Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

Bujumbura: Benshi bakoreraga aho umuriro watwitse kw'isoko ryo "Kwa Siyoni" nta bwishingizi bari bafite

Abatuye mu mujyi wa Bujumbura hafi y’isoko rya City Market ahazwi nko kwa Siyoni bavuga ko imodoka zizimya umuriro hamwe n’igipolisi cy’u Burundi babashije kuzimya umuriro mwinshi wafahe igice cy’iri soko mu ijoro ryo ku cyumweru.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Na Dinah Gahamanyi & Samba Cyuzuzo

  1. Sudani y’Epfo: Ingabo za leta zahaye amasaha 48 abaturage bose kuva mu gace zishaka kugabamo ibitero

    Ingabo za leta muri iki gihugu zirimo gutegura igitero simusiga zise “Operation Enduring Peace” ku mutwe bahaganye wigaruriye uduce mu ntara ya Jonglei none zasabye abaturage bose kuva aho hantu mu masaha atarenze 48.

    Abaturage bose n’abakozi b’Umuryango w’Abibumbye bari mu duce twa Nyirol, Uror na Akobo tw’iyo ntara basabwe kujya aho bashobora kurindwa mbere y’uko iki gitero gitangira.

    Ku rundi ruhande umukuru w’umutwe wa SPLA-IO we yategetse abarwanyi be gukomeza urugamba kugeza bafashe umurwa mukuru Juba.

    Intambara ikomeye ikomeje gututumba muri iki gihugu gishya kurusha ibindi ku isi, hagati y’ishyaka SPLA riri ku butegetsi rya Perezida Salva Kiir na SPLA-In Opposition rya Riek Machar uherutse kwirukanwa muri leta aho yari visi perezida akanafungwa.

    Umuvugizi wa UNAMISS - ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Sudan, yabwiye itangazamakuru ko abasirikare bayo bakiri muri Akobo kugerageza kugabanya umwuka mubi uhari.

    Abarwanyi ba SPLA-IO bafashe umujyi wa Pajut nyuma y’imirwano ikaze mu majyaruguru ya leta ya Jonglei. Ibi byatumye UNMISS isohora itangazo ku cyumweru isaba Leta gushyira imbaraga mu kurinda no guhagarika imirwano kubw’inyungu z’abaturage

    Ikigo gifasha mu by’ubuvuzi Médecins Sans Frontières (MSF) cyatangaje ko cyakuye abakozi bacyo bakuru mu karere ka Akobo nyuma “y’amabwiriza asobanutse” yatanzwe n’igisirikare cya leta.

    Imirwano ikaze imaze igihe mu gace k’uburasirazuba bw’iki gihugu aho ingabo za Sudani y’Epfo (SSPDF) ziri kugerageza guhagarika ibitero by’abarwanyi b’umutwe wa Sudan People’s Liberation Army-In-Opposition (SPLA-IO).

    Hagati ya 2013 na 2018 abarwanyi ba SPLA-IO bakuriwe na Riek Machar barwanye n’ingabo za leta mu ntambara ishingiye ahanini ku moko yahitanye abantu bagera ku 400,000 abandi benshi ikabahindura impunzi.

    Izindi nkuru zijyanye n'iyi wasoma:

  2. Abantu bitwaje intwaro binjiye mu kibuga cy'umupira w'amaguru cya Mexico bica abantu bagera kuri 11

    Inzego z'umutekano zoherejwe aho byabereye ariko icyateye icyo gitero ntikiramenyekana neza kugeza ubu

    Abantu bagera kuri 11 bapfuye abandi 12 barakomereka ubwo abantu bitwaje intwaro barasaga ku baturage bari bateraniye ku kibuga cy'umupira w'amaguru mu mujyi wa Salamanca muri Mexique.

    Abatangabuhamya bavuze ko abagabo bitwaje intwaro bageze aho hantu mu modoka nyinshi maze barasa abari bateraniye aho nkaho batarobanuye.

    Imiryango myinshi yari yasigaye inyuma kugira ngo isabane nyuma y'umukino wahuje amakipe yo muri ako gace. Nibura umugore umwe n'umwana umwe nibo bahasize ubuzima.

    Impamvu y’iraswa ntiramenyekana neza. Umujyi wa Guanajuato, uherereye muri leta ya Salamanca, niyo yagaragayemo umubare munini w’ubwicanyi muri Mexico yose umwaka ushize.

