Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Ihindagurika ry'umubano hagati ya Trump na Netanyahu: 'Ntukonje Ntunashyushye'
Perezida Donald Trump yakiriye Minisitiri w'Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu muri White House ku wa gatatu baganira mu muhezo bonyine ku kibazo ahanini cy'intwaro kirimbuzi za Iran.
Bahuye mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera mu Burasirazuba bwo Hagati n'imishyikirano ikomeje gukomera ku bijyanye no guhagarika gahunda ya Iran yo gukora intwaro za kirimbuzi.
Byari byitezwe ko Netanyahu ahatira Trump gutegeka Iran guhagarika itunganywa rya uranium ndetse no kugabanya gahunda yayo yo gukora misile ziraswa kure (ballistic misiles) no guha inkunga imitwe irwanya Israel nka Hamas na Hezbollah.
Mbere yo kujya muri Amerika, Netanyahu yagize ati: "Nzagaragariza perezida uko tubibona ku birebana n'amahame y'iyi mishyikirano."
Irani yavuze ko yiteguye kugabanya gahunda yayo ku ngufu za nikleyeri kugira ngo ikurirweho ibihano ariko yanze ibindi bisabwa.
Mbere yo kuva muri Israel, Netanyahu yagize ati: "Muri uru ruzinduko tuzaganira ku bibazo bitandukanye birimo Gaza, akarere k'Uburasirazuba bwo Hagati, cyane cyane Irani."
Hagati aho, abategetsi ba Amerika na Israel bagiye bagirana umubano muremure waranzwe n'ibintu bitandukanye.
Trump yiyise perezida "w'Umunyamerika ukunda Isiraheli'', ariko abasesenguzi bavuga ko umubano we na Netanyahu wari mwiza kurushaho muri manda ya mbere ya Trump.
Abasesenguzi bavuga ko mu minshi ishize Perezida Trump yarakajwe na Israel kubera intambara mu Burasirazuba bwo Hagati.
Raporo nyinshi zigaragaza ko Trump afitanye amakimbirane mu ibanga na Netanyahu.
Hugo Lovatt, impuguke ku Burasirazuba bwo Hagati wo mu Nama y'Ububanyi n'Amahanga y'u Burayi avuga ko amacakubiri ari mu itsinda ry'ingenzi rya Trump rishinzwe ibijyanye na politiki ya Amerika kuri Israel ariyo agira uruhare mu gutuma umubano we na Netanyahu udakomera.
Lovatt agira ati: "Hari abiyita 'inzitizi n'abanenga Isiraheli' nka JD Vance, Marjorie Taylor Greene na Tucker Carlson; hanyuma hari itsinda rya kabiri, itsinda rishyigikiye Israel cyane, rigifite ububasha bukomeye."
Nubwo bimeze bityo ariko, Dr. Ha Hellyer wo mu kigo cya Royal United mu Bwongereza agira ati: "Ubu bufatanye bw'igihe kirekire buracyagaragaza intsinzi nyinshi."
Wakwibaza uti ese umubano hagati ya Trump na Netanyahu wagenze ute mu myaka yashize?
1. Umubano utangaje ( hagati ya 2017–2020)
Manda ya mbere ya Trump yagaragaje ubufatanye bukomeye hagati ya bombi.
Trump yafashe ibyemezo byatumye politike ya Netanyahu itsinda muri Israel, maze nawe avuga ko Trump ari inshuti nyayo ya Israel.
Abasesenguzi bemeza ko uyu mubano wari mwiza, utaziguye kandi ufite akamaro muri politiki ku mpande zombi.
Ibirori by'ingenzi:
6 Ukuboza (12) 2017 - Kwemera ko Yerusalemu nk'umurwa wa Israel
Trump yatangaje ko Amerika yemera Yerusalemu yose nk'umurwa wa Israel.
Iki gikorwa Netanyahu yacyise "amateka."
Imyigaragambyo ikomeye yadutse mu Burasirazuba bwo Hagati.
Tariki 8 Gicurasi (3)2018 – Amerika yavuye muri JCPOA
Trump yikuye mu masezerano agendanye n'ingufu za nikleyeri za Irani.
Icyo gihe Netanyahu yagize ati: "Perezida Trump yakoze ikintu gikwiye."
Tariki 14 Gicurasi (3) 2018 – Ambasade yimuriwe i Yerusalemu
Netanyahu yise ibyabaye "umunsi w'icyubahiro."
Abanyapalestina 60 bishwe muri Gaza uwo munsi.
