IKIBIRIRAHO, Ayatollah Khamenei yiciwe mu biro bye – itangazamakuru rya leta

Ibitangazamakuru bya leta bya ya Iran riratangaza ko umuyobozi w’ikirenga wa Iran Ayatollah al Khameniei yichiwe mu biro bye.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Dinah Gahamanyi & Samba Cyuzuzo

  1. Trump yavuze ko azakoresha 'imbaraga zidasanzwe' kuri Iran nitera ibihugu by'inshuti ya Amerika

    Trump (iburyo) n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei (ibumoso)

    Ahavuye isanamu, Reuters/ EPA

    Insiguro y'isanamu, Trump (iburyo) n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei (ibumoso)

    Mu itangazo yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe Truth Social, Trump yanditse ati: "Irani yavuze ko izakora igitero gikomeye kurusha mbere hose. NTIBAGERAGEZE KUBIKORA KUKO NIBATINYUKA, TUZABARWANYA N'INGUFU ZITARI ZABONEKA!"

    Ibyo yabivuze nyuma y’uko umutwe w’ingabo za leta ya Iran zitangaje ko zizagaba ibitero ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika na Israel kugira ngo uhorere urupfu rwa Khamenei.

    Mu masaha make ashize, ingabo za Iran zavuze ngo: “Tugiye gutangiza igitero gikomeye kurusha ibindi byose byabayeho mu mateka y’ingabo za Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani mu turere twigaruriwe n’ibigo by’iterabwoba bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cya vuba.”

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Ibirori n'icyunamo muri Irani nyuma y'uko Umuyobozi w'Ikirenga yishwe

    Bamwe mu baturage ba Iran bigaragambije bamagana urupfu rwa Ayatollah al Khamenei

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Bamwe mu baturage ba Iran bigaragambije bamagana urupfu rwa Ayatollah al Khamenei

    Bamwe mu Banya-Irani bari kwishimira inkuru y'uko Ayatollah Ali Khamenei yishwe mu bitero byakozwe na Amerika na Isiraheli.

    Videwo zemejwe na BBC Ishami ry'Igiperse gikoreshwa muri Iran zigaragaza abantu bari mu byishimo mu mijyi myinshi nijoro.

    Muri iki gitondo, ibyinshi mu bibera mu mihanda bisa nkaho ari ibikorwa bishyigikiye guverinoma byo kuririra urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga, nk'uko BBC Persian ibitangaza.

    Amashusho yafashwe mu mihanda ya Isfahan hagati muri Irani agaragaza abantu bavuza amahoni y'imodoka zabo mu byishimo.

    Indi videwo yagaragaje abantu bateraniye iruhande rw'umuriro mu gihe haboneka n'ibishashi by'ibyishimo (fireworks).

    Imiryango myinshi y'abigaragambya bishwe mu myigaragambyo iheruka nayo yagiye mu mihanda kugaragaza ibyishimo kubera urupfu rwa Ayatollah.

    I Tehran, amashusho aturuka mu bigo by’itangazamakuru agaragaza abantu bari mu mihanda barira, bamwe bafite amafoto ya Khamenei.

    Ikarita yerekana hamwe mu hantu ibitero bya Israel na Amerika byibasiye
    Insiguro y'isanamu, Ikarita yerekana hamwe mu hantu ibitero bya Israel na Amerika byibasiye

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Trump yemeje ko umutegetsi w'Ikirenga wa Irani yapfuye

    Perezida wa Amerika, Donald Trump

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Perezida wa Amerika, Donald Trump

    Perezida wa Amerika Donald Trump, yanditse ku rubuga Truth Social ati: "Khamenei, umwe mu bantu babi cyane mu mateka, yapfuye."

    Ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Media, Perezida wa Amerika Donald Trump

    yagize ati: “Ubu si ubutabera bw’abaturage ba Irani gusa, ahubwo ni ubw’Abanyamerika bose beza.

    "Ntabwo yashoboye guhunga intasi zacu, kandi, mu bufatanye bwa hafi na Israel, nta kintu na kimwe we, cyangwa abandi bategetsi bishwe bari kumwe na we, bashoboraga gukora."

    Yongeyeho ati: “Aya ni yo mahirwe akomeye ku baturage ba Irani yo kwisubiza igihugu cyabo.”

    Mbere yaho Trump, yavuganye na NBC News kuri telefoni - maze abazwa amakuru avuga ko umukuru wa Irani yishwe mu bitero by'indege bya Amerika na Israel yagize ati.“Naganiriye n’abantu benshi, ndumva ko ibi ari ukuri.”

    Yongeyeho ati: “Abategetsi babo benshi nabo bishwe,”

    Yanabwiye NBC News ko ibitero bya Amerika muri Irani "byamaze kugira icyo bigeraho".

    Mu kiganiro kuri telefoni yahaye ABC News, Trump yagize ati: "Ntabwo tuzi byose, ariko hari byinshi bizwi", yongeyeho kandi ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika "zifite icyerekezo cyiza" ku butegetsi buzajyaho muri Iran.

