Perezida wa
Kenya arimo kunengwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma y’uko yanditse
yamagana ibitero birimo gukorwa na Iran ku bihugu byo mu karere k’uburasirazuba
bwo hagati.
Ku nshuro
ya mbere avuga kuri iyi mirwano yatangiye ku wa gatandatu, William Ruto
yanditse ku rubuga X mu gitondo kuri uyu wa mbere ko “Kenya yamaganye ibitero
kuri Emira z’Abarabu, Arabia Saoudite, Iraq, Oman,
Kuwait, Jordan na
Bahrain”.
Iran ivuga
ko irimo kurasa ku bigo bya gisirikare bya Amerika biri muri ibi bihugu.
Perezida Ruto
avuga ko “guhindura iyi ntambara iy’akarere” bishyira mu kaga gakomeye amahoro
n’umutekano ku rwego mpuzamahanga, asaba impande bireba “kujya vuba mu biganiro”.
Kuba atamaganye
ibitero kuri Iran, ntanihanganishe Iran – igihugu gifitanye ubucuti na Kenya –
ku iyicwa ry’umutegetsi w’ikirenga wayo Ali Khamenei byarakaje bamwe mu
banya-Keya.
Umwe
yanditse ati: “Mr President ntiwigeze wihanganisha ku rupfu rwa Imaam Khamenei,
Iran yari inshuti yacu”.
Undi ati: “Ibi
birenze ubushobozi bwawe Mr President. Fata popcorn zawe urebe umukino w’abahungu
bakuru”.
Undi nawe
ati: “Wa mugabo we, urashaka ko natwe batuzira? Reka izo ntambara si izacu.
Reba iby’amazu aciriritse [umushinga uvugwa cyane muri Kenya]…na politike za
hano. Muri macye reba ibyo ushoboye.”
Undi ati: “Ese
Kenya hari icyo yavuga kuri US na Israel?”
Gusa si
bose bamunenze, undi yanditse ati: “Uvuze neza Mr President, igisubizo kiganisha
ku mahoro kirakenewe aka kanya.”
Kugeza ubu
uretse Ruto, abandi bakuru b’ibihugu byo mu karere Kenya irimo hafi ya bose
birinze kuvuga kuri iyi ntambara mu burasirazuba bwo hagati, yaba kwihanganisha
Iran cyangwa kwifatanya na Amerika na Israel.