Laurent Gbagbo arasubira muri Ivory Coast 'muri uku kwezi'

Laurent Gbagbo wigeze kuba Perezida wa Côte d'Ivoire yahawe urwandiko rw'inzira (passport) rw'icyo gihugu, rumwemerera gusubira iwabo akava mu buhungiro.

Aba mu Bubiligi kuva mu mwaka ushize ubwo yagirwaga umwere ku byaha byo mu ntambara n'urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC).

Bwana Gbagbo w'imyaka 75, yahawe 'passport' isanzwe na 'passport' ihabwa abategetsi bakuru (diplomatic passport).

Avuga ko azasubira mu gihugu cye cy'amavuko muri uku kwezi.

Ntabwo biramenyekana icyo azakora nahagera, ariko amaze igihe anenga bikomeye Perezida Alassane Ouattara, uherutse gutorerwa manda ya gatatu itavugwaho rumwe bigateza urugomo mu gihugu.