Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Afurika Yunze Ubumwe iratanga impuruza ku ntambara hagati ya Amerika, Israel na Iran
Ku cyicaro cy'Umuryango w'Abibumbye, Umuryango w'Ubumwe bwa Afurika wamaganye ibitero bya Amerika na Isiraheli kuri Irani, kimwe n'ibyo Irani yakoze byo kwihorera.
Ibi bitero bikurikiye amakimbirane amaze iminsi atutumba no guterana amagambo kwa hato na hato.
Afurika Yunze Ubumwe yaburiye ko gukomeza imirwano bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bwa Afurika, cyane cyane mu bijyanye n'ingufu, n'ibiribwa.
Ingendo z'indege n'iz'amato aca mu muhora wa Hermuz zose zahagaritswe mu karere k'uburasirazuba bwo hagati.
Afurika Yunze Ubumwe yatanze inama yo gukemura ibibazo mu mahoro n'ibiganiro aho kubikemuza urusaku rw'imbunda n'ibibombe bikomeye, kuko bishobora kuba imbarutso y'intambara yeruye mu karere kose.
Izi mpungenge Afurika Yunze Ubumwe izisangiye na bamwe mu ba perezida b'ibihugu binyuranye bya Afurika.
Perezida wa Afurika y'Epfo, Cyril Ramaphosa, yasabye impande zihanganye kwifata no gusubira mu nzira y'ibiganiro, aburira ko umwuka mubi uri kwiyongera uteza icyago gikomeye ku mahoro n'umutekano mpuzamahanga.
Ashingiye ku mateka y'igihugu cye, Ramaphosa yavuze ko amahoro arambye ashobora kugerwaho gusa binyuze mu biganiro, ubutabera n'imibanire ishingiye ku kubahana no kubana mu mahoro.
Mu ihembe rya Afurika, abategetsi ba Somaliland n'amashyaka atavuga rumwe n'ubutegetsi muri ako gace ka Somalia, bashinje Iran ibitero byagabwe ku bihugu byo mu Kigobe (Gulf), bavuga ko bibangamira umutekano w'akarere.
Ikinyamakuru Sudan Tribune cyatangaje ko Khartoum yamaganye bikomeye ibisasu bya misile bya Iran byibasiye Qatar, Kuwait, Jordan na Bahrain, ariko ikirinda gushyira Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) mu itangazo ryayo rya dipolomasi.
Ibihugu bimwe bya Afurika byatangiye gufata ingamba zo kurinda abaturage babyo bari mu bihugu byibasiwe n'ibi bibazo.
Uganda yasohoye itangazo ry'umutekano risaba abaturage bayo bari muri Irani kuhava niba bishoboka.
Yanakuyeho abakozi ba ambasade batari ngombwa i Tehran, isaba abasigaye kuguma mu ngo no gukurikiza amabwiriza atangwa n'inzego z'ubuyobozi.
Impungenge z'ubukungu ziriyongera
Kenya yagaragaje ko umutekano mucye mu Burasirazuba bwo Hagati ushobora guhungabanya ibyoherezwa mu mahanga birimo icyayi, ikawa, indabo, inyama n'imboga, byose bishingikirije cyane ku masoko n'inzira z'ubwikorezi zo muri ako karere.
Abategetsi bavuze ko leta iri kuganira n'abafatanyabikorwa no gushaka izindi nzira n'amasoko byafasha kugabanya ingaruka ku bukungu.
Tanzania yavuze ko irimo gukurikiranira hafi ibiri kubera aho ifite ambasade, inagira inama abaturage bayo bari mu bice byibasiwe kuba maso.
Kenya na Tanzania zombi zifite umubano ukomeye w'ubucuruzi n'ibihugu byo mu Kigobe, bityo hakaba hari ubwoba ko ihungabana rirambye ry'inzira zo mu nyanja ryagabanya amafaranga ava mu byoherezwa mu mahanga.
Kenya yohereza cyane icyayi, ikawa n'indabo mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Arabiya Sawudite na Qatar, mu gihe Tanzania yohereza ikawa, cashew, cloves n'ibindi bicuruzwa mu masoko yo mu Kigobe.
Ihungabana ryo mu Burasirazuba bwo Hagati rishobora kugira ingaruka zikomeye ku bucuruzi no ku bukungu bw'ibi bihugu.
Hagati aho, Oman yamaganye ibitero bya Amerika na Isiraheli, isaba Akanama ka ONU gashinzwe Umutekano guterana byihutirwa, mu gihe Misiri yavuze ko iyi ntambara igenda ifata indi ntera ari iy'akaga, isaba igisubizo cya dipolomasi.
Ibi bitero, Amerika na Isiraheli bavuga ko bigamije gukumira ibyago biva kuri Irani, byatumye Irani nayo yihorera, bikongera ubwoba bw'uko intambara ishobora gufata igihe kirekire.
Ibihugu byo muri Afurika y'Uburengerazuba nabyo byasabye ubworoherane.
Nigeria, Ghana na Senegal byasabye Amerika, Israel na Iran kugabanya umwuka mubi no gusubira mu biganiro, biburira ku ngaruka zishobora kwibasira umutekano n'ubukungu bw'akarere.
Umuryango w'ubukungu w'ibihugu byo muri Afurika y'Iburengerazuba, usaba impande zose koroherana cyane no kubahiriza amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ihame ry'ubusugire bw'ibihugu n'iryo gukemura amakimbirane mu mahoro.
Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga ya Nigeria yaburiye ko gukomeza imirwano bishobora guhungabanya isoko ry'ingufu ku isi no kongera igitutu ku bukungu bw'ibihugu byibasirwa n'ihindagurika ry'isoko mpuzamahanga.
Senegal yaburiye ko gukomeza imirwano byongera ihungabana rya politiki ku isi no gukandamiza inzira z'itangwa ry'ibicuruzwa zari zisanzwe zoroshye, bikagira ingaruka mbi ku bukungu bwa Afurika.
Abayobozi ba Afurika bavuga ko ibi bibazo byongeye kwerekana uko umugabane ugihura n'ingaruka z'ibibazo biturutse hanze, bagasaba kongera ubwigenge mu by'ingufu, gutandukanya amasoko n'inzira z'ubucuruzi, no gushimangira ubucuruzi hagati y'ibihugu bya Afurika kugira ngo bigabanye kwibasirwa n'ihungabana ryo ku rwego rw'isi.