  3. EU yatangiye iperereza kuri Grok AI ya Elon Musk ku mafoto mahimbano y’abantu bambaye ubusa

    Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi watangije iperereza ku rubuga rwa X rwa Elon Musk kubera ibibazo byatejwe na ‘Artificial Intelligence’ izwi nka Grok yakoreshejwe mu kurema amafoto y’abantu bazwi bambaye ubusa.

    Amafoto nk’aya y’ububeshyi y’abategetsi n’ibyamamare bambaye ubusa yakunze kuboneka ku mbuga nkoranyambaga mu minsi yashize, menshi yakozwe na Grok ibisabwe na bamwe mu bakoresha X.

    Regina Doherty, umwe mu bagize inteko ishingamategeko y’Ubumwe bw’Uburayi uva muri Ireland, yavuze ko komisiyo yabo izareba niba “ayo mashusho yambitse ubusa abantu” yarerekanywe mu bihugu bigize uriya muryango.

    Mu minsi ishize, urubuga X rwatangaje ko rwahagaritse gukoresha Grok mu gucura no guhindura amafoto y’abantu ibambura imyenda “aho ‘content’ nk’iyo itemewe n’amategeko”.

    Kugeza ubu, Ubumwe bwa Afurika ntacyo buratangaza kuri iki kibazo mu gihe amashusho nk’ayo yagiye yibasira abakuru b’ibihugu n’abandi bantu b’ibyamamare muri Afurika.

    Abashinzwe ubugenzuzi mu Ubumwe bw’Uburayi bavuze ko bashobora “gufata ibyemezo by’agateganyo” niba X yanze gushyira mu ngiro ibyo izasabwa guhindura.

    Impirimbanyi hamwe n’abakorewe ariya mafoto y’urukozasoni bavuga ko “bitakabaye byaranabaye” ko Grok ikora ibi bintu, kandi basaba ko abakorewe ibi bahabwa indishyi.

    Mu ntangiriro z’uku kwezi, ibihugu bya Indonesia na Malaysia byabaye ibya mbere kw’isi byahagaritse ikoreshwa rya Grok kubera iki kibazo cy’amashusho mahimbano y’urukozasoni.

    Inzindi nkuru wasoma:

  4. Abasenateri b'Abarepubulikani bashyigikiye icyifuzo cy'uko hakorwa iperereza ku bwicanyi bwa Minneapolis

    Perezida Donald Trump arasabwa gutangiza iperereza ryuzuye nyuma y’iraswa ry’umuforomokazi w’imyaka 37 akaba n’umuturage wa Amerika, Alex Pretti, ryakozwe n’abakozi ba leta.

    Urupfu rwa Pretti rubaye nyuma y'ibyumweru bitarenze bitatu Renee Good arashwe n'ushinzwe abinjira n'abasohoka i Minneapolis.

    Guverineri wa Minnesota, Tim Walz, yasabye kenshi ko ubutegetsi bwa Trump bwakuraho abakozi ba leta muri iyo leta, avuga ko Amerika iri mu "gihe cy'impinduka".

    Mu kiganiro yagiranye n'ikinyamakuru Wall Street Journal ku Cyumweru, Trump avuga ko ubuyobozi bwe "burimo gusuzuma byose" kandi ko ashobora no gukura abakozi bashinzwe abinjira n'abasohoka mu mujyi (ICE) - ariko nta gihe yatanze cyo kubigeraho.

    Abayobozi ba leta n'aba n'abi ntara bagiye batanga inkuru zitandukanye cyane ku bihe byabanjirije urupfu rwa Pretti.

    Ubutegetsi bwa Trump bwashyigikiye umusirikare warashe Pretti, kuko Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu Kristi Noem avuga ko Pretti yarashwe azira ko “yari arimo kwivugana” imbunda.

    Abayobozi bo mu gace barabihakana, bongeraho ko imbunda yanditse mu buryo bwemewe n'amategeko.

    Imbaga y’abantu ikomeje kwigaragambya mu mihanda ya Minneapolis n'ahandi muri Amerika mu mpera z'icyumweru gishize nyuma y'iraswa ryahitanye abantu.

    Andi makuru wasoma:

  5. Abanyamerika bafite ubwenegihugu bwa Etiyopiya batanze ikirego kuri Trump

    Imiryango iharanira uburenganzira bw'abimukira yatanze ikirego nyuma y'icyemezo cya leta ya Trump cyo guhagarika itegeko rirengera abimukira bo muri Etiyopiya.

