Umurongo ngenderwaho ku isi ushingiye ku mategeko 'ntukibaho' – umutegetsi w'Ubudage

Ahavuye isanamu, EPA/Shutterstock
- Umwanditsi, Jaroslav Lukiv
- Igihe co gusoma: iminota 6
Umutegetsi mukuru (Chancellor) w'Ubudage yaburiye abari mu nama mpuzamahanga yiga ku mutekano ko umurongo ngenderwaho ku isi ushingiye ku mategeko "ntukibaho".
Mu ijambo yavuze ku wa gatanu atangiza inama ngarukamwaka yiga ku mutekano ibera i Munich, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw'Ubudage, yitwa 'Munich Security Conference', Friedrich Merz yabwiye abandi bategetsi bo ku isi ko "ubwisanzure bwacu ntibwizewe" muri iki gihe cya politike ishingiye ku mbaraga z'ibihugu bikomeye, anavuga ko Abanyaburayi bagomba kwitegura "kwigomwa".
Yanemeye ko hari "itandukaniro rikomeye ryaravutse hagati y'Uburayi na Leta Zunze Ubumwe [z'Amerika]".
Ku wa gatandatu, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio yavuze ko hacyenewe amavugurura no kugira ibyubakwa bundi bushya.
Iyi nama irimo kuba nyuma yuko Perezida w'Amerika Donald Trump ateje inkeke ku busugire bwa Denmark, bijyanye n'ikirwa cyayo cya Greenland, kiri mu mpera ya ruguru y'isi, agasezeranya ko azacyomeka kuri Amerika, n'imisoro ku bicuruzwa byinjira muri Amerika bivuye mu bihugu by'i Burayi.
Minisitiri Rubio yari ateze amatwi ijambo rya Merz ku wa gatanu, ndetse mbere yaho yavuze ko isi iri mu "gihe gishya cya politike mpuzamahanga".
Abategetsi bagera kuri 50 bo ku isi bitezwe kwitabira iyi nama y'uyu mwaka y'i Munich, ahaganirirwa ubwirinzi (umutekano) bw'Uburayi n'ejo hazaza h'umubano w'Uburayi n'Amerika.
Iyi nama ibaye mu gihe hari amakenga ku byo Amerika yiyemeje mu muryango wo gutabarana w'Uburayi n'Amerika (OTAN/NATO). Icyifuzo gikomeye cya Trump cyo kugira Greenland na cyo cyafashwe n'abategetsi benshi b'i Burayi nk'impinduka ikomeye yashegeshe icyizere bafitiye iyi nshuti yabo ya mbere ikomeye cyane.
Ku wa gatanu, ari hanze y'ibiro bye bya White House, Trump yabwiye abanyamakuru ati: "Greenland igiye kudushaka... Tubanye neza n'Uburayi. Tuzareba uko bizagenda. Aka kanya turimo kuganira kuri Greenland."
Intambara hagati y'Uburusiya na Ukraine, ubushyamirane hagati y'uburengerazuba bw'isi (Uburayi n'Amerika) n'Ubushinwa, hamwe n'amasezerano kuri nikleyeri ashobora kugerwaho hagati ya Irani n'Amerika, na zo ni ingingo ziri ku murongo w'ibyigwa muri iyi nama ngarukamwaka.
Mu gukomoza ku kuburira kwinshi kwabayeho mbere ko umurongo ngenderwaho ku isi ushingiye ku mategeko urimo guhirima, Merz yabwiye iyo nama ati: "Mfite ubwoba ko ahubwo tugomba kubivuga mu buryo bweruye kurushaho: uyu murongo, nubwo wari ufite inenge bwose n'igihe wari umeze neza cyane, ntukibaho muri iyo shusho."
Yanavuze ko "imanga, itandukaniro rikomeye ryaravutse hagati y'Uburayi na Leta Zunze Ubumwe [z'Amerika]. Visi Perezida [w'Amerika] JD Vance yarabivuze ku mugaragaro cyane hano i Munich mu mwaka ushize".
Merz yongeyeho ati: "Yavugaga ukuri. Umuco w'intambara w'inkubiri ya Maga [intero yo mu Cyongereza ivuga ngo kongera kugira Amerika igihangange, 'Make America Great Again'] si iyacu. Ubwisanzure bwo kuvuga icyo umuntu atekereza burangirira hano kuri twe iyo icyo umuntu avuga kinyuranyije n'icyubahiro cya muntu n'itegekonshinga. Ntitwemera imisoro ku bicuruzwa byinjira [mu gihugu] no kurinda ubucuruzi, ahubwo twemera ubucuruzi bwisanzuye [bufunguye]."
Mu mwaka ushize, Vance yibasiye Uburayi, harimo n'Ubwongereza, kuri gahunda zabwo zijyanye n'ubwisanzure mu kuvuga icyo umuntu atekereza, ndetse n'izijyanye n'abimukira. Ijambo rye ryabaye imbarutso y'ubushyamirane butari bwarigeze bubaho, ubu bumaze umwaka, hagati y'Amerika n'Uburayi.
Ariko Merz ntiyakuyeyo amaso ku bufatanye bumaze imyaka za mirongo hagati y'Uburayi n'Amerika, ahubwo yinginze Amerika mu buryo butaziguye agira ati: "Mureke dusane ndetse tuzahure icyizere cyambukiranya Atlantika [cyo hagati y'Uburayi n'Amerika]."
Uyu mutegetsi mukuru w'Ubudage yanahishuye ko hari "ibiganiro byo mu ibanga" birimo kuba hagati ye na Perezida w'Ubufaransa Emmanuel Macron ku gushyiraho uburyo buhuriweho bwo kwirinda inkeke z'ibitero by'intwaro kirimbuzi za nikleyeri. Nta makuru arambuye yatanze kuri iyo ngingo.
