Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Imirwano ikaze yasubukuye hagati ya Israel na Iran nyuma y’urupfu rwa Khamenei

Ingabo zirwanira mu kirere za Iran zatangaje ko indege z’intambara zabo zabashije kurasa ku birindiro by’ingabo za Amerika mu bihugu byo mu kigobe no muri Iraq.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Dinah Gahamanyi & Samba Cyuzuzo

  1. Ivy'akakanya, Abantu icyenda bapfuye mu myigaragambyo yo gushyigikira Iran muri Pakistan

    Umuganga mukuru mu bitaro bya Civil Hospital Karachi yabwiye BBC News ko imirambo icyenda n'abantu bagera kuri 32 bakomeretse bagejejwe muri ibi bitaro nyuma y'imirwano ikomeye na polisi hafi ya Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Karachi mu majyepfo ya Pakistan.

    Abigaragambya amagana bashyigikiye Iran bagiye mu mihanda mu mijyi ya Karachi, Lahore, na Islamabad nyuma y’ibitero bya Amerika na Israel kuri Iran.

    Umukozi wo mu kigo cyigenga gishinzwe ubutabazi cya Edhi Foundation nawe yemeje ko bimuye imirambo icyenda n'inkomere nyinshi mu bitaro.

    Imirwano yatangiye ubwo polisi yageragezaga kubuza abigaragambya kwinjira mu nyubako ya ambasade. Polisi ntabwo irasohora itangazo ku byabaye.

    Umukozi wa ONU yabwiye BBC News ko ibiro by'Umuryango w'Abibumbye byatwitswe i Gilgit, muri Gilgit-Baltistan, intara iyobowe na Pakisitani.

    Polisi yemeje ko hashyizweho itegeko ryo kwirinda mu gihe gito muri ako gace nyuma y’uko abantu amagana batangiye kwigaragambya.

    Imiryango y’abasilamu b'aba Shia yari yatangaje imyigaragambyo mu mijyi myinshi, harimo no mu murwa mukuru Islamabad.

    Andi makuru wasoma:

  2. Abategetsi bakuru 30 ba Iran baguye mu gitero - Itangazamakuru

    Televiziyo N12 ya Israel, iratangaza ko ingabo zirwanira mu kirere z’icyo gihugu zishe abategetsi bakuru 30 ba Iran - barimo n’Umutegetsi w’Ikirenga wa Irani Ali Khamenei - "mu gice cy’umunota umwe gusa mu gitero cya mbere ku mwanzi wabo" wari umaze w'igihe kirekire.

    Ku rubuga rwayo N12 abanyamakuru bavuga ko abayobozi ba politiki n'umutekano ba Israel bashimangira ko “turi mu ntangiriro gusa, kandi ko tugifite ubukangurambaga bw'iminsi mike mbere yacu.”

    Ibindi bitangazamakuru bya Israel bigaragaza igenamigambi rinini n'ubufatanye bukomeye hagati y'igisirikare cya Isiraheli n'icya Amerika muri iyi ntambara ndetse n'ubuhanga buhanitse bw'ubutasi bukoreshwa nibi bihugu byombi.

    Ariko mu butumwa yachishije mu kgitangazamakuru Israel Yoav, umusesenguzi mu byi ngabo Israel Hayom araburira ko icyuho gishobora kuvuka vuba hagati ya Amerika na Israel.

    “Israel ifite kwihangana kose n’ubushake bwo gukurikirana iyi ntambara mu minsi cyangwa ibyumweru byinshi, wenda igihe kirekire kurushaho,” ati: “ariko ntibiragaragara ko Trump afite urwego rumwe rwo kwihangana n’ubwenge butuje.”

    “Kuri Amerika, iyi ni intambara y’amahitamo, ariko kuri Israel iyi ni intambara y'ubukene,” ibi ni ibyavuzwe n’umunyamakuru w’inararibonye Nahum Barnea mu kinyamakuru Yedioth Ahronoth.

    Nubwo Perezida wa Amerika Trump ashyigikiye iyi ntambara byimazeyo kugeza ubu, aravuga ko hashobora kuba akaga k'uko ibitekerezo bya rubanda bya Amerika bishobora guhinduka kuri Israel.

