Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko irimo gukorera ‘online’

Ahavuye isanamu, Reuters
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko irimo gukorera ‘online’ “kubera uko umutekano wifashe ubu” muri icyo gihugu.
Qatar iri mu bihugu birimo kuraswaho na Iran mu kwihorera ku bitero nayo irimo kugabwaho n’indege z’intambara na misile za Israel na Amerika.
Bamwe mu banyarwanda baba mu bihugu byibasiwe bagaragaje impungenge zabo no gusaba ubufasha butandukanye burimo kuba bacyurwa iwabo.
Nyuma y’amasaha Ambasade y’u Rwanda itangaje ibi, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ya Qatar yasohoye itangazo ribwira abantu bose “ko ari ngombwa kuguma mu ngo n’inyubako” ko nta gusohoka “uretse gusa igihe biri ngombwa”.
Uyu munsi mu masaha ya kere, iyi minisiteri ya Qatar yatangaje ko ababishinzwe barimo kwimura abantu baturiye Ambasade ya Amerika mu mujyi wa Doha “nk’igikorwa cy’agateganyo mu kwirinda”.
Ambasade y’u Rwanda ikorera i Doha iri mu ntera ya kilometero zigera ku 10 uvuye aho Ambasade ya Amerika iherereye, ntibizwi neza niba abakozi bayo na bo barimo kuvanwa aho bigendanye n’itangazo ry’ubutegetsi bwa Qatar.
Ibitero bya Iran byibasira ibigo bya gisirikare bya Amerika n’ibindi bikorwa remezo bifitanye isano na Amerika mu bihugu byo mu burasirazuba bwo hagati.
Hagati aho, Qatar Airways, kompanyi ya leta y’iki gihugu - inafite imigabane minini muri Rwandair ya leta y’u Rwanda - yatangaje ko ingendo zayo “zikomeje guhagarikwa by’agateganyo” kuko ikirere cya Qatar gifunze.
Abanyarwanda n’Abarundi bari mu bihugu byo mu burasirazuba bwo hagati bakomeje kugirwa inama zo gufata ingamba zo kwirinda cyane cyane bakurikiza amabwiriza bahabwa n’abategetsi bo muri ibyo bihugu.
Umwe mu banyarwanda baganiriye na BBC Gahuzamiryango ku wa gatatu ari mu mujyi wa Dubai, kuri uwo munsi wa kane w’intambara, yagize ati: “Akenshi tubona ibisasu bicaho”, avuga ko biba byerekeza ahari ibigo bya gisirikare bya Amerika.
Uyu avuga ko ibikorwa byinshi muri uwo mujyi w’ubucuruzi wo mu gihugu cya Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu bifunze nubwo hari n’ibindi bikora.
Perezida Donald Trump wa Amerika aherutse gutangaza ko intambara yabo kuri Iran ishobora kumara hagati y’ibyumweru bine na bitanu.
Izindi nkuru wasoma:
- 'Inama ya gicuti' hagati ya Tshisekedi na Kagame - Qatar yabishoboye ite?
- Rusesabagina: Uko Qatar iza mu irekurwa rye
- Nyuma ya Kigali Emir wa Qatar yakiriwe i Kinshasa, ni iki cyaba kimugenza?





