Urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga ni ikintu gikomeye kandi Iran irimo gusubiza mu buryo bukomeye

Ahavuye isanamu, Getty Images
Iyicwa ry'umugabo wari umaze imyaka hafi 40 ategeka Iran ryemejwe mu rukerera na televiziyo ya leta. Iki ni ikintu gikomeye kuri iyi reoubulika ya Islamu.
Mu mijyi imwe n'imwe ya Irani habaye ibirori by'abantu barwanya ubutegetsi bwe mu gihe abandi na bo bari mu bikorwa byo kumwunamira.
Ibi bizafasha Amerika na Israel byasabye Abanya-Iran gukoresha aya mahirwe kugira ngo bafate ubutegetsi.
Mu ijoro rimwe, igisirikare cya Israel cyagabye ibindi bitero by'ibisasu kivuga ko cyibasiye ububiko bwa za misile ziraswa kure za Iran ndetse n'ibikoresho byayo byo kurinda ikirere.
Umuryango wita ku buzima bw’abantu muri Iran ukanaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, uratangaza ko abantu barenga 200 aribo bishwe muri Irani.
Muri iki gitondo intabaza zongeye kumvikana muri Isirahel, ubwo Irani yakomezaga kurasa ibisasu bya misile birasa kure.
Misile nyinshi za Iran kuri Israel zaburijwemo n'ibikoresho by'ingabo z'ikirere bya Israel nkuko igisirikare cyaho cyabitangaje.
Ariko bimwe mu bisasu byabashije gukubita Tel Aviv, igitero cya roketi cyahitanye umugore, akaba ari we umuturage wo muri Israel kugeza ubu uzwi wapfuye muri iyo ntambara.
Serivisi z’imbangukiragutabara zavuze ko abandi bantu 120 bakomeretse, abenshi muri bo bakaba bafite ibikomere bito.