Ubufaransa n'Ubwongereza ni byo bihugu bibiri byonyine bifite intwaro kirimbuzi za nikleyeri i Burayi – ariko Ubudage n'ibindi bihugu byinshi by'i Burayi ubusanzwe byabaga byizeye kurindirwa mu mutaka w'intwaro kirimbuzi za nikleyeri w'Amerika binyuze mu muryango wo gutabarana wa OTAN.
Mu ijambo yagejeje kuri iyi nama nyuma yaho ku wa gatanu, Macron yashimangiye gusaba Uburayi "kwiga kuba igihangange mu bya politike", bijyanye n'umurongo mushya w'imitegekere y'isi.
Yavuze ko Uburayi bwamaze gutangira kongera kwisuganya mu ntwaro nyuma y'igitero gisesuye cy'Uburusiya kuri Ukraine cyo mu 2022 – ariko ashimangira ko "tugomba kongera umuvuduko" no gukorera hamwe nk'umugabane.
Perezida Macron, wasobanuye intambara yo muri Ukraine nk'"ingorane ku kubaho" kw'Uburayi ubwabwo, yashishikarije abandi kutemera "ibisabwa n'Uburusiya" – ahubwo bakongera igitutu ku Burusiya kugira ngo hagerwe ku mahoro arimo ubutabera.
'Amerika n'Uburayi biri kumwe' – Minisitiri Rubio

Mu ijambo rye ku wa gatandatu, Minisitiri Rubio yavuze ko "Leta Zunze Ubumwe [z'Amerika] n'Uburayi biri kumwe", avuga ko bifitanye umubano ukomeye ushinze imizi mu mateka.
Yongeyeho ati: "Ibizaba ku Burayi ntibizigera na rimwe biba ibidafite aho bihuriye n'ibyacu."
Ku kibazo kijyanye n'ubufatanye bw'Uburayi n'Amerika, Rubio yavuze ko Trump ashaka gukosora ibitagenda mu muryango wo gutabarana w'Uburayi n'Amerika.
Rubio yatangiye agira ati: "Ntidushaka inshuti z'intege nkeya", avuga ko ahubwo Amerika ishaka kubona Uburayi bushobora kwirwanaho "kugira ngo ntihagire umwanzi n'umwe uhirahira mu kugerageza [gushotora] imbaraga zacu hamwe".
Mu ijambo yakomewemo amashyi, Rubio yavuze ko isi idacyeneye kuva mu buryo bw'ubufatanye mpuzamahanga cyangwa ngo isenye inzego mpuzamahanga zo mu murongo ngenderwaho ushingiye ku mategeko wa kera.
Ariko yavuze ko bigomba kuvugurwa no kubakwa bundi bushya.
Yongeyeho ko Umuryango w'Abibumbye (ONU) ugifite ububasha bwo kuba igikoresho cy'ineza ku isi ariko ko utasubije bimwe mu bibazo byihutirwa cyane byo muri iki gihe.
Yatanze urugero rwuko byasabye Amerika kugira ngo hagerwe ku gahenge k'intege nkeya kariho muri Gaza, ndetse ko byasabye ubutegetsi bw'Amerika kugira ngo Ukraine n'Uburusiya bijye ku meza y'ibiganiro.
'Tugomba kugirana umubano n'Ubushinwa'
Rubio yanavuze ko bicyenewe ko Amerika n'Ubushinwa bigirana umubano kuko ari byo bihugu bibiri bifite ubukungu bukomeye cyane ku isi, ndetse ko bifite inshingano yo kuganira.
Yavuze ko inyungu z'umutekano w'igihugu zabyo akenshi zitazahura ariko ko Amerika n'Ubushinwa bifite inshingano yo kubigirira isi kugira ngo bigerageze kumvikana kuri ibyo.
Ariko yongeyeho ko hari n'amahirwe yo gutanga umusanzu mwiza ku isi.
Rubio yagize ati: "Tugomba kugirana umubano n'Ubushinwa", ariko yongeyeho ko nta kintu na kimwe Amerika yakwemera cyaba kirimo ingaruka ku nyungu zayo nk'igihugu.
Yavuze ko hazaba bimwe bizateza uburakari mu mubano w'Amerika n'Ubushinwa, ndetse ko hazakomeza kubaho ingorane zimwe z'ibanze, ariko ko Amerika ikwiye "kugerageza kwirinda amakimbirane atari ngombwa".
Mbere y'iyi nama y'i Munich, Minisitiri Rubio yaburiye ko "isi irimo guhinduka mu buryo bwihuse cyane [hano] imbere yacu". Yari abajijwe niba ubutumwa bwe ku Burayi buzaba burimo kwiyunga cyane kurusha ibyo Visi Perezida Vance yavuze mu mwaka ushize.
Rubio yagize ati: "Turimo kuba mu gihe gishya cya politike mpuzamahanga, kandi bigiye kudusaba twese kugira ukuntu twongera gusuzuma uko ibyo bimeze n'uko uruhare rwacu rugiye kuba rumeze."
Mu mezi ya vuba aha ashize, ubushyamirane bwariyongereye, ubwo Trump yakomezaga kuvuga ko Greenland ari ingenzi cyane ku mutekano w'igihugu w'Amerika. Yavuze, nta gihamya atanze, ko Greenland "yuzuyemo amato y'Uburusiya n'Ubushinwa ahantu hose".
Mbere yaho ku wa gatanu, Minisitiri w'intebe wa Denmark Mette Frederiksen yavuze ko ateganya guhura na Minisitiri Rubio bakaganira ku nkeke z'Amerika zo gufata Greenland, ikayambura iyo nshuti yayo yo muri OTAN.













