Rwanda: Amerika ivuga ko izima 'visa' abategetsi bakuru 'babangamira amahoro mu karere'

    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC News Gahuzamiryango
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Amerika yatangaje ko izima impushya (visa) zo kwinjira muri icyo gihugu abategetsi benshi bo ku rwego rwo hejuru b'Abanyarwanda kubera "guteza umutekano mucye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo [DRC]".

Itangazo rya Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio ryo ku wa gatanu rigira riti: "Mu gukomeza gufasha M23 no kurenga ku masezerano ya Washington, aba bantu barimo guteza urugomo no guhungabanya umutekano w'Akarere kose k'Ibiyaga Bigari."

Amasezerano y'amahoro ya Washington yashyizweho umukono ku itariki ya 4 Ukuboza (12) mu 2025, hagati ya Perezida w'u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa DRC Félix Tshisekedi.

Amerika ntiyatangaje amazina y'abo bategetsi bo hejuru bo mu Rwanda izima 'visa'.

Nta cyo leta y'u Rwanda yahise itangaza kuri ibi bishya bitangajwe na leta y'Amerika.

Inzobere z'Umuryango w'Abibumbye, DRC n'ibihugu byinshi byo mu burengerazuba bw'isi bashinja u Rwanda gufasha umutwe w'inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa DRC, mu kuwuha abasirikare, ibikoresho n'amategeko.

Leta y'u Rwanda ihakana gufasha umutwe wa M23, ikavuga ko yashyizeho "ingamba z'ubwirinzi". Mu ntangiriro y'uyu mwaka, ambasaderi w'u Rwanda muri Amerika yemeje ko u Rwanda rufitanye ubufatanye na M23 mu by'umutekano.

Minisitiri Rubio avuga ko Amerika yiteze ko impande zose z'amasezerano ya Washington "zishyira mu bikorwa mu buryo bwuzuye ibyo ziyemeje, birimo n'uko DRC irandura aka kanya umutwe witwaje intwaro wa FDLR n'imitwe ifitanye isano na wo u Rwanda narwo rugakura ingabo zarwo n'ibikoresho muri DRC.

"Icyo gihe gusa ni bwo amahirwe menshi cyane y'ubukungu y'akarere k'Ibiyaga Bigari azagerwaho.

"Abantu bemezwa ko bagira uruhare, ubufatanyacyaha, cyangwa mu buryo butaziguye cyangwa buziguye barimo guhungabanya cyangwa kubangamira amahoro arambye mu karere k'Ibiyaga Bigari bizabagiraho ingaruka."

Amerika itangaje ibi nyuma yuko ku wa mbere ifatiye ibihano ingabo z'u Rwanda (RDF) n'abasirikare bakuru bane bo mu rwego rwa Jenerali kubera "ubufasha mu bikorwa butaziguye" ku mutwe wa M23.

Abo basirikare ni:

  • Umugaba mukuru w'ingabo z'u Rwanda Jenerali (Gen) Mubarakh Muganga
  • Umugaba w'ingabo zirwanira ku butaka Jenerali Majoro (Maj Gen) Vincent Nyakarundi
  • Maj Gen Ruki Karusisi ukuriye diviziyo ya gatanu wahoze ari umukuru w'umutwe w'ingabo zikora ibikorwa byihariye (Special Operations Force)
  • Brigadiye Jenerali (Brig Gen) Stanislas Gashugi, umukuru w'umutwe w'ingabo zihariye

Leta y'u Rwanda ivuga ko ibabajwe n'ibyo bihano by'Amerika "byibasira uruhande rumwe gusa birurenganya".

Leta ya DRC yashimye ibyo bihano ivuga ko ari "ikimenyetso gikomeye mu gushyigikira iyubahirizwa ry'ubusugire bw'ubutaka bwa RDC".

Ni byo bihano bya mbere bikomeye by'Amerika kuri RDF no ku bo hejuru cyane mu ngabo z'u Rwanda kuva intambara yo mu burasirazuba bwa DRC hagati ya M23 n'ingabo za Congo (FARDC) itangiye.

Intambara mu burasirazuba bwa DRC yongeye kwaduka kuva mu mpera y'umwaka wa 2021 nubwo imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura.

Umutwe wa M23 ugenzura ibice byinshi byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru no mu ntara ya Kivu y'Epfo, birimo n'imijyi ya Goma na Bukavu.