    Andi makuru wasoma:

  3. Putin yihanganishije Iran ku “bwicanyi bw’ubugwari” kuri Ayatollah Khamenei

    Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya yatangaje ko yihanganisha Iran nyuma y’urupfu rw’umutegetsi w’Ikirenga Ali Khamenei, nk’uku bivugwa n’ibiro ntaramakuru TASS bya leta ya Moscow.

    Putin yavuze iyicwa rya Khamenei ko ari “ubwicanyi bw’ubugwari buhonyoye amahame yose ya kiremwa muntu n’itegeko mpuzamahanga”.

    Uburusiya ni inshuti ya Iran.

    Umwaka ushize ibihugu byombi byemeje ubufatanye mu bya gisirikare kandi basinye amasezerano y’imyaka 20 y’ubufatanye.

    Mu byumweru hafi bibiri bishize Iran n’Uburusiya byakoze imyitozo ya gisirikare yo mu mazi mu Nyanja ya Oman no mu majyaruguru y'Inyanja y'Ubuhinde.

    Gusa Uburusiya bufite indi ntambara bumaze imyaka burwana muri Ukraine ishobora gutuma bwirinda kwinjira mu yindi yo gutabara inshuti yabwo.

    Andi makuru wasoma:

  4. Perezida wa Iran yavuze ko bateganya ‘kumena amaraso no kwihorera nk’uburenganzira’

    Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko kwica Khamenei ari “intambara yeruye ku bayisilamu, by’umwihariko abashiite, mu mpande zose z’isi”

    Mu intangazo ryashyizwe ku rubuga rwa leta ya Iran kuri Telegram, Masoud yavuze ko Iran “iteganya kumena amaraso no kwihorera nk’uburenganzira n’inshingano yemerewe ku bakoze n’abatumye habaho iki cyaha cy’amateka.”

    Yongeraho ko Iran “izakora ibishoboka mu kugera kuri iyo nshingano ikomeye”.

    Perezida wa Iran ashyirwaho n’umutegetsi w’ikirenga w’iki gihugu kandi agafatwa nk’uwa kabiri inyuma ye, nubwo ububasha bwose buba bufite ahanini n’umutegetsi w’Ikirenga.

    Hashyizweho umugaba w'ingabo mushya w'umutwe wa IRGC

    Hagati aho ishami rikomeye ry’ingabo za Iran rizwi nka Iran Revolutionary Guards(IRGC) Corp ryashyizeho umugaba mukuru waryo msuhya, Ahmad Vahidi.

    Ni nyuma y’uko Gen Mohammad Pakpour wari ukuriye IRGC yishwe mu bitero by’indege za Amerika na Israel ku wa gatandatu.

    IRGC ni umutwe ufite ingafu zikomeye mu gisirikare, politike n’ubukungu bwa Iran, kandi itandukanye n’igisirikare gisanzwe.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Imirwano ikaze yasubukuye hagati ya Israel na Iran nyma y’urupfu rwa Khamenei

    Amabombe araswa n’indege hamwe na za misile zirasirwa kure byangeye kuraswa hagati ya Iran na Israel mu gihe Tehran yarahiye guhorera urupfu rwa Ayatoallah Khamenei naho Israel ikaba yavuze ko irimo guhashya abandi bantu igambiriye muri Iran.

    Mu mwanya washize mu burasirazuba n’amajyaruguru ya Tehran humvikanye guturika gukomeye, kandi ibinyamkauru muri uyu murwa mukuru byatangaje ibitero bishya birimo kuba.

    Umwe mu bari muri aka gace ka Tehran yagize ati: “Guturika kwabaye kurakomeye kurusha ukw’ejo”, yongeraho ati: “icyumba cyanjye cyose cyanyeganyeze”.

    Hagati aho ingabo zirwanira mu kirere za Iran zatangaje ko indege z’intambara zabo zabashije kurasa ku birindiro by’ingabo za Amerika mu bihugu byo mu kigobe no muri Iraq.

    Iki gisirikare cyemeza cyarashe mu byiciro byinshi “ibigo byose by’umwanzi” mu karere aho indege zabo zibasha kugera.

    Brabara Plett Usher, umunyamakuru wa BBC uri i Doha avuga ko Iran yasubukuye ibitero byayo mu bihugu byo mu kigobe cyane cyane ku bigo by’ingabo za Amerika mu karere.

    Yagize ati: “Turimo kumva ibiturika bikomeye inshuro nyinshi muri iki gitondo i Doha kandi imyotsi myinshi irimo kuboneka henshi.

