Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Nyuma y'urupfu rwa Ayatollah Ali Khamenei, ni nde urimo kuyobora Iran?
Inama y'Impuguke yatoye Alireza Aarafi, umwe mu bagize itsinda riyoboye akanama gashinzwe umutekano , nk'umwe mu bagize "itsinda ry'abanyamategeko" b'Inama y'agateganyo iyobora Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani.
Ubu, Aarafi amaze gutorwa nk'uhagarariye aka kanama nk'uko biteganywa n'itegeko nshinga. Biteganijwe rero ko iyi nama y'abantu batatu izatangira kuyobora kugeza igihe Inteko Ishinga Amategeko izafata icyemezo ku muyobozi w'ejo hazaza wa Iran.
Amakuru y'itorwa ry'uyu munyamuryango w'inama y'umutekano n'inama y'impuguke yatangajwe n'umuvugizi w'Inama y'Impuguke ariko amakuru yasohotse ntabwo yavuze ku itumizwa ry'inama cyangwa ibisobanuro birambuye by'iyi nama.
Nk'uko biteganywa n'ingingo ya 111 y'Itegeko Nshinga, nyuma y'urupfu rw'Umuyobozi Mukuru w'Ikirenga wa Iran kugeza igihe Inama y'Impuguke ishyizeho umuyobozi mushya, inama y'abantu batatu ni yo ifata inshingano z'Umuyobozi by'agateganyo.
Birumvikana ko iyi nama nta bubasha ifite busesuye, kandi mu bihe bikurikira, ibyemezo byayo bishobora gushyirwa mu bikorwa gusa mugihe byemejwe na bitatu bya kane by'abagize inama y'impuguke.
Aka kanama k'impuguke gashinzwe gushyiraho cyangwa se gukuraho umuyobozi w'Ingabo z'igihugu, Umugaba Mukuru w'i ngabo za Iran (IRGC), cyangwa abayobozi bandi bakuru ba gisirikare n'abashinzwe umutekano muri rusange.
Nyuma y'iyicwa ry'Umugaba Mukuru w'Ingabo, n'abayobozi benshi bo mu rwego rwo hejuru ba gisirikare, Inama y'Ubuyobozi bw'agateganyo ni yo igomba gufata ibyemezo byinshi kuri ibi byemejwe na bitatu bya kane by'abagize Inama Ishinzwe kuyobora Abasirikare.
Bimwe mu bitangazamakuru, harimo na New York Times, byavuze ko hari "ibyiciro bine by'izungura ku bayobozi bakuru" byatekerejweho, mu gihe ibitangazamakuru bishyigikira guverinoma byavuze ko aya makuru ari nk'"intambara n'ihungabana ."
Ebrahim Jabbari, umujyanama w'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Iran ( IRGC), yavuze mu kiganiro cyaciye kuri televiziyo uyu munsi ko Ali Khamenei "yagaragaje inshingano z'ingabo n'abayobozi bamwe na bamwe mu bihe ibyo ari byo byose, kandi ingabo zimaze imyaka myinshi zizi imigambi yazo."
Muri ubu buryo, yemeje mu buryo butaziguye ko iyicwa rya Ali Khamenei nta ngaruka rigomba kugira ku mikorere n'imigambi y'ingabo.
Alireza Aarafi ni nde?
Nk'uko itangazamakuru ryo muri Irani ribivuga, Alireza Aarafi yavutse mu 1955 mu mujyi wa Meybod, mu Ntara ya Yazd. Mohammad Ebrahim Aarafi, yari umuyobozi w'idini ukomeye wo mu gihe cye warwanyaga ubutegetsi bwa Pahlavi kandi yaganiraga n'abayobozi bakomeye bari hafi ya Ayatollah al Khamanei. Nyina yari umukobwa wa Sheikh Kazem Malek Afzal Ardakani.
Alireza Aarafi yize iyobokamana akiri umwana, harimo kwiga Koran, ubuvanganzo n'amategeko y'idini ya Islam, abikura kuri se n'abandi barimu. Yimukiye i Qom mu mwaka w'i 1960, maze arangije amashuri abanza atangira kwiga mu ishuri ry'amasomo yihariye ya Islam 1977.
Nyuma yo kurangiza amasomo y'ibanze , yatangiye kujya mu masomo ajyanye n'i dini mu 1977 ubwo yiganaga n'abayobozi benshi b'idini ry'Abashiite nka Morteza Haeri, Mohammad Fazel Lankarani, Hossein Vahid Khorasani, Javad Tabrizi, Ali Meshkini, na Hassan Hassanzadeh Amoli, ndetse yiga n'amasomo ya filozofiya ya Mohammad Taqi Misbah Yazdi.
Ni umwarimu wigisha mu maseminari na za kaminuza nka Allameh Tabataba'i na Tarbiat Modarres, kandi akayobora ndetse akanatanga inama ku bitabo byinshi by'ubushakashatsi.
Alireza Aarafi yari umunyapolitiki kuva akiri muto, yifatanyije na se mu rugamba rwo kurwanya ubutegetsi bwa Pahlavi. Yatawe muri yombi afite imyaka 16 afungwa igihe gito.
Mu 1979, umuryango witwa "Inama y'Ubuyobozi bw'Abanyeshuri Batari Abanya Irani" washinzwe kugira ngo utegure abanyeshuri badakomoka muri Iran muri Seminari y'i dini ya Islam iri muri Qom. Mu 1986, uyu muryango wahinduye witwa "Ikigo Mpuzamahanga cy'Ubumenyi bwa Kiyisilamu" nyuma yo guhindura imiterere yacyo no kwagura ibikorwa byacyo.
Alireza Aarafi yahawe ubuyobozi bw'ikigo mu 2002 ku mabwiriza ya Ali Khamenei.
Ni umwe mu bagize Inama y'Ubuyobozi ya Kaminuza y'Ubumenyi n'Uburezi bwa Koroni. Aarafi yabaye Imamu muri Meybod kuva mu 1992, agirwa Imamu wo muri Qom mu 1994.
Alireza Aarafi yabaye umunyamuryango wuzuye w'Inama Nkuru ya Iran y'Impinduramatwara y'Umuco kuva mu 2011, kandi mu 2016 yatorewe kuba umuyobozi wa Seminari ya Qom n'umuyobozi w'azaseminari hirya no hino mu gihugu.
Ni umwe mu bagize Ishyirahamwe ry'Abarimu ba Seminari ya Qom, akaba anayobora Seminari y'Abavandimwe b'Abakobwa n'Abavandimwe i Meybod. Bwana Aarafi yiyamamarije amatora y'Inteko Ishinga Amategeko mu 2015 aturutse mu ntara ya Tehran, ariko ntiyashoboye kubona umubare w'amajwi wasabwaga.
Yongeye kugerageza amahirwe ye mu matora y'Inteko Ishinga Amategeko mu 1400 avuye mu Ntara ya Tehran maze agera kuri iyi nteko.
Alireza Aarafi yaje ku mwanya wa mbere mu ntara ya Tehran mu cyiciro cya gatandatu cy'amatora y'Inteko Ishinga Amategeko yabaye muri Werurwe 2023, abona amajwi 888.618.
Bwana Aarafi yagizwe umwe mu bagize Inama y'Umutekano binyuze mu itegeko ryatanzwe na Ali Khamenei ku ya 14 Nyakanga (7), 2019.
Uko yazamutse kugeza kuba umuyobozi wa w'i nama yagateganyo y'ubuyobozi
Kugeza mu myaka mike ishize, abantu bake ni bo bari bamaze kumva ibya Alireza Aarafi. Mumakuru , yari afite izina rya "Hujjat al-Islam", ariko ubu yitwa "Ayatollah".
Muri Werurwe 2023, mu matora ya gatandatu y'Inteko Ishinga Amategeko y'Impuguke, wenda abasesenguzi bake ni bo bari bashoboye kuvuga ko azatsinda mu ntara ya Tehran, mu bantu nka Mohammad Ali Movahedi Kermani.
Alireza Aarafi yari yizewe na Ali Khamenei kandi yafatwaga nk'umwe mu nshuti ze za hafi. Isano ya hafi n'icyizere cy'Umuyobozi wa Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani byatumye atera imbere buhoro buhoro, kugeza aho izina rye ryavuzwe nk'imwe mu mahitamo yo gusimbura Ali Khamenei.
Ibitekerezo bya Bwana Aarafi ku bijyanye na politiki y'ububanyi n'amahanga n'ibibazo by'imbere mu gihugu byahuye na politiki yatangajwe n'Umuyobozi wa Repubulika ya Kiyisilamu.
Ubwo yasubizaga ku mugambi wa Mohammad Khatami wo "kwiyunga n'igihugu" ku ya 19 z'u kwezi Kwakabiri 2016, yasabye kandi abanenga guverinoma "kwihana no gusaba imbabazi."
Mur kwa Karindwi 2017, mu nyigisho yatanze mu Musigiti muri Qom, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari "ikiraro cy'ihohoterwa ry'uburenganzira bwa muntu" ku isi.
Byagaragaye ko mu myaka ya vuba aha Alireza Aarafi yabaye umwe mu bantu bagize uruhare runini mu miterere y'idini na politiki bya Repubulika ya Kiyisilamu ya Iran.
Inshingano yahawe , mu bigo mpuzamahanga by'uburezi bya Kiislam, no mu Nteko Ishinga Amategeko, hamwe n'icyizere cya Ali Khamenei, byamwubakiye umwanya wazamujye izina rye mu mahitamo ashobora kugaragara mu buyobozi bw'ejo hazaza.
Kubera ko abayobozi b'amadini bo mu gisekuru cya mbere bagiye bazamuka buhoro buhoro, umwanya wa Araf wahawe agaciro kurusha mbere hose, kandi uruhare rwe mu iterambere ry'ejo hazaza mu miterere y'ubutegetsi rushobora kugaragara cyane.