Sudani: Abarundi bariyo bavuga ko batereranywe, leta yabo ikabihakana
Intambara iri muri Sudani yatumye amaguverinoma y'ibihugu bitandukanye ashyashyana mu gusiganwa n'igihe kugira ngo atabare abaturage bayo.
Bamwe mu Barundi baba cyangwa bakoreraga muri Sudani bakomeje gutabaza.
Prudent Nsengiyumva yavuganye na Shadia Irakoze amaze kugera mu mujyi wa Port Sudan ari kumwe n'abandi bahunganye (Umva icyo kiganiro aho hejuru).
Ariko leta y'u Burundi yo ivuga ko ikora ibishoboka byose kugirango ibafashe kugera ahantu hari umutekano.
Ambasaderi w'u Burundi mu gihugu cya Misiri, Rachid Malachie Niragira, yabwi ye BBC ko abarundi basigaye muri Sudani batarenga batanu, kandi ko barimo kubafasha.








