Kigali: Ihorahabona 'yaburiwe irengero' nyuma yo kugenda agiye gusura umwana we kw'ishuri

Igihe co gusoma: iminota 3

Umugabo wamenyekanye kubera urubanza we na bagenzi be baregamo Umujyi wa Kigali kubimura binyuranyije n'amategeko yaburiwe irengero mu ntangiriro z'uku kwezi nyuma yo kugenda agiye gusura umwana we wiga ku ishuri ryisumbuye.

Umuryango wa Jean de Dieu Ihorahabona uvuga ko ku cyumweru tariki 01 Gashyantare(2) abapolisi babiri bambaye imyenda y'akazi bamuvanye mu modoka irimo abandi bagenzi bakamwinjiza mu yindi ya gisivile bakamutwara, nk'uko bavuga ko babibwiwe n'abari muri iyo modoka.

Kalisa, mukuru we, yabwiye BBC ko kuri uwo munsi wo ku cyumweru, yari afitanye gahunda na murumuna we agarutse avuye gusura umukobwa we ku ishuri riri mu karere ka Rulindo hanze gato ya Kigali werekeza mu majyaruguru y'u Rwanda, ariko akaza kumubura kuri telephone.

Yagize ati: "Bitewe n'uburyo na mbere byari bimeze, uburyo yagendwagaho cyane na za maneko, nahise ngira ikibazo. Ubundi ntabwo telephone ze zijya zivaho…Ubwo rero nahise mvuga nti umuhungu bamushimuse".

BBC yasabye igipolisi cy'u Rwanda hamwe n'urwego rukurikirana ibyaha (RIB) kugira icyo bavuze kuri iki kibazo, ntibasubije kugeza ubu.

Mbere, leta y'u Rwanda yagiye ivuga ko irwanya kandi idakoresha gushimuta abantu mu kibazo icyo ari cyo cyose.

Nk'uruhande rwa leta, Umujyi wa Kigali uvuga ko abantu, barimo Ihorahabona, bimuwe aho bari batuye mu kajagari kandi ko byakozwe mu buryo bukurikije amategeko.

Ihorahabona n'abandi bacye banze kwemera ingurane y'inzu zubatse bahawe na leta n'abashoramari bimuye abantu amagana bari batuye mu gace k'akajagari kari mu midugudu ya Kangondo na Kibiraro mu kagari ka Nyarutarama mu mujyi wa Kigali.

Aciye mu bitangazamakuru, Jean de Dieu Ihorahabona yakomeje kwamagana ibyo we yita "akarengane gakorwa na leta" mu kwimura abantu kandi bagahabwa ingurane kuri bamwe itangana n'imitungo bari bafite muri Kangondo na Kibiraro mu gace gakize cyane ka Nyarutarama.

Urubanza rwe na bagenzi be barega leta, ubu rugeze aho baregera 'akarengane', kandi "yabuze ku cyumweru kuwa mbere azajya ku rwego rw'Umuvunyi" gutanga amakuru ku bibanza by'aho bimuwe "byigaruriwe na bamwe mu bayobozi" nk'uko Kalisa abivuga.

BBC ntiyashoboye kugenzura mu buryo bwigenga ibivugwa na Kalisa ku makuru Ihorahabona yari kujya gutanga ku rwego rw'Umuvunyi.

Kalisa avuga ko we n'umunyamategeko wa Ihorahabona bagejeje ikirego cy'uwabo wabuze ku rwego rushinzwe iperereza ku byaha (Rwanda Investigation Bureau).

Kalisa avuga ko yageze ku rwego rushinzwe iperereza ku byaha (RIB) inshuro zirenze imwe, kandi n'umwe mu babahaye amakuru y'uburyo Ihorahabona yavanywe mu modoka na we yatumijwe akumvwa na polisi na RIB.

Mu myaka ibiri ishize, Ihorahabona Jean de Dieu yagiye avuga ko akurikiranwa n'abantu bakamutera ubwoba ngo areke ikirego we na bagenzi be barega leta.

Mukuru we Kalisa yabwiye BBC ati: "Ihorahabona uko ateye we, icyo wakora cyose ngo umupfukirane k'ukuri yabonye, ntashobora kukwemerera".

Ikibazo cyo kwimura abaturage ba Kangondo na Kibiraro kiri mu byateje impaka zikomeye kuva mu 2017 kugeza batangiye gusenyera bamwe mu 2020 no kubimura mu 2022, "ku ngufu" nk'uko abahatuye babivugaga.

Ihorahabona ni umwe mu banze kwimukira aho bahawe inzu mu gace ka Busanza, n'ubu bagikomeje inzira z'inkiko.