Iran ivuga ko ibitero bya Amerika na Isirayeli ku ishuri byishe abantu 108 biganjemo abana

Ahavuye isanamu, Reuters
- Umwanditsi, Ghoncheh Habibiazad
- Igikorwa, BBC Persian
- Umwanditsi, Robert Greenall
- Igihe co gusoma: iminota 2
Abantu bagera ku 108 bapfuye mu gitero cyagabwe ku ishuri riri mu majyepfo ya Iran, nk'uko umushinjacyaha w'ako gace yabivuze.
Byabaye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bagabaga ibitero bikomeye by'indege kuri icyo gihugu.
Perezida Masoud Pezeshkian wa Iran yavuze ko ari "igikorwa cy'ubunyamaswa" kandi ko ari "urundi rupapuro rw'umukara mu mateka y'ibyaha bitabarika byakozwe n'abagizi ba nabi."
Israel cyangwa Amerika ntacyo byavuze kuri icyo gitero cyagabwe kuri iryo shuri riherereye hafi y'ikigo cy'ingabo za Iran za Revolutionary Guard Corps, cyari kigambiriwe n'ibyo bitero.
Umuryango utabara imbabare wa Iran (Red Crescent) watangaje ko nibura abantu 201 mu gihugu hose bishwe n'ibitero by'indege, naho 747 barakomereka.
Abayobozi ba Croix-Rouge na Red Crescent bari i Genève bavuze ko uwo muryango wasabye amatsinda y'ubutabazi ngo ajye kuri iryo shuri nyuma y'ibyo byabaye.
Umwe mu bategetsi yavuze ko iryo shuri, riri mu mujyi wa Minab mu ntara ya Hormozgan, "ryarashweho ibitero bitatu bya misile."
Iri shuri riherereye nko muri metero 600 uvuye ku kigo cya IRGC.
BBC yagenzuye kandi yemeza amashusho agaragaza ibyabaye nyuma y'iturika, ahaboneka umwotsi uzamuka uvuye ku nyubako, abantu benshi bateraniye hafi aho, kandi hakumvikana abantu basakuza bafite uburakari.
BBC ariko ntiyabashije kugenzura no kwemeza umubare w'abo bapfuye - kuko ibinyamakuru mpuzamahanga akenshi byangirwa kwinjira muri Iran, bikagabanya cyane ubushobozibwo gukusanya amakuru yo muri icyo gihugu.
Abakoresha imbuga nkoranyambaga bo muri Iran bagaragaje uburakari bukomeye nyuma yo kumva inkuru y'icyo gitero ku kigo cy'ishuri.

Umunya-Iran uba mu mahanga utavuga rumwe n'igitekerezo cyo kugaba ibitero bya gisirikare kuri Iran yagize ati:
"Abahohotewe ba mbere muri iyi ntambara ni abakobwa 40 b'i Minab, bagabweho igitero cya misile. Ese iyi ni yo ntambara mushyigikira?"
Ariko kandi, kutizera ubutegetsi bwa Iran bituma abantu benshi batemera byoroshye amakuru atangwa n'inzego za leta, kandi bamwe mu Banya-Iran bashinje ubutegetsi uruhare kuri icyo gitero.
Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yanditse ati:
"Nubwo ubutegetsi butaba aribwo bwarashe amashuri ku buryo butaziguye, urupfu rw'abana bo muri Minab rwakomeza kubazwa Repubulika ya Kisilamu.
Yongeraho ati: "Abantu nta bwihisho bafite, internet yarahagaritswe, imirongo ya telefoni ntikora, kandi nta nteguza yatanzwe ngo abana bagume mu rugo ntibajye ku ishuri. Muri ibi bihe, icyari gikwiriye byibura ni uko abantu baguma mu ngo zabo."
Ibi bitero byagabwe ku ishuri byabaye mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bagabaga ibitero by'indege ku bice bitandukanye by'imijyi myinshi muri Iran ku wa Gatandatu.
Ibitero bisa nk'aho bikomeje, nubwo Perezida wa Amerika, Donald Trump, yavuze ko Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei hamwe n'abasirikare bakuru benshi bishwe mu bitero bya mbere.
Nyuma, itangazamakuru rya leta ya Iran ryemeje ko Khamenei yapfuye.








