Aba ni bamwe mu bategetsi bakomeye ba Iran bishwe mu bitero bya Amerika na Israel
Ahavuye isanamu, Iran Gov
Insiguro y'isanamu, Major General Sayyid Abdolrahim Mousavi wari umugaba w'ingabo za Iran yiciwe mu bitero bya Amerika na Israel
Aba ni
bamwe mu bategetsi bakuru batari bake muri Iran byamenyekanye ko bishwe mu
bitero byagabwe kuva ku wa Gatandatu kuri Iran;
Abo barimo:
Ayatollah Ali Khamenei, Umutegetsi w’Ikirenga wa Iran, wishwe n’igitero cya
misile mu ku wa Gatandatu ari aho atuye anakorera
Televiziyo ya Iran ivuga ko Umugaba Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, Abdolrahim
Mousavi, na we yishwe mu bitero by’indege
Tehran
yanemeje urupfu rw’Umukuru w’Ingabo za Revolutionary Guards, Jenerali Mohammad
Pakpour
Itangazamakuru rya leta ryanatangaje ko umukobwa wa Khamenei, umukwe we ndetse
n’umwuzukuru we bishwe muri ibi bitero.
Isoko
y’amakuru yo mu rwego rw’ubutasi n’iyo mu gisirikare yabwiye CBS News ko muri
rusange abategetsi ba Iran bagera kuri 40 bishwe muri ibi bitero kugeza ubu
Urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga ni ikintu gikomeye kandi Iran irimo gusubiza mu buryo bukomeye
Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Imyigaragambyo muri Iran
Iyicwa ry'umugabo wari umaze imyaka hafi 40 ategeka Iran ryemejwe mu rukerera na televiziyo ya leta. Iki ni ikintu gikomeye kuri iyi reoubulika ya Islamu.
Mu mijyi imwe n'imwe ya Irani habaye ibirori by'abantu barwanya ubutegetsi bwe mu gihe abandi na bo bari mu bikorwa byo kumwunamira.
Ibi bizafasha Amerika na Israel byasabye Abanya-Iran gukoresha aya mahirwe kugira ngo bafate ubutegetsi.
Mu ijoro rimwe, igisirikare cya Israel cyagabye ibindi bitero by'ibisasu kivuga ko cyibasiye ububiko bwa za misile ziraswa kure za Iran ndetse n'ibikoresho byayo byo kurinda ikirere.
Umuryango wita ku buzima bw’abantu muri Iran ukanaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, uratangaza ko abantu barenga 200 aribo bishwe muri Irani.
Misile nyinshi za Iran kuri Israel zaburijwemo n'ibikoresho by'ingabo z'ikirere bya Israel nkuko igisirikare cyaho cyabitangaje.
Ariko bimwe mu bisasu byabashije gukubita Tel Aviv, igitero cya roketi cyahitanye umugore, akaba ari we umuturage wo muri Israel kugeza ubu uzwi wapfuye muri iyo ntambara.
Serivisi z’imbangukiragutabara zavuze ko abandi bantu 120 bakomeretse, abenshi muri bo bakaba bafite ibikomere bito.
Amafoto arerekana ibyangijwe n’ibitero bya Iran i Dubai no muri Israel
Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Inyubako yo guturamo y' i Tel Aviv muri Israel yasenywe na misile ya Iran yateye muri uyu mujyi mu ijoro ryo kuwa Gatandatu
Amafoto arimo gusohoka arerekana
ibyangijwe n’ibitero bya Iran mu mujyi wa Dubai no muri Israel byakozwe mu
ijoro ryacyeye no muri iki gitondo.
Ibihugu byinshi mu burasirazuba
bwo hagati byahagaritse ingendo z’indege zose kubera iyi ntambara yatangiye ku
wa gatandatu.
Ibisasu bya Iran mu ijoro
ryacyeye byarashwe ahatandukanye mu mujyi wa Dubai mu gihugu cya Emira Zunze
Ubumwe z’Abarabu, harimo no ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyaho.
Eric Nzigamasabo umunyarwanda
ukorera mu mujyi wa Dubai yabwiye BBC Gahuzamiryango ko bagiriwe inama yo kuguma mu nzu.
Yagize ati: “Aho mba nta bisasu
nabonye ariko numvise guturika gukomeye nk’inshuro eshanu bitari kure cyane y’aho
mba”.
Iran kandi yarashe ibisasu bya
misile ku nyubako zitadukanye i Tel Aviv muri Israel mu ijoro ryo ku wa
gatandatu.