  6. Aba ni bamwe mu bategetsi bakomeye ba Iran bishwe mu bitero bya Amerika na Israel

    Aba ni bamwe mu bategetsi bakuru batari bake muri Iran byamenyekanye ko bishwe mu bitero byagabwe kuva ku wa Gatandatu kuri Iran;

    Abo barimo:

    • Ayatollah Ali Khamenei, Umutegetsi w’Ikirenga wa Iran, wishwe n’igitero cya misile mu ku wa Gatandatu ari aho atuye anakorera
    • Televiziyo ya Iran ivuga ko Umugaba Mukuru w’Ingabo z’icyo gihugu, Abdolrahim Mousavi, na we yishwe mu bitero by’indege
    • Tehran yanemeje urupfu rw’Umukuru w’Ingabo za Revolutionary Guards, Jenerali Mohammad Pakpour
    • ⁠Itangazamakuru rya leta ryanatangaje ko umukobwa wa Khamenei, umukwe we ndetse n’umwuzukuru we bishwe muri ibi bitero.
    • ⁠Isoko y’amakuru yo mu rwego rw’ubutasi n’iyo mu gisirikare yabwiye CBS News ko muri rusange abategetsi ba Iran bagera kuri 40 bishwe muri ibi bitero kugeza ubu
  7. Urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga ni ikintu gikomeye kandi Iran irimo gusubiza mu buryo bukomeye

    Iyicwa ry'umugabo wari umaze imyaka hafi 40 ategeka Iran ryemejwe mu rukerera na televiziyo ya leta. Iki ni ikintu gikomeye kuri iyi reoubulika ya Islamu.

    Mu mijyi imwe n'imwe ya Irani habaye ibirori by'abantu barwanya ubutegetsi bwe mu gihe abandi na bo bari mu bikorwa byo kumwunamira.

    Ibi bizafasha Amerika na Israel byasabye Abanya-Iran gukoresha aya mahirwe kugira ngo bafate ubutegetsi.

    Mu ijoro rimwe, igisirikare cya Israel cyagabye ibindi bitero by'ibisasu kivuga ko cyibasiye ububiko bwa za misile ziraswa kure za Iran ndetse n'ibikoresho byayo byo kurinda ikirere.

    Umuryango wita ku buzima bw’abantu muri Iran ukanaharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, uratangaza ko abantu barenga 200 aribo bishwe muri Irani.

    Muri iki gitondo intabaza zongeye kumvikana muri Isirahel, ubwo Irani yakomezaga kurasa ibisasu bya misile birasa kure.

    Misile nyinshi za Iran kuri Israel zaburijwemo n'ibikoresho by'ingabo z'ikirere bya Israel nkuko igisirikare cyaho cyabitangaje.

    Ariko bimwe mu bisasu byabashije gukubita Tel Aviv, igitero cya roketi cyahitanye umugore, akaba ari we umuturage wo muri Israel kugeza ubu uzwi wapfuye muri iyo ntambara.

    Serivisi z’imbangukiragutabara zavuze ko abandi bantu 120 bakomeretse, abenshi muri bo bakaba bafite ibikomere bito.

  8. Amafoto arerekana ibyangijwe n’ibitero bya Iran i Dubai no muri Israel

    Amafoto arimo gusohoka arerekana ibyangijwe n’ibitero bya Iran mu mujyi wa Dubai no muri Israel byakozwe mu ijoro ryacyeye no muri iki gitondo.

    Ibihugu byinshi mu burasirazuba bwo hagati byahagaritse ingendo z’indege zose kubera iyi ntambara yatangiye ku wa gatandatu.

    Ibisasu bya Iran mu ijoro ryacyeye byarashwe ahatandukanye mu mujyi wa Dubai mu gihugu cya Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu, harimo no ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cyaho.

    Eric Nzigamasabo umunyarwanda ukorera mu mujyi wa Dubai yabwiye BBC Gahuzamiryango ko bagiriwe inama yo kuguma mu nzu.

    Yagize ati: “Aho mba nta bisasu nabonye ariko numvise guturika gukomeye nk’inshuro eshanu bitari kure cyane y’aho mba”.

    Iran kandi yarashe ibisasu bya misile ku nyubako zitadukanye i Tel Aviv muri Israel mu ijoro ryo ku wa gatandatu.

