Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
'Bwa mbere' mu Rwanda abaganga babaze indwara y'igicuri 'yari yarananiye imiti'
Ibitaro Kaminuza bya Kigali, CHUK, byatangaje ko uyu munsi ku nshuro ya mbere byabaze umurwayi ufite indwara y'igicuri cyari cyarananiye imiti.
Ibi bitaro bivuga ko uko kubaga kwakozwe n'ikipe y'abaganga bo mu Rwanda no mu mahanga b'inzobere mu buvuzi bw'indwara zo mu mutwe.
Abo baganga bo mu mahanga barimo batandatu;
- Inzobere ebyiri mu kubaga indwara zo mu mutwe
- Abaforomokazi babiri barimo kunononsora iby'indwara zo mu mutwe
- Inzobere mu bizamini bya 'Radio'
- N'umukuru w'ishami ry'igicuri
Bavuye ku bitaro bya Del Mar by'i Barcelona muri Espagne, nk'uko ibi bitaro bibivuga.
CHUK ivuga uko kubaga byakozwe muri gahunda y'icyumweru cyo guhugura kubaga igicuri "ibayeho bwa mbere mu Rwanda" kandi ko abarwayi umunani bazavurwa muri ayo mahugurwa.
"Uko kubaga kwose kurajyana no guhugura bigamije gusangira ubumenyi mu gufasha inzobere [zo mu Rwanda] n'abaganga bo mu gihugu", nk'uko CHUK ibivuga.
Ibitaro Del Mar bivuga ko urugendo rwa ziriya nzobere rwatewe inkunga na leta y'u Rwanda rugamije gufasha iki gihugu guhugura abaganga bo mu Rwanda kubaga indwara y'igicuri.
Kugeza ubu u Rwanda nta muganga w'inzobere mu kubaga igicuri uhari.
Igicuri cyangwa intandara mu Kirundi ni indwara ifitanye isano n'ubwonko kenshi ituma uyirwaye yitura hasi akagagara. Ni indwara iteye ubwoba, ivugwaho byinshi bitari byo gusa ni indwara kenshi ivurwa igakira.
Epilepsy (Igicuri) biva ku ijambo ry'Ikigereki 'epilambaneim' risobanuye 'guterwa bitunguranye', ishobora kuvurwa igakira bitewe n'ubwonko bwayo n'ikiciro igezeho.
Iyo yafashe umuntu akagagara iyo mimerere umuntu ashobora kuyimaramo iminota itarenze itanu, nk'uko urubuga rwa Epilepsy Foundation rubivuga.
Abashakashatsi bibaza ko ibyo biterwa n'uko ingirabuzima fatizo z'ubwonko ziba zihererekanya amakuru ku muvuduko udasanzwe. Gusa kugeza ubu igitera igicuri ntabwo kizwi mu buryo budasubirwaho.
Abarwayi b'igicuri kenshi bahabwa imiti igabanya inshuro gifata umuntu no kugabanya kumuzahaza mu gihe cyamufashe, ni imiti izwi nka 'anticonvulsifs/anticonvulsants.
Iyo miti ifatwa buri munsi mu gihe kigufi cyangwa mu gihe kirekire, igashobora gukiza igicuri burundu kuri bamwe ariko ku bandi ntigikize neza, nk'uko abaganga babivuga.
CHUK ntiyatangaje amakuru arambuye ku murwayi wabazwe kuri uyu wambere, n'uko amerewe nyuma yo kubagwa.