Abanyarwanda n'Abarundi 'dukwiye kuba impanga'..ariko Abarundi bahisemo 'kuba impanga n'Abanyecongo' – Kagame

Perezida Kagame avuga ijambo imbere ya microphones enye

Ahavuye isanamu, Village Urugwiro

Igihe co gusoma: iminota 4

Perezida w'u Rwanda yumvikanishije ko u Burundi n'u Rwanda muri iki gihe bifitanye ibibazo kuko ubutegetsi bw'u Burundi bwahisemo gufatanya n'ubwa RD Congo mu kibazo kiri mu burasirazuba bwa Congo.

Mu ijambo yavuze kuwa kane mu gikorwa cya 20 cy'Umushyikirano, Perezida Paul Kagame yavuze ko ubusanzwe "Abanyarwanda n'Abarundi babita ko ari impanga" ndetse yongeraho ko "ubundi dukwiye kuba turi impanga" gusa ko Abarundi bahisemo "kuba impanga n'Abanyecongo".

Ibihugu byombi birebana nabi kuva mu 2015 ubwo mu Burundi hageragejwe guhirika ubutegetsi bigapfuba, Gitega yashinje Kigali ukuboko muri ibyo kandi ihora isaba ko Kigali kuyiha ababigizemo uruhare ivuga ko bari mu Rwanda.

Hagati ya 2015 na 2022 u Burundi bwafunze imipaka yabwo n'u Rwanda, kuva muri Mutarama(1) 2024 u Burundi bwongeye gufunga imipaka yabwo yo ku butaka n'u Rwanda. Nta kindi gihe mu mateka ya vuba ibintu byigeze biba bibi hagati y'ibi bihugu bihuriye kuri byinshi birimo ururimi n'imico bisa.

Muri iyi myaka ya vuba, ikibazo cy'intambara mu burasirazuba bwa DR Congo cyiyongereye mu bitanya ubutegetsi bwa Gitega na Kigali, kandi biteza ingaruka mbi imibereho y'abaturage.

Mu gihe u Rwanda rushinjwa gufasha umutwe wa M23, ibyo rutemera, Gitega yasinye amasezerano y'ubufatanye na Kinshasa arimo n'ibya gisirikare, maze ingabo z'u Burundi zoherezewa muri Congo ku rugamba rwo kurwanya imitwe irimo na M23.

Akomoza ku kibazo cy'u Rwanda n'u Burundi Kagame yagize ati: "…ariko Abarundi bo bahisemo kuvuga ngo ntabwo tugishaka ko mwebwe [Abanyarwanda] tuba impanga turashaka kuba impanga n'Abanyecongo".

Yongeyeho ko nta kibazo afite ku mahitamo y'uwo umuntu ashaka ko baba impanga, gusa ashinja u Burundi na Congo "guhurira" kuri politike yo "kwanga abandi".

Perezida Evariste Ndayishimiye n'abategetsi b'u Burundi, bashinja u Rwanda "guhungabanya umutekano w'akarere" no kwifuriza inabi u Burundi mu guha indaro abashaka guhungabanya u Burundi.

Uruhande rw'u Burundi ntacyo ruratangaza ku byavuzwe na Perezida Kagame uyu munsi.

Mu myaka 10 ishize imipaka y'ubutaka y'ibihugu byombi yamaze imyaka hafi umunani ifunze
Insiguro y'isanamu, Mu myaka 10 ishize imipaka y'ubutaka y'ibihugu byombi yamaze imyaka hafi umunani ifunze

U Rwanda ruri muri Congo? Impamvu Kagame atavuga Yego cyangwa Oya

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Mu gihe kirenga iminota 30 mu ijambo rye, Perezida Kagame yasobanuye ko intambara iri muri Congo itavuye mu Rwanda, ko ikibazo u Rwanda rufite muri Congo ari "Interahamwe ziri hariya n'ingengabitekerezo ishingiye kuri jenoside".

Kagame yashinje ONU, ingabo za MONUSCO, n'umuryango mpuzamahanga kunanirwa gukemura icyo kibazo "bakagaruka kugishyira ibibazo bya Congo ku Rwanda".

Ashinja kandi amahanga gukerensa ikibazo cya FDLR, ingengabitekerezo ya jenoside, imvugo z'urwango zivugwa na bamwe mu bategetsi ba Congo no "gufata perezida [wa Congo], guverinoma, igihugu nk'umwana warezwe nabi" banga kubaza inshingano ze.

Leta ya Kinshasa ivuga ko Kigali ari yo yateye iki gihugu iciye mu mutwe wa M23 ishaka gusahura ubutunzi bwa Congo no kwigarurira ubutaka bw'iki gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo atari byo, ati: "Iyaba twari turi muri Congo ku bw'amabuye y'agaciro, twari kuba dukize inshuro 100 kurusha aho turi ubu."

Ikibazo cy'uko ingabo z'u Rwanda zaba ziri muri Congo, Kagame yavuze ko amaze kukibazwa inshuro zigera ku 1,000 gusa ko nawe abaza abakimubajije ngo "mbere na mbere wibaza impamvu u Rwanda rwaba ruri muri Congo?

Yongeraho ati: "Icyo gihe wabona igisubizo utiriwe umbaza".

U Rwanda ntirwemera ibyo rushinjwa ko rwohereje ingabo muri Congo gufasha umutwe wa M23, ruvuga ko rwafashe gusa ingamba zo kwirinda.

Kagame yavuze ko abamubaza kiriya kibazo baba bashaka ko ababwira Yego cyangwa Oya.

Ati: "Igisubizo baba bashaka ni Oya, icyo gihe ingamba twafashe nabwo zaboneka nkaho nta zihari. Uramutse uvuze Yego byahita bihinduka ikibazo cyonyine cyo gukemura kw'isi."

Asa n'urimo gusetsa, yongeyeho ati: "Hari umunyamakuru wa CNN wambajije niba turi mu Congo ndamubwira nti 'simbizi'. Mu by'ukuri si igisubizo nakabaye naramuhaye ariko nanone mu by'ukuri ni igisubizo kitanjyana mu rukiko…

"Ni gute wakurikirana [mu rukiko] umugabo udafite icyo azi ku bintu urimo kuvuga? biba bigoye."

Kuri Kagame, icyo kibazo cy'uko ingabo z'u Rwanda zaba ziri muri Congo "cyatumye hirengagizwa ikibazo gikomeye nyacyo cyo gukemura", avuga ko leta ya Congo itagomba gushyira ibibazo yananiwe gukemura ku Rwanda.

Ati: "Ntabwo twakwikorera ibibazo byacu ngo twikorere n'ibya Congo. Hoya."

Leta ya Kinshasa ihakana gukorana n'umutwe wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa Congo urwanya ubutegetsi bwa Kigali, kandi yatangaje ingamba zo kubuza no guhana abasirikare bayo mu gihe bakorana n'uwo mutwe.