Ahavuye isanamu, Reuters
Insiguro y'isanamu, Umwotsi wazamutse hejuru y'icyambu cya Jebel Ali i Dubai mu gitondo cyo ku Cyumweru nyuma y'igitero cya Irani
Insiguro y'isanamu, Umwotsi ku nkombe z'umujyi wa Dubai nyuma y'ibitero bya Irani
Ahavuye isanamu, Getty Images
Insiguro y'isanamu, Amatsinda y'ubutabazi ari imbere y'inzu zarashweho na misile mu mujyi wa Tel Aviv muri Isiraheli
Trump yavuze ko azakoresha 'imbaraga zidasanzwe' kuri Iran nitera ibihugu by'inshuti ya Amerika
Ahavuye isanamu, Reuters/ EPA
Insiguro y'isanamu, Trump (iburyo) n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei (ibumoso)
Mu itangazo yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe Truth Social, Trump yanditse ati: "Irani yavuze ko izakora igitero gikomeye kurusha mbere hose. NTIBAGERAGEZE KUBIKORA KUKO NIBATINYUKA, TUZABARWANYA N'INGUFU ZITARI ZABONEKA!"
Ibyo yabivuze nyuma y’uko umutwe w’ingabo za leta ya Iran zitangaje ko zizagaba ibitero ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika na Israel kugira ngo uhorere urupfu rwa Khamenei.
Mu masaha make ashize, ingabo za Iran zavuze ngo: “Tugiye gutangiza igitero gikomeye kurusha ibindi byose byabayeho mu mateka y’ingabo za Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani mu turere twigaruriwe n’ibigo by’iterabwoba bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cya vuba.”
Insiguro y'isanamu, Bamwe mu baturage ba Iran bigaragambije bamagana urupfu rwa Ayatollah al Khamenei
Bamwe mu Banya-Irani bari kwishimira inkuru y'uko Ayatollah
Ali Khamenei yishwe mu bitero byakozwe na Amerika na Isiraheli.
Videwo zemejwe na BBC Ishami ry'Igiperse gikoreshwa muri Iran zigaragaza abantu bari mu byishimo mu mijyi
myinshi nijoro.
Muri iki gitondo, ibyinshi mu bibera mu mihanda bisa nkaho
ari ibikorwa bishyigikiye guverinoma byo kuririra urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga, nk'uko BBC Persian ibitangaza.
Amashusho yafashwe mu mihanda ya Isfahan hagati muri Irani agaragaza abantu bavuza amahoni y'imodoka zabo mu byishimo.
Indi videwo yagaragaje abantu bateraniye iruhande rw'umuriro mu gihe haboneka n'ibishashi by'ibyishimo (fireworks).
Imiryango myinshi
y'abigaragambya bishwe mu myigaragambyo iheruka nayo yagiye mu mihanda kugaragaza ibyishimo kubera urupfu rwa Ayatollah.
I Tehran, amashusho aturuka mu bigo by’itangazamakuru
agaragaza abantu bari mu mihanda barira, bamwe bafite amafoto ya Khamenei.
Insiguro y'isanamu, Ikarita yerekana hamwe mu hantu ibitero bya Israel na Amerika byibasiye
Trump yemeje ko umutegetsi w'Ikirenga wa Irani yapfuye
Ahavuye isanamu, Reuters
Insiguro y'isanamu, Perezida wa Amerika, Donald Trump
Perezida wa Amerika Donald Trump, yanditse ku rubuga Truth
Social ati: "Khamenei, umwe mu bantu babi cyane mu mateka, yapfuye."
Ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Media, Perezida wa Amerika
Donald Trump
yagize ati: “Ubu si ubutabera bw’abaturage ba Irani gusa,
ahubwo ni ubw’Abanyamerika bose beza.
"Ntabwo yashoboye guhunga intasi zacu, kandi, mu
bufatanye bwa hafi na Israel, nta kintu na kimwe we, cyangwa abandi bategetsi
bishwe bari kumwe na we, bashoboraga gukora."
Yongeyeho ati: “Aya ni yo mahirwe akomeye ku baturage ba
Irani yo kwisubiza igihugu cyabo.”
Mbere yaho Trump, yavuganye na NBC News kuri telefoni - maze
abazwa amakuru avuga ko umukuru wa Irani yishwe mu bitero by'indege bya Amerika
na Israel yagize ati.“Naganiriye n’abantu benshi, ndumva ko ibi ari ukuri.”
Yanabwiye NBC News ko ibitero bya Amerika muri Irani
"byamaze kugira icyo bigeraho".
