Ni nde ushobora gusimbura Ayatollah Khamenei?

Khamenei wari ufite imyaka 89 yishwe n'ibitero bya misiles za Israel na Amerika byashwanyaguje aho yari ari n'abari kumwe na we

Ahavuye isanamu, EPA

Insiguro y'isanamu, Khamenei wari ufite imyaka 89 yishwe n'ibitero bya misiles za Israel na Amerika byashwanyaguje aho yari ari n'abari kumwe na we
Igihe co gusoma: iminota 4

Nyuma y'urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga w'iki gihugu Ayatollah Ali Khamenei, ubu haribazwa umuntu ushobora guhita amusimbura, mu gihe hari amazina arimo guhwihwiswa n'ubushake bw'abategetsi bwo guterana vuba bagashyiraho umusimbura, hari n'impungenge z'ibitero bibari hejuru by'indege na misile za Amerika na Israel.

Khamenei wari umaze hafi imyaka 40 ku butegetsi nta muzungura uzwi yari yaragennye, gusa Inteko y'abakuru b'idini igizwe n'abantu 88 izwi nk'Inteko y'Inararibonye ni yo igomba guhitamo umusimbura we.

Uyu ni umurimo iyi Nteko yakoze rimwe kuva Repubulika ya Kisilamu yajyaho muri Iran mu 1979, ubwo Khamenei yatoranyijwe igitaraganya ngo asimbure umugabo wamwizeraga cyane Ayatollah Ruhollah Khomeini amaze gupfa.

Itegekonshinga rya Iran riteganya ko umukuru w'ubucamanza hamwe n'umukuru w'idini uva muri ya Nteko y'inararibonye ari bo bahita bajya ku butegetsi by'inzibacyuho.

Aba bategekana bombi barategeka kugeza igihe Inteko y'Inararibonye ihitamo umusimbura wa Khamenei wari ufite imyaka 86 wari ku butegetsi kuva mu 1989.

Imyiteguro y'ibi bihe bikomeye hashize amezi itegurwa, cyane cyane muri iki gihe babonaga ko ubushyamirane bwabo na Amerika na Israel bwagendaga burushaho kumera nabi kandi abo bombi bagaragaza ko bashaka gukuraho Khamenei

Iyo nteko y'ubutegetsi igomba guterana vuba ikiga ku bakandida bashobora gusimbura Khamenei bidatinze kugira ngo yirinde icyuho mu butegetsi.

Gusa ntabwo bizwi neza niba bashobora kwiyemeza guterana mu gihe Amerika na Israel biteganyijwe ko bakomeza ibi bitero by'ibisasu bya misile kuri Iran.

Ni ba nde bavugwa cyane?

Mojtaba Khamenei, w'imyaka 56

Mojtaba Khamenei ari mu myigaragambyo yo gushyigikira leta i Tehran mu 2019

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Mojtaba Khamenei ari mu myigaragambyo yo gushyigikira leta i Tehran mu 2019

Uyu ni umuhungu wa kabiri wa Khamenei, Mojtaba azwiho kuba afite ijambo rikomeye cyane mu buryo butaboneka kandi afite ingufu n'ijambo rinini ku mutwe wa gisirikare wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC).

Uyu mutwe w'ingabo ni wo ukomeye cyane mu gihugu, hamwe n'ishami ry'abakorerabushake rizwi nka Basij.

Gusa nanone mu butegetsi n'imigenzo y'abasilamu b'aba Shiite guragwa ubutegetsi kuva ku mugabo bujya ku muhungu we ni bintu badakunda, by'umwihariko nyuma y'uko ubu butegetsi bwavuyeho buhiritse Ubwami bwa ba Shah.

Ikindi kigoye kuri Mojtab ni uko muri ya nteko y'inararibonye atari mu bakomeye cyane muri bo, ugereranyije n'imyaka ye n'ubunararibonye bw'abagize iriya nteko.

Uyu yafatiwe ibihano na Amerika kuva mu 2019.

Alireza Arafi, 67

Aha ni mu 2022 ubwo Papa Francis i Vatican yarimo yakira impano yahawe na Ayatollah Alireza Arafi wari ukuriye Amaseminari ya Kisilamu muri Iran

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Aha ni mu 2022 ubwo Papa Francis i Vatican yarimo yakira impano yahawe na Ayatollah Alireza Arafi wari ukuriye Amaseminari ya Kisilamu muri Iran

Ni umugabo urebye utazwi cyane, ariko muri ya nteko ni umwe mu bafite imbaraga zikomeye ku butegetsi kandi akaba yari umwe mu bizerwa cyane ba Khamenei.

Ubu, ni we wungirije umukur w'iriya Nteko y'Inararibonye kandi ihitamo abakandida ikanemeza amategeko yavuye mu nteko ishingamategeko.

Arafi azwi nk'umuhanga mu ikoranabuhanga, hejuru y'Igiperse akavuga neza Icyarabu n'Icyongereza, kandi akaba yaranditse ibitabo bigera kuri 24 n'inyandiko zitandukanye, nk'uko byanditswe na Alex Vatanka ukuriye ikigo Iran program at the Middle East Institute cy'i Washington D.C.

Hassan Khomeini, uri mu myaka 50

Khomeini ntabwo ubusanzwe afite ijambo mu butegetsi cyangwa mu gisirikare ariko abonwa na bamwe nk'ushobora gusimbura Khamenei

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, Khomeini ntabwo ubusanzwe afite ijambo mu butegetsi cyangwa mu gisirikare ariko abonwa na bamwe nk'ushobora gusimbura Khamenei

Khomeini ni umwuzukuru w'uwashinze Repubulika ya Kisilamu, Ayatollah Ruhollah Khomeini, ibimuha imbaraga mu idini no mu butegetsi bwa Iran.

Khomenei akuriye ibikorwa byo kubungabunga umurage wa sekuru gusa ntiyigeze aba mu myanya y'ubutegetsi kandi bisa n'aho afite ijambo rito mu nzego z'igisirikare cyangwa ubutegetsi buriho.

Azwiho kuba atari umuhezanguni ugereranyije na bamwe muri bagenzi be, mu 2016 uyu yabujijwe kwiyamamariza gutegeka ya Nteko y'Inararibonye.

Nyuma yo kwemezwa k'urupfu rwa Ayatollah Khamenei, Trump yabajijwe ku wamusimbura maze abwira NBC News ati: "Simbizi, ariko hari igihe bazampamagara bambaze uwo nifuza."