Israel yagabye ibitero bishya kuri Iran mu gihe Amerika yatangaje abasirikare bayo ba mbere bishwe
Israel ivuga ko irimo kugaba ibitero bishya muri Iran, nyuma y'uko icyo gihugu gitangaje ko cyagabye ibitero ku "kigo cy'ubuyobozi" cya Iran ku wa kabiri.
Ibi biraba mu gihe Amerika itangaza ko abasirikare bayo bane biciwe muri Kuwait mu gitero cya 'drone' ku cyumweru, umunsi umwe nyuma yuko Israel na Amerika bagabye ibitero kuri Iran.
Hagati aho, Israel na Hezbollah byakomeje guhangana muri Liban aho barasanaho ibisasu bya misile, mu gihe uyu mutwe w’intagondwa ushyigikiwe na Iran wihorera ku iyicwa ry’umutegetsi w’ikirenga wa Irani Ayatollah Ali Khamenei.
Hezbollah ivuga ko yibasiye ikigo cya gisirikare cya Haifa mu majyaruguru ya Israel.
Igisirikare cya Israel cyavuze nyuma ho gato ko hari ibisasu byinshi byabonetse, kandi ko byinshi byarashwe.
Izindi nkuru wasoma:


