Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ‘ryiyomoye’ ku butegetsi bwa Anglikani ku isi
Umunyarwanda yatorewe kuba umukuru w’ihuriro ry'abanglikani ritemera amwe mu amahame y'ubutegetsi busanzweho bw’iri dini ku isi rikuriwe na Archbishop of Canterbury wo mu Bwongereza.
Reverand Laurent Mbanda yatorewe kuba umukuru wa Global Fellowship of Confessing Anglicans (Gafcon) mu ikoraniro riteraniye muri Nigeria ku wa gatatu nijoro.
Ibyavuye mu itora ryabo byatangajwe uyu munsi, nk’uko bivugwa n’umunyamakuru wa BBC muri Nigeria.
Mbanda asanzwe ari umukuru w’idini Anglikani mu Rwanda.
Aya makuru asobanuye kurushaho gucikamo ibice kw’iri dini Angilikani - rya gatatu rinini ku isi mu madini ya gikristu.
Ibi bibaye kandi mu gihe habura iminsi itatu gusa ngo Sarah Mullally amurikwe kumugaragaro nka Archibishop of Canterbury.
Salah Mullay niwe mugore wa mbere watorewe kuba umukuru wa Anglikani ku isi, imirimo yatangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama(1).
Archibishop of Canterbury ntacyo aravuga ku itorwa rya Mbanda, gusa ubutegetsi bwa Angilikani ku isi mbere bwanenze ishingwa n’ibikorwa bya Gafcon.
Aya matora yashyizeho Rev. Mbanda ni kimwe mu bikorwa bikomeye Gafcon ikoze mu nteko yayo y’uyu mwaka iteraniye i Abuja.
Gafcon ubwayo ivuga ko atari “umutwe wigometse, wo gucamo ibice” kandi ushimangira ko “uhagarariye ba nyamwishi mu bangilikani ku isi”.
Ihuriro rya Gafcon rivuga ko ritarwanya ko Archbishop of Canterbury aba umugore, ahubwo rishinja ubutegetsi bw’iri dini mu Bwongereza kuzana “inyigisho zidasanzwe” mu kwemera kwa Anglikani zitajyanye na bibiliya.
Igikuru muri izo nyigisho ni uguha umugisha abashakaga gushyingirwa bahuje igitsina no kubemerera kuba abapadiri ndetse n’abasenyeri muri iri dini.
Justin Murff, umwe mu bakuriye iri huriro, yabwiye abanyamakuru mu kiganiro kuwa gatatu ko Gafcon atari igice cyiyomoye ku muryango mugari wa Anglikani ku isi, ahubwo ko ari Itorero ry’Ubwongereza ryiyomoye kuri uwo muryango mugari.
Izindi nkuru wasoma: