Ayatollah Khamenei: Uko igitero cyo kumwica cyateguwe na Israel na Amerika kikaba mu gitondo aho kuba nijoro

Ahavuye isanamu, Khamenei.ir
Igitero cyahitanye Umutegetsi w'Ikirenga wa Iran Ayatollah Ali Khamenei ntabwo cyagabwe hagati mu ijoro, nk'uko benshi bashobora kubyitega, ahubwo hagati mu gitondo.
Ibyo ni ukubera ko Amerika na Israel banzuye gukorera ku makuru akomeye y'ubutasi yabagezeho amasaha macye mbere.
Bari bamaze amezi menshi bashaka kumenya igihe nyacyo abategetsi bakuru ba Iran baterana maze bamenya ko Khamenei yari agiye kuba ari mu nyubako iri hagati mu mujyi wa Tehran ku wa gatandatu mu gitondo.
Bari bafite intasi iri aho abandi basirikare bakuru n'abakuriye ubutasi bari buhurire muri uwo mwanya umwe.
Ni nyuma y'amezi menshi Amerika na Israel bakurikirana ingendo z'uriya mutegetsi w'Ikirenga.
Uburyo nyabwo bakoresheje ni ibanga nubwo Perezida Donald Trump wa Amerika ku mbuga nkoranyambaga yabaye nkubukomozaho.
Yagize ati: "Ntiyashoboye kwihisha ubutasi bwacu na 'systems' zigezweho zo gukurikirana [umuntu]".
Ubwo buryo bushobora kuba ari ubukoresha umuntu utanga amakuru ariko birashoboka cyane ko ari ubwifashisha n'ubuhanga bugezweho.
Mu ntambara yamaze iminsi 12 muri Kanama(6) ishize, Israel yakurikiranye abahanga muri siyanse n'abategetsi ba Iran bakora ku mushinga w'ingufu za nikleyeri mbere yo kubica barashweho ibisasu.
Bivugwa ko Israel yakoresheje kwinjirira imirongo ya telefone n'imikorere ya telefone ngendanwa kugira ngo bamenye igendo n'aho abo bahiga baherereye buri mwanya.
Ibyo rimwe na rimwe biba birimo gukurikirana abarinzi (bodyguards) b'aba bantu bashakishwa.
Nyuma y'igihe, ibi bishobora kubaka icyo bita "uruhurirane rw'ubuzima" rutuma babasha kugena no kumenya ibikorwa n'ibihe by'intege nke by'abo bahiga n'aho baherereye.
Iran yari izi neza ko umutegetsi wayo w'ikirenga ari mu mboni z'abanzi kandi ko kunanirwa kumurinda no guca ibyuho intasi zakuramo amakuru arambuye kuri we byari akaga gakomeye.
Abamurinda kandi bashobora kuba barabonaga ko igitero cyo ku manywa kuri Ayatollah gisa n'ikidashoboka.
Aho rero, nk'uko bivugwa na New York Times, amakuru y'ubutasi yavuye muri CIA ahabwa Israel kugira ngo ikore igitero.

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ibimenyetso byerekana ko hari ukugabana akazi Israel ikibanda ku gutera ikarasa ahari abategetsi ba Iran naho Amerika yo ikarasa ahari abakuri b'ingabo.
Mu bukomeye, ubutasi bwahererekanyije mbere amakuru ahagije ku ngendo za Ayatollah Khamenei n'abandi bategetsi kugira ngo abakora ibitero bategure indege zishobora kurasira kure za misile.
Aho gukora igitero kimwe simusiga, umugambi wari uko iki gitero gitangiza ibitero birebire kandi bigahera neza neza nyuma y'icyo cya mbere simusiga ku bategetsi bakuru ba Iran.
Bishobora gufata igihe kigera ku masaha abiri ngo indege z'intambara za Israel zibe zigeze mu kirere cya Iran ariko ntabwo bizwi neza intera zarasiyeho biriya bisasu byashwanyaguje aho Ayatollah yari ari.
Ubwo umwanzuro wafatwaga, indege za Israel bivugwa ko zakoresheje bombe 30 mu kurasa aho hantu Ayatollah Khamenei yari ari ku isaha ya saa 9:40 zaho ( saa 7:40 i Gitega na Kigali).
Ibi bisasu byose bishobora kuba byaratewe n'uko bikekwa ko Khamenei yari akirimo gukoresha ubwihisho bwo munsi y'amazu (underground banker) y'aho yari ari mu kwikingira.
Ibisasu byinshi bishobora kuba byari bikenewe kugirango biriture hasi cyane bishoboka muri izo nyubako kugira ngo bigere ku wo bigambiriye.
Ihandi hantu harashwe muri Tehran, harimo ibiro bya Perezida Masoud Pezeshkian gusa we nyuma yahise asohora itangazo ko ariho kandi ameze neza.
Abategetsi batatu bakuru ba gisirikare byemejwe na Iran ko bapfuye barimo Minisitiri w'ingabo Brig Gen Aziz Nasirzadeh, umunyamabanga mukuru w'Inama ya gisirikare Ali Shamkhani na Gen Mohammad Pakpour umugaba w'umutwe w'ingabo ukomeye cyane wa IRGC

Ubwo izo ndege zarasaga, byari hagati mu ijoro i Mar-a-Lago muri Florida aho Perezida Trump yari yakoranyirije bamwe mu bategetsi bakuru bo hafi ye ngo bakurikirane ibirimo kuba.
Byafashe amasaha mbere yo kwemeza ko umutegetsi w'ikirenga wa Iran ibi bitero byamuhitanye.
Iran ariko yari yariteguye ko ibi byaba, mu gihe hari amakuru ko hari harateguwe uko Khamenei n'abandi bategetsi bakuru bahita basimburwa mu gihe habaye nk'ibi.
Ibi rero bisobanuye ko kwica aba bategetsi bakuru ba Iran bishobora kuba bidatanga ishusho igaragara y'uko ibintu bizakomeza muri iyi ntambara.