Mu kiganiro kuri telefoni yahaye ABC News, Trump yagize ati:
"Ntabwo tuzi byose, ariko hari byinshi bizwi", yongeyeho kandi ko
Leta Zunze Ubumwe za Amerika "zifite icyerekezo cyiza" ku butegetsi
buzajyaho muri Iran.
Nyuma abajijwe ku wasimbura Ayatollah Ali Khamenei, Trump
yabwiye NBC News ati: “Simbizi, ariko hari igihe bazampamagara bambaze uwo
nifuza.”
Rachel Scott, umunyamakuru mukuru wa politiki wa ABC News,
yavuze ko Donald Trump yamubwiye gusa ko "yizera" ko umutegetsi
mukuru wa Irani yapfuye.
"Kandi abategetsi babo benshi bishwe. Si mu gace kamwe
gusa ahubwo no mu tundi duce tubiri twagabyeho igitero. Twari dufite amakuru
menshi y'ubutasi, bityo, twizera ko abategetsi benshi bishwe."
Amakuru agezweho ku bitero byagabwe kuri Iran ku bufatanye bwa Israel na Amerika
Ahavuye isanamu, EPA
Insiguro y'isanamu, Ayatollah Al Khamenei. Umuyobozi Mukuru w'i Kirenga wa Irani
Itangazamakuru rya leta ya Irani ryemeje ko Umuyobozi
w'Ikirenga Ali Khamenei yishwe, mu bitero bya Israel na Amerika byagabwe kuri
Irani byatangiye ku wa Gatandatu mu gitondo.
Dore aya makuru niyo dufite:
Itangazo ryavuye mu Nama Nkuru y'Umutekano ya
Irani, ryatangajwe n'ibitangazamakuru byinshi bya leta, ryemeza ko Ayatollah
Khamenei yiciwe mu biro bye mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu.
Abantu barenga 200 nibo bishwe muri ibi bitero,
nk'uko bivugwa na Red Crescent (Umuryango utabara imbabare), mu gihe CBS News,
igitangazamakuru cyo muri Amerika gikorana na BBC, cyatangaje ko abategetsi 40
bo muri Iran bishwe.
Mu gusubiza ibitero, Irani yagabye ibitero
byinshi mu bihugu bimwe byo Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku
bafatanyabikorwa ba Amerika kandi aho Amerika ifite ibirindiro bya gisirikare,
birimo Dubai, Doha, Bahrain, na Kuwait
Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Sir Keir
Starmer, yavuze ko Ubwongereza burimo kugira uruhare mu "bikorwa
by’umutekano by’akarere bihuriweho" mu rwego rwo kurinda abaturage
b’Ubwongereza n’abafatanyabikorwa bo mu karere.
Perezida Donald Trump mbere yavuze ko Khamenei
ari "umwe mu bantu babi cyane mu mateka" kandi ko urupfu rwe ari
"amahirwe akomeye ku Banya-Irani yo kwisubiza ubutegetsi bw'igihugu
cyabo". Yavuze ko Amerika izakomeza kurasa muri Iran - mu gihe ibisasu
bikomeje kumvikana mu murwa mukuru wayo Tehran.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizishobora
gutangaza intambara bitabanje kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko - kandi iki
gikorwa cyaciyemo ibice abashingamategeko, ahanini hakurikijwe imitwe
y’amashyaka.
Umuryango w’Abibumbye wavuze ko ibi bitero
birimo guhungabanya amahoro mu karere.
Ivy'akakanya, Ayatolllah Khamenei yiciwe mu biro bye, itangaza makuru rya leta
Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Insiguro y'isanamu, Ayatollah al Khamenei
Itangazamakuru rya leta bya ya Iran riratangaza ko
umuyobozi w’ikirenga wa Iran Ayatollah al Khameniei yishwe.
Itangazo kurupfu rwe mu buryo burambuye ryasomwe n'abanyamakuru kuri televiziyo ya
leta.
Muri iryo tangazo Inama Nkuru y'Umutekano w'Igihugu ya Irani
yavuze ko Ayatollah Khamenei yishwe mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu mu
biro bye "ubwo yari arimo gukora imirimo".
Ikoresheje amashusho ya satelite, BBC Verify yemeje mbere ko
ibice by'inzu y'ubuyobozi, ari na yo biro bya Khamenei i Tehran byangiritse
cyane.
Ikigo cy’Abarinzi b’Impinduramatwara ya Kiyisilamu (IRGC)
cyavuze ko urupfu rwa Khamenei mu biro bye ari gihamya y’uko amakuru yavugaga
ko yari yihishe ari “intambara y’umwanzi mu mutwe”.