Jeneral Muhoozi yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga kubyo ashinja Ambasade ya Amerika muri Uganda
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n'umuyobozi w'ingabo z’igihugu cya Uganda (UPDF), Jeneral Muhoozi Kainerugaba, mu ijoro ryakeye, yateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kohereza ubutumwa butandukanye bunenga Ambasade y'Amerika muri Uganda kubera gukekwaho gucumbikira umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi kcyane kw’izina rya Bobi Wine.
Kyagulanyi yaje ku mwanya wa kabiri mu matora rusange yo ku ya 15 Mutarama, nyuma y’uko Perezida Museveni, se wa Jenerali Muhoozi, atangajwe ko ari we watsinze ku buryo bw’amajwi menshi.
Jenerali Muhoozi, akaba n'umujyanama mukuru wa Perezida Museveni mu bikorwa byihariye bya gisirikare, yavuze ko ubuyobozi bw'Ambasade ya Amerika muri Uganda buriho ubu bwagize uruhare mu gufasha Kyagulanyi kuva mu rugo rwe i Magere, mu Karere ka Wakiso, mu gikorwa cya gisirikare cyabaye mu ijoro ryo ku ya 16 Mutarama 2026.
Mu butumwa yashyize kuri X (yahoze ari Twitter), Jenerali Muhoozi yagize ati:
“Bavandimwe banjye b’Abagande, bitewe n’uko uyu muyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yiyambuye ubuzima bwe, kandi dukurikije amakuru yacu twizeye, ibi bikorwa byakozwe ku bufatanye n’ubuyobozi bw’Ambasade ya Amerika mu gihugu cyacu buriho ubu. Kubera iyo mpamvu, UPDF yahagaritse ubufatanye bwose n’ubuyobozi bw’Ambasade ya Amerika i Kampala buriho ubu. Ibi bikorwa birimo n’ubufatanye bwacu muri Somaliya. Ubufatanye bw’umutekano bwari bufite agaciro gakomeye hagati ya Uganda na Amerika bwahungabanyijwe cyane kuva mu 2015 n’imirimo idasobanutse ya ambasade.”
Nyuma, Jenerali Muhoozi yasibye ubwo butumwa maze asaba imbabazi ku byo yavuze.
Yanaburiye ko igihugu cyose cy’amahanga kizagerageza gusohora Kyagulanyi mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko ko kizateza amakimbirane akomeye hagati ya Uganda n’icyo gihugu.
Ariko, ku ya 24 Mutarama 2026, Robert Kyagulanyi yavuze ko abasirikare bateye urugo rwe nijoro, bagabye igitero ku bakozi be bahohoteye umugore we, Barbara Kyagulanyi.
Iki gikorwa cyongeye gukaza amakimbirane ya politiki na dipolomasi muri Uganda, bituma habaho ibibazo bishya ku burenganzira bw'abaturage, umutekano n'uruhare rw'abagize uruhare mpuzamahanga muri politiki y'imbere mu gihugu.