Kuki Amerika yahannye ingabo z'u Rwanda n'abajenerali bane?

Ifoto ifatanyije mu buryo bw'ikoranabuhanga igaragaza abasirikare bakuru bo mu ngabo z'u Rwanda bafatiwe ibihano n'Amerika. Bambaye impuzankano za gisirikare zinyuranye, ziganjemo ibara ry'icyatsi kibisi. Uvuye ibumoso ujya iburyo: Gen Mubarakh Muganga, Maj Gen Ruki Karusisi, Maj Gen Vincent Nyakarundi na Brig Gen Stanislas Gashugi.

Ahavuye isanamu, RDF

Insiguro y'isanamu, Uvuye ibumoso ujya iburyo: Gen Mubarakh Muganga, Maj Gen Ruki Karusisi, Maj Gen Vincent Nyakarundi na Brig Gen Stanislas Gashugi
    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC News Gahuzamiryango
  • Igihe co gusoma: iminota 5

Amerika yafatiye ibihano ingabo z'u Rwanda (RDF) n'abasirikare bakuru bane bo mu rwego rwa Jenerali kubera "ubufasha mu bikorwa butaziguye" ku mutwe w'inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC).

Amerika ivuga ko ubwo bufasha burenga ku masezerano y'amahoro u Rwanda na DRC byashyizeho umukono i Washington DC ku itariki ya 4 Ukuboza (12) mu 2025, hagati ya Perezida w'u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa DRC Félix Tshisekedi.

Abo basirikare ni:

  • Umugaba mukuru w'ingabo z'u Rwanda Jenerali (Gen) Mubarakh Muganga
  • Umugaba w'ingabo zirwanira ku butaka Jenerali Majoro (Maj Gen) Vincent Nyakarundi
  • Maj Gen Ruki Karusisiukuriye diviziyo ya gatanu wahoze ari umukuru w'umutwe w'ingabo zikora ibikorwa byihariye (Special Operations Force)
  • Brigadiye Jenerali (Brig Gen) Stanislas Gashugi,umukuru w'umutwe w'ingabo zihariye

Leta y'u Rwanda ivuga ko ibabajwe n'ibi bihano by'Amerika "byibasira uruhande rumwe gusa birurenganya".

Leta ya DRC yashimye ibi bihano ivuga ko ari "ikimenyetso gikomeye mu gushyigikira iyubahirizwa ry'ubusugire bw'ubutaka bwa RDC".

Ni byo bihano bya mbere bikomeye by'Amerika kuri RDF no ku bo hejuru cyane mu ngabo z'u Rwanda kuva intambara yo mu burasirazuba bwa DRC hagati ya M23 n'ingabo za Congo (FARDC) yongeye kubura mu myaka hafi itanu ishize.

Mu 2023 no mu 2025 Amerika yafatiye ibihano Jenerali (uri mu kiruhuko cy'izabukuru) James Kabarebe hamwe na Brig Gen Andrew Nyamvumba w'ingabo za RDF.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Imitungo yose iri muri Amerika n'inyungu zose zo mu mitungo by'abafatiwe ibihano byahagaritswe, ndetse n'ibigo byose bafite, mu buryo buziguye cyangwa butaziguye, ku giti cyabo cyangwa muri rusange, bafitemo umutungo wa 50% cyangwa urenga w'umwe cyangwa abafatiwe ibihano, byahagaritswe, nkuko itangazo ryo ku wa kabiri rya minisiteri y'imari y'Amerika ribivuga.

Mu gutangaza ibyo bihano, Minisitiri w'imari w'Amerika Scott Bessent yavuze ko "Perezida [Donald] Trump ni Perezida w'Amahoro, kandi Minisiteri y'imari izakoresha ibikoresho byose ifite mu gutuma impande zasinye Amasezerano ya Washington zubahiriza ibyo ziyemeje."

Ati: "Twiteze gucyurwa kw'aka kanya kw'ingabo z'u Rwanda, intwaro n'ibikoresho."

Amerika ivuga ko igihe cyose bidatangiwe uruhushya n'ibiro byayo bigenzura imitungo yo mu mahanga (OFAC), muri rusange ubucuruzi bwose bubujijwe hagati y'Abanyamerika n'abafatiwe ibihano, n'ubucuruzi bwo muri Amerika cyangwa bunyura muri Amerika burimo imitungo cyangwa inyungu z'abafatiwe ibihano.

Yongeyeho ko uwabirengaho azabihanirwa.

Kuki RDF n'abajenerali bane bahanwe n'Amerika?

Amerika ivuga ko nk'umugaba mukuru w'ingabo z'u Rwanda, Gen Muganga yagize uruhare rukomeye mu gutegura ibikorwa (operations) no kuyobora ingabo z'u Rwanda mu burasirazuba bwa DRC.

Maj Gen Nyakarundi yahanwe nk'umukuru w'ingabo zirwanira ku butaka, Amerika ivuga ko zakoze ibikorwa bya gisirikare byo gushyigikira M23.

Amerika yafatiye ibihano Maj Gen Karusisi nk'uwahoze ari umukuru w'umutwe w'ingabo zikora ibikorwa byihariye, akaba ari we, nkuko Amerika ibivuga, wagenzuraga ibikorwa bya gisirikare byo gushyigikira M23.

Brig Gen Gashugi we yahanwe nk'uwasimbuye Maj Gen Karusisi kuri uwo mwanya.

Mu gufatira ibihano RDF, Amerika ivuga ko ingabo z'u Rwanda zahaye ubufasha bw'imikorere butaziguye umutwe wa M23 n'abakorana na wo ndetse zinjiza mu ntambara mu burasirazuba bwa DRC ibikoresho bikataje bya gisirikare, nk'indege nto z'intambara zitajyamo umupilote (drones) n'ubwirinzi bwo mu kirere.