    Nkuko byatangajwe n'ikinyamakuru Reuters, ibihumbi by'Abanya-Etiyopiya batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafite uburenganzira bwo gukingirwa by'agateganyo (TPS), bari hafi kwirukanwa mu gihugu nyuma y'itegeko rya Trump.

    Ariko, abaharanira uburenganzira bw'abimukira bavuga ko ubwo burenganzira bwakuweho mu buryo bunyuranyije n'amategeko kugira ngo hirindwe ko AbanyaEtiyopiya birukanwa mu gihugu.

    Ikirego cyatanzwe mu rukiko rw’intara ya Boston n’abanya-Etiyopiya batatu n’umuryango udaharanira inyungu witwa African Communities Together.

    Ibirego byabo bivuga ko Minisiteri y’Umutekano w’Igihugu ya Amerika yagenye mu buryo bunyuranyije n’amategeko imiterere y’Abanya-Etiyopiya batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye n’umutekano w’igihe gito (TPS).

    Andi makuru wasoma:

  6. Iran: Buri gitero cy’ubushotoranyi kigomba kugira igisubizo gikaze

    Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru cya buri cyumweru, umuvugizi wa Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Iran Esmail Baghaei yagize ati: "Iran yizeye ubushobozi bwayo kandi ifite ubunararibonye bw’ibyabaye mu kwezi kwa gatandatu, kandi izasubiza bikomeye igitero icyo ari cyo cyose mu buryo bukomeye kurusha mu bihe byashize."

    Baqaei yavugaga ku ntambara y'iminsi 12 yabaye hagati ya Iran na Israel mu mwaka ushize.

    Yakomeje avuga ko Iran "ihanganye n'iterabwoba rishya" rya Amerika na Israel mu mezi ashize, kandi ko "ibihugu byo muri ako karere k’iburasirazuba bwo hagati bizi ko umutekano uwo ari wo wose mu karere utareba Iran gusa, bityo hari impungenge zihuriweho hagati y'ibihugu byose byo mu karere."

    Izindi nkuru wasoma:

  7. Umuvugizi wa Netanyahu yafunzwe azira kumena amabanga

    Urukiko rwa Israel rwavuze ko uwahoze ari umuvugizi wa Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu yatawe muri yombi akekwaho gutangaza inyandiko z’ibanga ku binyamakuru nta burenganzira ahawe, ko ibi bishobora kwangiza amasezerano yo kurekura imfungwa zifungiye muri Gaza.

    Urukiko rwavuze ko Eli Feldstein yatawe muri yombi hamwe n'abandi bantu batatu, barimo n'abagize inzego z'umutekano.

    Ibinyamakuru muri Israel bivuga ko urukiko rwemeje irekurwa ry'abantu bane batawe muri yombi mu rubanza rw'amabanga y'umutekano.

    Uru rubanza rwatumye abatavuga rumwe n'ubutegetsi bibaza niba Netanyahu yaragize uruhare muri ayo makuru yatangajwe, mu gihe ibiro bya Minisitiri w'Intebe byanze iyo raporo.

    Netanyahu yahakanye ko nta cyaha cyakozwe n'abakozi bo mu biro bye, kandi yavuze mu itangazo ryo kuwa Gatandatu ko yamenye gusa iby'iryo tangazo binyuze mu nyandiko zasohotse mu buryo butazwi zikagera mu itangazamakuru.

    Izindi nkuru wasoma:

  8. Bwa mbere mu mateka igiciro cya zahabu kigeze ku $5,000 kuri 28g

    Ku nshuro ya mbere mu mateka, igiciro cya zahabu kw’isoko mpuzamahanga cyazamutse ubu kigeze ku 5,000$ (miliyoni 7,2 Frw) kuri ‘ounce’ imwe ( 28g). Ni mu kuzamuka gukomeje kwiyongereyeho 60% mu 2025.

    Ibi bibaye mu gihe ubushyamirane bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bindi bigize OTAN/NATO ku kibazo cya Greenland kwakomeje guteza impungenge ku masoko n’ishoramari ku isi.

    Ingambo z’ubucuruzi za Perezida Donald Trump kandi zateye ubwoba amasoko y’imari ku isi nyuma y’uko ku wa gatandatu atangaje ko ashobora gushyiriraho Canada imisoro ya 100% ku bicuruzwa byayo mu gihe yagirana amasezerano y’ubucuruzi n’Ubushinwa.