  9. Trump yavuze ko azakoresha 'imbaraga zidasanzwe' kuri Iran nitera ibihugu by'inshuti ya Amerika

    Mu itangazo yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe Truth Social, Trump yanditse ati: "Irani yavuze ko izakora igitero gikomeye kurusha mbere hose. NTIBAGERAGEZE KUBIKORA KUKO NIBATINYUKA, TUZABARWANYA N'INGUFU ZITARI ZABONEKA!"

    Ibyo yabivuze nyuma y’uko umutwe w’ingabo za leta ya Iran zitangaje ko zizagaba ibitero ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika na Israel kugira ngo uhorere urupfu rwa Khamenei.

    Mu masaha make ashize, ingabo za Iran zavuze ngo: “Tugiye gutangiza igitero gikomeye kurusha ibindi byose byabayeho mu mateka y’ingabo za Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani mu turere twigaruriwe n’ibigo by’iterabwoba bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gihe cya vuba.”

    Izindi nkuru wasoma:

  10. Ibirori n'icyunamo muri Irani nyuma y'uko Umuyobozi w'Ikirenga yishwe

    Bamwe mu Banya-Irani bari kwishimira inkuru y'uko Ayatollah Ali Khamenei yishwe mu bitero byakozwe na Amerika na Isiraheli.

    Videwo zemejwe na BBC Ishami ry'Igiperse gikoreshwa muri Iran zigaragaza abantu bari mu byishimo mu mijyi myinshi nijoro.

    Muri iki gitondo, ibyinshi mu bibera mu mihanda bisa nkaho ari ibikorwa bishyigikiye guverinoma byo kuririra urupfu rw'umutegetsi w'ikirenga, nk'uko BBC Persian ibitangaza.

    Amashusho yafashwe mu mihanda ya Isfahan hagati muri Irani agaragaza abantu bavuza amahoni y'imodoka zabo mu byishimo.

    Indi videwo yagaragaje abantu bateraniye iruhande rw'umuriro mu gihe haboneka n'ibishashi by'ibyishimo (fireworks).

    Imiryango myinshi y'abigaragambya bishwe mu myigaragambyo iheruka nayo yagiye mu mihanda kugaragaza ibyishimo kubera urupfu rwa Ayatollah.

    I Tehran, amashusho aturuka mu bigo by’itangazamakuru agaragaza abantu bari mu mihanda barira, bamwe bafite amafoto ya Khamenei.

    Izindi nkuru wasoma:

  11. Trump yemeje ko umutegetsi w'Ikirenga wa Irani yapfuye

    Perezida wa Amerika Donald Trump, yanditse ku rubuga Truth Social ati: "Khamenei, umwe mu bantu babi cyane mu mateka, yapfuye."

    Ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Media, Perezida wa Amerika Donald Trump

    yagize ati: “Ubu si ubutabera bw’abaturage ba Irani gusa, ahubwo ni ubw’Abanyamerika bose beza.

    "Ntabwo yashoboye guhunga intasi zacu, kandi, mu bufatanye bwa hafi na Israel, nta kintu na kimwe we, cyangwa abandi bategetsi bishwe bari kumwe na we, bashoboraga gukora."

    Yongeyeho ati: “Aya ni yo mahirwe akomeye ku baturage ba Irani yo kwisubiza igihugu cyabo.”

    Mbere yaho Trump, yavuganye na NBC News kuri telefoni - maze abazwa amakuru avuga ko umukuru wa Irani yishwe mu bitero by'indege bya Amerika na Israel yagize ati.“Naganiriye n’abantu benshi, ndumva ko ibi ari ukuri.”

    Yongeyeho ati: “Abategetsi babo benshi nabo bishwe,”

    Yanabwiye NBC News ko ibitero bya Amerika muri Irani "byamaze kugira icyo bigeraho".

    Mu kiganiro kuri telefoni yahaye ABC News, Trump yagize ati: "Ntabwo tuzi byose, ariko hari byinshi bizwi", yongeyeho kandi ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika "zifite icyerekezo cyiza" ku butegetsi buzajyaho muri Iran.

    Nyuma abajijwe ku wasimbura Ayatollah Ali Khamenei, Trump yabwiye NBC News ati: “Simbizi, ariko hari igihe bazampamagara bambaze uwo nifuza.”

    Rachel Scott, umunyamakuru mukuru wa politiki wa ABC News, yavuze ko Donald Trump yamubwiye gusa ko "yizera" ko umutegetsi mukuru wa Irani yapfuye.