    Nyuma abajijwe ku wasimbura Ayatollah Ali Khamenei, Trump yabwiye NBC News ati: “Simbizi, ariko hari igihe bazampamagara bambaze uwo nifuza.”

    Rachel Scott, umunyamakuru mukuru wa politiki wa ABC News, yavuze ko Donald Trump yamubwiye gusa ko "yizera" ko umutegetsi mukuru wa Irani yapfuye.

    Ubwo yabazwaga niba "abizi neza", Trump yavuze ati: "Sinshaka kuvuga ikintu na kimwe neza kugeza igihe nzakibona n'ikibuno cyanjye ariko twemera ko yapfuye."

    "Kandi abategetsi babo benshi bishwe. Si mu gace kamwe gusa ahubwo no mu tundi duce tubiri twagabyeho igitero. Twari dufite amakuru menshi y'ubutasi, bityo, twizera ko abategetsi benshi bishwe."

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Amakuru agezweho ku bitero byagabwe kuri Iran ku bufatanye bwa Israel na Amerika

    Ayatollah

    Ahavuye isanamu, EPA

    Insiguro y'isanamu, Ayatollah Al Khamenei. Umuyobozi Mukuru w'i Kirenga wa Irani

    Itangazamakuru rya leta ya Irani ryemeje ko Umuyobozi w'Ikirenga Ali Khamenei yishwe, mu bitero bya Israel na Amerika byagabwe kuri Irani byatangiye ku wa Gatandatu mu gitondo.

    Dore aya makuru niyo dufite:

    • Itangazo ryavuye mu Nama Nkuru y'Umutekano ya Irani, ryatangajwe n'ibitangazamakuru byinshi bya leta, ryemeza ko Ayatollah Khamenei yiciwe mu biro bye mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu.
    • Umunyamakuru umwe, arira cyane, yavuze ko igihugu gitangiye iminsi 40 y'icyunamo.
    • Abantu barenga 200 nibo bishwe muri ibi bitero, nk'uko bivugwa na Red Crescent (Umuryango utabara imbabare), mu gihe CBS News, igitangazamakuru cyo muri Amerika gikorana na BBC, cyatangaje ko abategetsi 40 bo muri Iran bishwe.
    • Mu gusubiza ibitero, Irani yagabye ibitero byinshi mu bihugu bimwe byo Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku bafatanyabikorwa ba Amerika kandi aho Amerika ifite ibirindiro bya gisirikare, birimo Dubai, Doha, Bahrain, na Kuwait
    • Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Sir Keir Starmer, yavuze ko Ubwongereza burimo kugira uruhare mu "bikorwa by’umutekano by’akarere bihuriweho" mu rwego rwo kurinda abaturage b’Ubwongereza n’abafatanyabikorwa bo mu karere.
    • Perezida Donald Trump mbere yavuze ko Khamenei ari "umwe mu bantu babi cyane mu mateka" kandi ko urupfu rwe ari "amahirwe akomeye ku Banya-Irani yo kwisubiza ubutegetsi bw'igihugu cyabo". Yavuze ko Amerika izakomeza kurasa muri Iran - mu gihe ibisasu bikomeje kumvikana mu murwa mukuru wayo Tehran.
    • Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizishobora gutangaza intambara bitabanje kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko - kandi iki gikorwa cyaciyemo ibice abashingamategeko, ahanini hakurikijwe imitwe y’amashyaka.
    • Umuryango w’Abibumbye wavuze ko ibi bitero birimo guhungabanya amahoro mu karere.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Ivy'akakanya, Ayatolllah Khamenei yiciwe mu biro bye, itangaza makuru rya leta

    Ayatollah

    Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Ayatollah al Khamenei

    Itangazamakuru rya leta bya ya Iran riratangaza ko umuyobozi w’ikirenga wa Iran Ayatollah al Khameniei yishwe.

    Itangazo kurupfu rwe mu buryo burambuye ryasomwe n'abanyamakuru kuri televiziyo ya leta.

    Muri iryo tangazo Inama Nkuru y'Umutekano w'Igihugu ya Irani yavuze ko Ayatollah Khamenei yishwe mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu mu biro bye "ubwo yari arimo gukora imirimo".

    Ikoresheje amashusho ya satelite, BBC Verify yemeje mbere ko ibice by'inzu y'ubuyobozi, ari na yo biro bya Khamenei i Tehran byangiritse cyane.

    Ikigo cy’Abarinzi b’Impinduramatwara ya Kiyisilamu (IRGC) cyavuze ko urupfu rwa Khamenei mu biro bye ari gihamya y’uko amakuru yavugaga ko yari yihishe ari “intambara y’umwanzi mu mutwe”.

    Izindi nkuru wasoma:

  6. Ikaze kumakuru yacu y'ikiribiraho yihariye yo Kucyumweru aho tukugezaho amakuru yibanda ku ntambara.