    Mu bihe by’ubwoba mu by’ubukungu ku isi zahabu ihinduka ahantu hizewe abashoramari bahita bashora amafaranga yabo.

  9. Ingabo za Ukraine zivuga ko zaburijemo igitero cya 'drone' 140 z'Uburusiya

    Ingabo za Ukraine zatangaje zahanuye 'drones' hafi 140 zari zoherejwe n'Uburusiya mu gitero cya gisirikare muri Ukraine mu gitondo kuri uyu wa mbere kuva saa mbili.

    Itangazo ry'igisirikare cya Ukraine rivuga ko izindi ndege nk'izo zitajyamo abapilote zigera kuri 21 zahanuriwe mu bice 11 bitandukanye mu gihugu.

    Icyo Uburusiya bwavuze

    Minisiteri y’Ingabo y'Uburusiya yatangaje ko nijoro, indege zabo zarashe indege 40 za drone zo muri Ukraine, 34 muri zo zikaba zarasiwe mu karere ka Krasnodar.

    Mu ijoro ryakeye, itsinda rishinzwe ubutabazi bwihutirwa ry’ubuyobozi bwa Krasnodar Krai ryatangaje ko ibisigazwa by’indege za drone byaguye ku butaka bw’ibigo bibiri by’ubucuruzi i Slavyansk-on-Kuban, bikomeretsa umuntu umwe.

    Intambara hagati y'Uburusiya na Ukraine irakomeje mu gihe mu minsi ishize hatangiye ibiganiro by'izi mpande zombi hamwe na Amerika birimo kubera muri Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu.

    Inzindi nkuru wasoma:

  10. Reba: Amashusho ya 'drone' y'uburyo imyanda ijugunywa mu byaro mu Bwongereza

    Amagana y’ibimoteri by’imyanda ijugunywa mu Bwongereza, harimo nibura 11 byiswe "super sites" birimo toni ibihumbi zirenga z’imyanda zijugunywa mu cyaro, nk'uko iperereza rya BBC ryabigaragaje.

    Amashusho ya drone yerekanye imwe mu myanda yajugunywe mu gace ka Over, Gloucestershire.

    Iyi myanda ikunze kujugunywa mu bice by'icyaro akenshi byihishe, kandi ku butaka bugomba kuba ubwubuhinzi.

    Polisi ivuga ko benshi bayijugunya bayoborwa n'amatsinda y’abagizi ba nabi bakore magendu bishyuza abafite iyo myanda amafaranga make cyane ugereranyije n'abakora mu buryo bwemewe n'amategeko gufata no gushyingura imyanda.

    Ikibazo cy'iyi myanda gihangayikishije ubutegetsi bw'iki gihugu bwiyemeje guhangana n'abagizi ba nabi bakora ubwo bucuruzi butemewe n'amategeko, bavuga ko bushobora guhungabanya ubuzima bwabatuye aho iyo imyanda imenwa.

  11. 'Uburusiya bushyira ababunenga bo mu mahanga ku rutonde rw'abashakishwa na Interpol'

    Amadosiye ibihumbi yatanzwe n'umuntu watanze amakuru kuri Interpol (Urwego rwa polisi mpuzamahanga) agaragaza ku nshuro ya mbere uburyo Uburusiya bukoresha nabi iki gipolisi kugira ngo bwibasire abarunenga mu mahanga.

    Amakuru yahawe BBC World Service n'ikigo cy'iperereza cy'Abafaransa cyitwa Disclose, agaragaza ko Uburusiya burimo gukoresha urutonde rw'abashakishwa na Interpol kugira ngo busabe guta muri yombi abatavuga rumwe n'ubutegetsi, abacuruzi n'abanyamakuru, bavuga ko bakoze ibyaha.

    Isesengura ry’amakuru rigaragaza kandi ko mu myaka icumi ishize, ishami ryigenga rya Interpol rishinzwe ibirego ryakiriye ibirego byinshi ku Burusiya kurusha ikindi gihugu cyo aricyo cyose - inshuro eshatu ugereranyije n’igihugu gikurikiraho cya Turukiya.

    Ibyo binyamakuru kandi bigaragaza ko ibirego ku byifuzo bya Moscou byatumye imanza nyinshi ziteshwa agaciro kurusha ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.

    Nyuma y’uko Uburusiya bumaze gutera Ukraine mu buryo bwuzuye, Interpol yashyizeho igenzura ryinshi ku bikorwa bya Moscou "kugira ngo birinde gukoresha nabi inzego za Interpol mu kwibasira abantu bari mu ntambara cyangwa hanze yayo muri Ukraine".