    Ubwo yabazwaga niba "abizi neza", Trump yavuze ati: "Sinshaka kuvuga ikintu na kimwe neza kugeza igihe nzakibona n'ikibuno cyanjye ariko twemera ko yapfuye."

    "Kandi abategetsi babo benshi bishwe. Si mu gace kamwe gusa ahubwo no mu tundi duce tubiri twagabyeho igitero. Twari dufite amakuru menshi y'ubutasi, bityo, twizera ko abategetsi benshi bishwe."

    Izindi nkuru wasoma:

  12. Amakuru agezweho ku bitero byagabwe kuri Iran ku bufatanye bwa Israel na Amerika

    Itangazamakuru rya leta ya Irani ryemeje ko Umuyobozi w'Ikirenga Ali Khamenei yishwe, mu bitero bya Israel na Amerika byagabwe kuri Irani byatangiye ku wa Gatandatu mu gitondo.

    Dore aya makuru niyo dufite:

    • Itangazo ryavuye mu Nama Nkuru y'Umutekano ya Irani, ryatangajwe n'ibitangazamakuru byinshi bya leta, ryemeza ko Ayatollah Khamenei yiciwe mu biro bye mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu.
    • Umunyamakuru umwe, arira cyane, yavuze ko igihugu gitangiye iminsi 40 y'icyunamo.
    • Abantu barenga 200 nibo bishwe muri ibi bitero, nk'uko bivugwa na Red Crescent (Umuryango utabara imbabare), mu gihe CBS News, igitangazamakuru cyo muri Amerika gikorana na BBC, cyatangaje ko abategetsi 40 bo muri Iran bishwe.
    • Mu gusubiza ibitero, Irani yagabye ibitero byinshi mu bihugu bimwe byo Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku bafatanyabikorwa ba Amerika kandi aho Amerika ifite ibirindiro bya gisirikare, birimo Dubai, Doha, Bahrain, na Kuwait
    • Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Sir Keir Starmer, yavuze ko Ubwongereza burimo kugira uruhare mu "bikorwa by’umutekano by’akarere bihuriweho" mu rwego rwo kurinda abaturage b’Ubwongereza n’abafatanyabikorwa bo mu karere.
    • Perezida Donald Trump mbere yavuze ko Khamenei ari "umwe mu bantu babi cyane mu mateka" kandi ko urupfu rwe ari "amahirwe akomeye ku Banya-Irani yo kwisubiza ubutegetsi bw'igihugu cyabo". Yavuze ko Amerika izakomeza kurasa muri Iran - mu gihe ibisasu bikomeje kumvikana mu murwa mukuru wayo Tehran.
    • Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntizishobora gutangaza intambara bitabanje kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko - kandi iki gikorwa cyaciyemo ibice abashingamategeko, ahanini hakurikijwe imitwe y’amashyaka.
    • Umuryango w’Abibumbye wavuze ko ibi bitero birimo guhungabanya amahoro mu karere.

    Izindi nkuru wasoma:

  13. Ivy'akakanya, Ayatolllah Khamenei yiciwe mu biro bye, itangaza makuru rya leta

    Itangazamakuru rya leta bya ya Iran riratangaza ko umuyobozi w’ikirenga wa Iran Ayatollah al Khameniei yishwe.

    Itangazo kurupfu rwe mu buryo burambuye ryasomwe n'abanyamakuru kuri televiziyo ya leta.

    Muri iryo tangazo Inama Nkuru y'Umutekano w'Igihugu ya Irani yavuze ko Ayatollah Khamenei yishwe mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu mu biro bye "ubwo yari arimo gukora imirimo".

    Ikoresheje amashusho ya satelite, BBC Verify yemeje mbere ko ibice by'inzu y'ubuyobozi, ari na yo biro bya Khamenei i Tehran byangiritse cyane.

    Ikigo cy’Abarinzi b’Impinduramatwara ya Kiyisilamu (IRGC) cyavuze ko urupfu rwa Khamenei mu biro bye ari gihamya y’uko amakuru yavugaga ko yari yihishe ari “intambara y’umwanzi mu mutwe”.

    Izindi nkuru wasoma:

  14. Ikaze kumakuru yacu y'ikiribiraho yihariye yo Kucyumweru aho tukugezaho amakuru yibanda ku ntambara.