25 Werurwe(3) 2019 - Kwemera imisozi ya Golan
Trump yemeje ku mugaragaro ko Imisozi ya Golan ari igice cya Israel.
Netanyahu yagize ati: "Isiraheli ntiyigeze igira inshuti iruta iyi muri White House."
15 Nzeri (9) 2020 - Amasezerano ya Abraham
Israel, Emira Zunze Ubumwe z'Amarabu na Bahrain biyemeje gushyiraho umubano wa dipolomasi, igikorwa cyashyigikiwe na Trump.
Maroc na Sudan byinjiyemo nyuma.
2. Igitotsi mu mibibanire (2020–2021)
Nyuma y'uko Joe Biden atsinze amatora ya perezida wa Amerika mu 2020, umubano hagati ya Trump na Netanyahu watangiye kuba mubi.
7 Ugushyingo 2020 – Netanyahu yashimiye Biden kuri Twitter(X ubu), amasaha make nyuma y'uko ibyavuye mu matora bitangajwe. Ibi byarakaje Trump.
Ukuboza 2021 – Trump yibasiye Netanyahu ku mugaragaro mu kiganiro n'umwanditsi Barak Ravid, agira ati:
"Yakoze ikosa rikomeye… gushimira Biden mbere y'intsinzi, kuva icyo gihe sinigeze mvugana na we."
3. Ibikubiye mu bufatanye (2025)
Ubwo Trump yasubiraga ku butegetsi mu 2025, Netanyahu yasuye Washington vuba.
Kuva icyo gihe, yasuye White House inshuro enye, kurusha undi muyobozi w'amahanga uwo ari we wese.
Netanyahu yarahiye "gusoza akazi" muri Gaza mu ijambo yavugiye mu nama rusange y'Umuryango w'Abibumbye muri Nzeri(9) 2025.
Ubu bufatanye bwabo bwibanze cyane ku bibazo by'umutekano na politiki bireba Gaza, umugambi w'amahoro, n'ibiganiro byo guhagarika intambara.
Ariko, bitandukanye n'igihe cyashize, ubu bufatanye buba burimo ubwenge n'imibare byinshi, ntabwo ari amarangamutima.
Abasesenguzi bavuga ko no muri White House ya Trump, Netanyahu agenda ananirwa kubera iyi mibanire.
Dr. Hellyer agira ati: "Nta muntu n'umwe wishimiye Netanyahu muri iki gihe.
"Ariko uko ibintu bimeze ntabwo byagize ingaruka kuri politiki y'ubutegetsi."
Hagati aho, hari abantu bafite imbaraga mu butegetsi bwa Trump batangiye kunenga ibikorwa bya Netanyahu na Israel kuri Gaza.
Hellyer ati: "Israel ntiyaretse intambara muri Gaza gusa. Yashenye amasezerano yo guhagarika imirwano nta ngaruka.
"Yagabye igitero muri Qatar. Yakomeje gutera Siria na Liban, kandi nta ngaruka zafashwe."
Ibintu by'ingenzi byabaye mu 2025
Mutarama(1) – Netanyahu yashimiye Trump ku ntsinzi ye, amwita "inshuti ikomeye ya Israel."
Gashyantare(2) – Ibiganiro by'ibanze ku guhagarika imirwano muri Gaza byaratangiye.
Mata(4) – Trump yakiriye Netanyahu muri White House: "Intambara igomba kurangira vuba." Netanyahu: "Tugomba kurangiza akazi ko kurwanya Hamas."
Gicurasi(5)– Amerika yagabye ibitero ku nyubako zitunganya ingufu za nikleyeri za Irani ku bufatanye na Israel.
Nyakanga(7) – Trump yatanze igitekerezo cyo guhagarika intambara mu gihe cy'iminsi 60, inzira y'amahoro igakomeza.
Nzeri(9) – Israel yagabye igitero ku bayobozi ba Hamas muri Qatar; Amerika irabyamagana
25 Nzeri – Trump yarwanyije gahunda ya Israel yo kwigarurira agace ka West Bank muri Palestine
26 Nzeri – Netanyahu atanga ikiganiro mu Muryango w'Abibumbye. Intumwa mpuzamahanga zirenga 100 zasohotse mu cyumba cy'inama zigaragambya.
29 Nzeri – Netanyahu yasuye White House ku nshuro ya kane uyu mwaka. Aganira ku mugambi w'amahoro w'ingingo 20, gucunga by'agateganyo Gaza, no kurekura abantu 48 bafashwe bugwate.