Ibyo wamenya ku gitero cyagabwe kuri Iran ku bufatanye bwa Israel na Amerika

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Abantu bagaragaye birukira ahantu hari umutekano ubwo haraswaga ibisasu mu bice bitandukanye by'umurwa mukuru Tehran muri Iran kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko iki ari "igikorwa gikomeye cya gisirikare" gikomeje, anasaba ingabo za leta ya Iran gushyira intwaro hasi cyangwa zigapfa.
Mbere yaho, Minisitiri w'Ingabo wa Israel yavuze ko batangiye "igitero cyo kwirinda" kuri Irani.
Ibi bibaye nyuma y'ibyumweru byinshi by'iterabwoba n'ibiganiro ku bijyanye n'umushinga wa nikriyeli wa Irani.
Ni iki kirimo kuba muri Irani?
Nyuma gato ya saa tatu n'igice za mu gitondo (saa kumi n'ebyiri z'umugoroba) (06:00 GMT), Ibiro Ntaramakuru bya Irani byatangaje ko hari ibisasu byaturikiye mu murwa mukuru Tehran.
Amashusho BBC yabonye agaragaza umwotsi uturuka mu kibuga cya Jomhouri cyo mu mujyi na Hassan Abad Square.
Ibitero bindi byamabombe kandi byabaye mu yindi mijyi myinshi hirya no hino muri icyo gihugu, harimo: Isfahan, Qom, Karaj, na Kermanshah. Ingano y'ibyakomeretse cyangwa ibyangiritse ntiramenyekana kugeza ubu.
Ibiro Ntaramakuru bya Tasnim bivuga ko ikirere cya Irani cyafunzwe kuva ibitero byatangira.
Trump yavuze ko igikorwa "kikomeye kandi gikomeje".
Videwo nyinshi zemejwe na BBC Verify zigaragaza umwotsi mwinshi mu kirere hirya no hino muri Tehran.
BBC Verify yashoboye gukurikirana no kwemeza ko videwo yerekana ko misile yarashye agace kegereye Ingoro y'Ubuyobozi, ibiro by'Umuyobozi w'Ikirenga wa Irani, Ayatollah Ali Khamenei. Ntabwo iyo videwo ariko igaragaza neza niba i niba iyo misile yakubise inyubako ya Ayatollah.
Indi shusho yakurikiranywe na BBC Verify iturutse muri ako gace igaragaza umwotsi w'umukara urimo kuzura inyubako zo guturamo n'amaduka mato acuruza ibiryo. Hari kandi n'amakuru avuga ko hari ibitero nk'ibyo bikomeje kugaragara mu tundi duce dutandukanye twa Irani.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Isiraheli bavuze iki?
Trump yashyize videwo ku rubuga nkoranyambaga rwwe rwa Truth Social yemeza ko Amerika yagize uruhare muri icyo gitero.
Yagize ati: "Mu minsi ishize, igisirikare cya Amerika cyatangije igikorwa gikomeye imbere muri Irani."
Perezida Trump yavuze mu itangazo nyuma yo kwemeza ko hari igikorwa gikomeye cya gisirikare cyatangiye muri Irani agira ati: "Ndavuga iri joro ko ubwisanzure bwanyu buri hafi. Mugire umutekano. Ntimuve mu ngo zanyu. Ni akaga cyane hanze aha. Ibisasu bizaterwa hose."
Trump yakomeje avuga ati: "Niturangiza, tuzasenya guverinoma yanyu. Ni amahirwe yanyu yo kuyifata. Aya ashobora kuba amahirwe yanyu yonyine mu bisekuruza byinshi. Mu myaka myinshi mwasabye ubufasha bw'Abanyamerika kandi ntimwigeze mububona. Nta perezida wigeze yemera gukora ibyo niteguye gukora uyu mugoroba. Noneho mufite perezida ubaha icyo wifuza. Reka turebe uko mwabyitwaramo."
Minisitiri w'Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yanasabye Abanya-Irani bose "gukomera bakirinda akarengane bakorerwa , bakitegura kugira Irani yigenga kandi ituje".
Mu gushimira Trump, yagize ati Iran "intizemererwa kugira intwaro za kirimbuzi zishobora kuyifasha guhungabanya isi yose".
"Igikorwa cyacu rusange kizashyiraho uburyo kugira ngo abaturage b'intwari ba Irani bashobore kwisubiza Iran yabo."
Yanagiriye inama abaturage ba Isiraheli gukurikiza amabwiriza atangwa n'abayobozi.
Mbere yaho, Minisitiri w'ingabo wa Isiraheli yatangaje icyo yise "ibihe by'ibiza" muri Isiraheli yose.
Irani yabyitwayemo ite?

Ahavuye isanamu, Reuters
Igisirikare cya Isiraheli kivuga ko cyaburijemo ibisasu bya misile bya Iran byateye Isiraheli, kivuga ko kirimo gukora ibishoboka byose kugira ngo "gikumire iterabwoba nibiba ngombwa".
Ibisasu byumvwe mu mujyi wa Haifa n'ahandi muri Isirayeli, ariko ntibiramenyekana neza niba ari igitero cyaturutse Iran .
Ubwo ibi byagendaga bibera muri ako karere, ibiro ntaramakuru bya leta ya Bahrain byatangaje ko ibirindiro by'ingabo za Amerika zirwanira mu mazi, biherereye muri Bahrain, "byagabweho igitero cya misile".
Minisiteri y'ingabo ya Qatar yavuze ko "yashoboye kuburizamo ibitero byinshi byibasira ubutaka bw'igihugu", nk'uko byatangajwe n'itangazamakuru rya leta, nyuma y'uko humvikanye ibisasu mu murwa mukuru Doha.
Qatar icumbikiye ikigo cya gisirikare cya Al Udeid, ikigo kinini cya gisirikare cya Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu itangazo, Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Qatar yamaganye "ihohoterwa ryimbitse" ry'ikirere cyayo ryakozwe na Irani mu gitero cya misile.
Itangazo rivuga ko Qatar "ifite uburenganzira bwo gusubiza."
Abanya-Isirayeli baburiwe kwirinda guterana no kujya ku ishuri cyangwa ku kazi keretse bibaye ngombwa cyane. Ayo mabwiriza azakomeza gukoreshwa kugeza saa mbiri z'ijoro ku wa mbere, nk'uko byatangajwe n'ubuyobozi.
Itangazamakuru rya Isiraheli ritangaza ko ikirere cya Isiraheli nacyo kitarimo kwakira indejye za gisivili