    Ariko inyandiko zabonetse zigaragaza ko ibi bitabujije Uburusiya gukoresha nabi ubwo buryo kandi uwatanze amakuru yabwiye BBC ko hari ingamba zikaze zahagaritswe bucece mu 2025.

    Mu gusubiza, Interpol ivuga ko buri mwaka, ibihumbi by'abanyabyaha bakomeye ku isi bafatwa bitewe n'ibikorwa byayo kandi ko ifite uburyo bwinshi bwo kwirinda ikoreshwa nabi ryakomeje gushimangirwa mu myaka mike ishize.

    Ivuga kandi ko izi ingaruka zishobora guterwa no gusaba gutabwa muri yombi kwa bantu.

    Inzindi nkuru wasoma:

  12. Bujumbura: Igipolisi cyazimije isoko ryo kwa Siyoni ryibasiwe n’umuriro mu ijoro ryo ku cyumweru

    Abatuye mu mujyi wa Bujumbura hafi y’isoko rya City Market ahazwi nko kwa Siyoni bavuga ko imodoka zizimya umuriro hamwe n’igipolisi cy’u Burundi babashije kuzimya umuriro mwinshi wafahe igice cy’iri soko mu ijoro ryo ku cyumweru. Kandi iyo mirimo yari ikomeje no mu gitondo cyo ku wa mbere.

    Abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga, mu ijoro ryo ku cyumweru bagaragaje amashusho y’umuriro mwinshi wari wafashe igice kimwe cy’iri soko.

    Ibinyamakuru mu Burundi bivuga ko igice cyegereye iri soko aho bacuruza bakanakora imirimo y’imbaho n’ibiti ari ho hibasiwe n’iyo nkongi y’umuriro. Kugeza ubu ntabwo bizwi icyateye uyu muriro.

    Mu bikorwa byo kuzimya uyu muriro Croix Rouge y’u Burundi yatanze ikamyo itwara amazi.

    Musitanteri wa Komine Ntahangwa wari ahabereye iri sanganya ntiyashimye kugira icyo ashyikirije avuga ko bategereje ibiva mu iperereza rya polisi ku byateye uyu muriro, gusa avuga ko igihombo ari kinini cyane.

    Mu gice gikoreramo abacuruza imbaho cyibasiwe cyane, hakoreraga abacuruzi bagera kuri 35 kandi hafi ya bose nta bwishingizi bari bafite nk’uko babivuga.

    Révérien Rwabira umukuru w’ishyirahamwe ry’aba bacuruzi avuga ko bagize igihombo kibarirwa hejuru ya miliyari y’amarundi.

    Marick Ndayiragije utuye kuri 15ème Avenue mu Buyenzi yabwiye BBC mu butumwa bwanditse ko mu gitondo kuri uyu wa mbere “ata muriro uhari”, ko “hose bahazimije”.

    Rwabira yagize ati: “Ibintu byahiriye aha bifite igiciro karenga umuliyaridi n'igice w’amafaranga y'amarundi. Igice cyose murabona ko imbaho, triplex, byose byabaye umunyota. Ntacyo twashoboye kurokora."

    Uyu muriro wadutse ahagana saa mbili z’ijoro ku cyumweru wangije ibintu kugeza ubu bitaramenyekana neza agaciro.

    Ndayiragije avuga ko ahahiye no hafi yaho hafi yaho hafunzwe kugeza ubu.

    City Market ni ryo soko ubu rinini muri uyu murwa mukuru w'ubukungu, riri mu masoko yimukiyemo abacuruzi bahoze mu isoko rikuru rya Bujumbura ryatwitswe n’inkongi y’umuriro ikomeye mu ntangiriro z’umwaka wa 2013.

    Icyo gihe ibintu by’agaciro ka miliyari zirenga 100 z’amarundi byarahiye kandi abantu barenga 3,000 bahacururizaga babuze ibyabo, nk’uko abategetsi babitangaje. Iryo soko n’ubu ntabwo ryabashije gusanwa.

    Izindi nkuru wasoma:

  13. Amerika: Imbaga y'abantu bagiye mu mihanda nyuma yiyicwa ry'umuforomo

    Abantu benshi bateraniye mu mihanda yo mu mujyi wa Minneapolis, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bamagana ishyirwa ry'abapolisi ba leta bashinzwe abinjira n'abasohoka muri iyo leta, nyuma y'iraswa n'iyicwa ry'umuforomokazi Alex Pretti w'imyaka 37.

