe n'ibikorwa bya gisirikare bikomeje muri ako karere.
Yanakomoje ku makuru aturuka muri Iran avuga ko ishuri ribanza ryagabweho igitero. Abayobozi ba Iran bavuga ko ku wa gatandatu igitero cyagabwe ku ishuri ribanza riri mu mujyi wa Minab, kigahitana abantu 153. Iran yashinje Amerika na Israel kubigiramo uruhare.
Mbere y'uko inama yo ku wa mbere itangira, ambasaderi wa Iran mu Muryango w'Abibumbye, Amir Saeid Iravani, yavuze ati: "Birababaje cyane kandi birimo uburyarya ko ku munsi wa mbere Amerika itangiye kuyobora Inama y'Umutekano, yahise itumiza inama yo ku rwego rwo hejuru ku kurinda abana."
Ubutegetsi bukuru bw'ingabo za Amerika (Central Command) bwatangaje ko buri gukora iperereza ku makuru y'iyo mpanuka, mu gihe ingabo za Israel zavuze ko "nta makuru zifite" y'ibikorwa bya gisirikare by'Ingabo za Israel (IDF) muri ako gace.
Minisitiri ushinzwe ububanyi n'amahanga wa Amerika, Marco Rubio, yavuze ku wa mbere ati: "Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizigera zigaba igitero ku ishuri ku bushake."