Amerika ivuga ko ubu abasirikare ba RDF babarirwa mu bihumbi bakorera mu burasirazuba bwa DRC, aho barwana ku ruhande rwa M23 kandi bakayifasha mu kugenzura ubutaka.

Amerika ivuga ko RDF inaha imyitozo abarwanyi ba M23 mu bigo bya gisirikare bya RDF ndetse ko RDF ifasha M23 mu bikorwa byo kwinjiza abarwanyi bashya, harimo n'abava mu mpunzi.

Washington ivuga ko M23, ifashijwe na RDF, yakoze ubwicanyi butemewe n'amategeko, ita abantu muri yombi bazira ubusa, inakora iyicarubozo. Nta cyo M23 yahise itangaza kuri ibi bireho ariko mu gihe cyashize M23 yahakanye ibirego nk'ibyo.

Kugeza ubu M23 igenzura ibice byinshi byo mu burasirazuba bwa DRC, mu ntara ya Kivu ya Ruguru na Kivu y'Epfo, birimo n'umujyi wa Goma n'uwa Bukavu.

Nk'ingurane y'ubufasha Amerika ivuga ko u Rwanda ruha M23, Amerika ivuga ko byatumye rugera ku turere dukungahaye ku mabuye y'agaciro two mu burasirazuba bwa DRC, ibyo bigatuma haboneka amafaranga yo gufasha inyeshyamba za M23.

Amerika ivuga ko ubufasha bukomeje RDF iha M23 buteje ibyago byo gutuma intambara ifata indi ntera igahinduka "intambara yagutse y'akarere".

U Rwanda rwavuze iki?

U Rwanda rwamaganye ibi bihano by'Amerika ruvuga ko birurenganya.

Itangazo ry'ibiro by'ubuvugizi bwa leta y'u Rwanda rigira riti: "Ibihano byatanzwe uyu munsi na Leta Zunze Ubumwe [z'Amerika] byibasira uruhande rumwe gusa rwo muri gahunda y'amahoro birurenganya [kandi] bisobanura ibintu uko bitari ndetse bikagoreka uko ibintu bimeze mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

"Ibitero bihozaho kandi bitarobanura bya 'drone' hamwe n'ibitero byo ku butaka bigize ihonyora rigaragara ry'amasezerano y'agahenge bikozwe na DRC, ndetse bikomeje gutwara ubuzima bwa benshi.

"Kurinda igihugu cyacu ni ikirango cy'icyubahiro [kandi] ingabo z'u Rwanda zibikorana ishema ryinshi."

Leta y'u Rwanda ivuga ko nubwo leta ya DRC yari yiyemeje, mu masezerano ya Washington, kureka gufasha umutwe w'inyeshyamba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw'u Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa DRC, hamwe n'ihuriro ry'imitwe yitwa 'Wazalendo, irwana ku ruhande rwa FARDC ifatanyije n'abacanshuro bo mu mahanga, nta ntambwe n'imwe yateye mu kubikora.

Itangazo rigira riti: "U Rwanda rwiyemeje byuzuye gucyura ingabo zarwo bigakorerwa rimwe n'uko DRC ishyira mu bikorwa inshingano zayo."

DRC yavuze iki?

DRC yashimye ibihano minisiteri y'imari y'Amerika yafatiye RDF n'abajenerali bane.

Itangazo rya minisiteri y'itangazamakuru ya DRC rigira riti: "Izi ngamba ni ikimenyetso gikomeye mu gushyigikira iyubahirizwa ry'ubusugire bw'ubutaka bwa RDC, ubutabera hamwe n'ishyirwa mu ngiro rya nyaryo ry'ibyiyemejwe mu masezerano ya Washington.

"[Izi ngamba] Zemeza ukuntu ari ngombwa ko ibyiyemejwe mu rwego rwa dipolomasi bijyana n'uko ibikorwa bimeze ku rubuga.

"Leta iributsa ko umutekano urambye mu Burasirazuba bw'igihugu no mu karere k'Ibiyaga Bigari unyura ku guhagarika ubufasha bwose ku mitwe yitwaje intwaro, iyubahirizwa ritajenjeka ry'ubusugire bw'ibihugu, hamwe n'ikurikizwa ry'amahame yo mu mategeko mpuzamahanga."

Leta ya DRC yashimiye Amerika ku ruhare rwayo ruhoraho, umurava n'ubuyobozi bwayo mu bikorwa bigamije kugararura amahoro muri DRC no mu karere k'ibiyaga bigari.

Kinshasa yashishikarije Washington gukomereza aho ndetse ivuga ko ishishikajwe no gukomeza gukorana n'abafatanyabikorwa bo mu karere n'ahandi mu mahanga kugira ngo amahoro yuzuye, umutekano n'ubutegetsi bwa leta buzubizweho ku butaka bwose bw'igihugu.

Amerika ivuga ko ishyigikiye cyane amahoro n'umutekano mu burasirazuba bwa DRC no mu karere.

Intambara mu burasirazuba bwa DRC yongeye kwaduka kuva mu mpera y'umwaka wa 2021 nubwo imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura.

Mu ijambo yagejeje ku gihugu mu cyumweru gishize, Perezida Trump yongeye kuvuga ko "mu mezi 10 ya mbere" y'ubutegetsi bwe mu mwaka ushize, yarangije "intambara umunani" ku isi zirimo n'intambara hagati ya "[DR] Congo n'u Rwanda".