    Guverineri wa Minnesota, Tim Walz, yasabye Perezida wa Amerika, Donald Trump, gukuraho abapolisi ba leta ye, agira ati: "Iki ni igihe cyo guhinduka."

    Mu butumwa yatanze ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Social, Perezida Donald Trump yavuze ko Walz na Meya wa Minneapolis Jacob Frey bagomba gutanga "abimukira bose b'abanyabyaha" bafungiye muri gereza za leta kugira ngo birukanwe mu gihugu cyabo.

    Abategetsi muri leta batanze amakuru avuguruzanya ku byabaye ku rupfu rwa Pretti rwabaye kuwa Gatandatu. .

    Ubwo yabazwaga ku bijyanye na videwo zerekana ubu bwicanyi, Komanda w’ishami rishinzwe kurinda umupaka Greg Bovino yavuze ko hakenewe iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri.

    Pretti yishwe arashwe n'abashinzwe umutekano bari bamufashe ari benshi barimo kumutsikamira hasi ku butaka mu gihe abantu bariho bareba kandi bafata amashusho.

    Bamwe mu bategetsi bavuga ko Pletti yari afite intwaro, abandi bakavuga ko ari ibinyoma nta ntwaro yari afite.

    Andi makuru wasoma:

  14. Bobi Wine “abasirikare bategetswe kumuzana apfuye cyangwa ari muzima” – Muhoozi

    Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yatangaje ko amabwiriza mashya ingabo zahawe ari ukuzana Bobi Wine - umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi uri mu bwihisho - “ari muzima cyangwa apfuye”.

    Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yanditse ku rubuga rwa X, ko mu masaha 24 bari bahagaritse gushakisha Robert Kyagulanyi – uzwi cyane nka Bobi Wine – babitegetswe “n’umugaba mukuru w’ikirenga” – Perezida Yoweri Museveni, uherutse gutorerwa manda ya karindwi.

    Ariko ngo bumva ko ashaka “kwishyikiriza mu mahoro” gusa ko ibyo atabikoze, ati: “Ubu ingabo zifite amabwiriza yo kumuzana apfuye cyangwa ari muzima!”

    Bobi Wine akomeje kuba mu bwihisho kuva mbere gato y’uko ibyavuye mu matora aheruka ya Uganda bitangazwa.

    Mu cyumweru gishize, Muhoozi yari yahaye Bobi Wine amasaha 48 yo kuba yishyikirije polisi, ibyo ntiyabikoze kandi ibikorwa by’igisirikare byo gushakisha aho yihishe ntacyo byagezeho.

    Bobi avuga ko hari umugambi wateguwe wo kumugirira nabi, ko yahunze iwe ubwo abasirikare bahageraga ku wa gatanu tariki 16 z’uku kwezi, buri bucye ibyavuye mu matora bitangazwa.

    Perezida Yoweri Museveni yatsinze amatora aheruka n’amajwi 71% mu gihe Bobi Wine wamukurikiye yagize amajwi 24%.

    Muhoozi Kainerugaba avuga ko Bobi Wine ashinjwa gushishikariza abantu imyigaragambyo n’urugomo, ariko ubucamanza nta nyandiko yo kumuta muri yombi bwasohoye.

    Abasesenguzi bavuga ko ubutegetsi bwa Kampala bufite ubwoba ko Bobi Wine aramutse yidegembya ashobora guhamagarira no kuyobora imyigaragambyo ikomeye yaba ikibazo ku butegetsi bwa Museveni.

    Mu mpera z’iki cyumweru Bobi Wine yasohoye amashusho yatanzemo ubutumwa avuga ko akomeza kuba yihishe kubera umugambi uriho wo kumugirira nabi.

    Muri ayo mashusho yamaganye urugomo rwakorewe umugore we n’abasirikare “benshi” bateye ku rugo rwabo “bagasahura ibikoresho byose by’agaciro” mu nzu kandi bagahohotera umugore we Barbie Kyagulanyi wahise ajyanwa mu bitaro.

    Kuri ibi, Muhoozi yagize ati: “Abasirikare banjye ntabwo bakubise Barbie…Icya mbere, ntabwo dukubita abagore. Ntabwo bakwiriye umwanya wacu. Turimo guhiga umugabo we…

    Andi makuri wasoma:

  15. Ikaze ku makuru y'aka kanya yo mu karere no mu mahanga.