Madagascar: Inkubi y'umuyaga yishe abantu 31

    • Umwanditsi, Jean Otalor
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Abantu 31 bishwe n'inkubi y'umuyaga ikaze yibasiye Madagascar, nk'uko byatangajwe n'ikigo gishinzwe gucunga ibiza kuri icyo kirwa giherereye mu Nyanja y'Abahinde.

Ibiro bishinzwe gucunga ibiza byavuze ko hari "akajagari k'indengakamere". Inzu nyinshi zasenyutse aho uwo muyaga washegeshe, habonetse imirambo.

Imidugudu myinshi yasigaye mu mwijima nyuma y'uko insinga z'amashanyarazi zacitse, ibiti byahirimye mu mihanda ndetse n'amabati y'inzu yagurukijwe n'umuyaga.

Koloneri (Col) Michael Randrianirina, utegeka igihugu kuva mu Kwakira (10) mu 2025, yabibwiye ibiro ntaramakuru AFP ati:

"Ibyabaye ni ibyago bikomeye; hafi 75% by'Umujyi wa Toamasina byasenyutse."

Inkubi y'umuyaga ya Gezani (cyclone Gezani) yibasiye ako gace kuva ku wa kabiri, yangiza cyane icyambu kinini cya Madagascar, cyitwa Toamasina.

Col Randrianirina yongeyeho ati: "Uko ibintu bimeze ubu birenze ubushobozi bwa Madagascar yonyine."

AFP yasubiyemo ibyatangajwe n'ikigo gishinzwe iteganyagihe ry'inkubi z'umuyaga (CMRS) giherereye ku kirwa cya Réunion cy'Ubufaransa, cyavuze ko iyi nkubi y'umuyaga ishobora kuba ari imwe mu zikomeye cyane zibasiye uyu mujyi n'inkengero zawo, kuva imiyaga yatangira kugenzurwa mu buryo bukoresheje icyogajuru.

Ibiro by'igihugu bishinzwe gucunga no gukumira ibiza byatangaje ko abantu benshi bapfuye ubwo inzu zahirimaga.

Iyi nkubi y'umuyaga yiswe Gezani yibasiye umujyi wa Toamasina, wa kabiri ukomeye muri Madagascar, ikaba yari ifite umuvuduko ugera kuri kilometero 250 ku isaha.

Rija Randrianarisoa, ukuriye ibikorwa byo guhangana n'ibiza mu muryango utabara imbabare (Action Against Hunger), yabwiye AFP ati: "Ni akajagari gusa, 90% by'ibisenge by'inzu byahushywe bivaho, burundu cyangwa mu buryo bw'igice."

Ibiro bya Madagascar bishinzwe gucunga ibiza byatabaye abantu babarirwa muri za mirongo bakomerekeye muri iyo nkubi, ndetse byimura amagana y'abaturage mu gace gakikije Toamasina, umujyi utuwe n'abagera ku 400,000.

Abatuye muri Toamasina no mu nkengero zaho bavuze ko babonye ibihe biteye ubwoba kandi bikomeye ubwo inkubi y'umuyaga yageraga ku butaka.

Harimanga Ranaivo yabwiye ibiro ntaramukuru Reuters ati: "Sinigeze mbona umuyaga ukaze utya… Inzugi n'amadirishya bikozwe mu cyuma, ariko birimo kujegezwa cyane."

Gezani ni inkubi y'umuyaga ya kabiri yibasiye Madagascar muri uyu mwaka.

Ije hashize iminsi 10 indi nkubi y'umuyaga yiswe Fytia yishe abantu 14, abasaga 31,000 ikabavana mu byabo nk'uko byatangajwe n'ibiro by'Umuryango w'Abibumbye bishinzwe ibikorwa by'ubutabazi.

Mbere y'uko iyo nkubi igera ku butaka, abategetsi bafunze amashuri kandi bihutira gutegura ahantu ho kwakirira abahunga ibiza.

Mu gitondo cyo ku wa gatatu, ikigo gishinzwe iteganyagihe muri Madagascar cyatangaje ko Gezani yari yagabanyije ubukana, ihinduka umuyaga usanzwe uri ku rugero ruciriritse, kandi ko yerekeje mu burengerazuba bw'igihugu, mu ntera ya kilometero 100 mu majyaruguru y'umurwa mukuru, Antananarivo.

Icyo kigo cyagize kiti: "Uyu munsi [ejo ku wa gatatu] Gezani irambuka mu misozi miremire yo hagati mu gihugu, iva mu burasirazuba ijya mu burengerazuba, mbere yo kuva mu nyanja ikerekeza mu muhora wa Mozambique [Mozambique Channel] ku mugoroba cyangwa nijoro."

AFP itangaza ko buri mwaka igihe cy'inkubi z'umuyaga mu Nyanja y'Abahinde mu gice gikikije Madagascar, ubusanzwe gihera mu Gushyingo (11) kikarangira muri Mata (4), ndetse kikabamo imiyaga irenga 10.