Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Umurundi ni imfungwa y'intambara muri Ukraine - yagiye aziko agiye "kwiga engineering" mu Burusiya yoherezwa ku rugamba
Umusore w'imyaka 32 uvuga ko ari Umurundi ni imfungwa y'intambara muri Ukraine nyuma yo kujya mu Burusiya azi ko agiye kwiga ariko nyuma y'amahugurwa yo kurasa no gutera grenade akoherezwa mu ntambara i Donesk muri Ukraine, nk'uko abivuga.
Mu buhamya yatanze mu Kirundi bwateguwe bugatangazwa n'ikinyamakuru United24 Media cy'ibiro bya Perezida wa Ukraine gitangaza amakuru kuri iyi ntambara abogamiye ku ruhande rwa Ukraine.
Jean Bosco Akimana avuga ko atabonye amahirwe yo gukomeza amashuri ya kaminuza mu Burundi, ariko yavuganye n'umugabo witwa Elias akamwizeza amahirwe yo kwiga mu Burusiya.
BBC ntiyabashije kugenzura mu buryo bwizewe ibivugwa na Akimana, kandi uruhande rwa leta y'u Burundi ruvuga ko rwamenye ikibazo cy'uyu musore ariko ntacyo ruragitangazaho.
Ubuhamya bwe buriyongera ku bw'urundi rubyiruko rw'abanyafurika rwijejwe akazi, amashuri cyangwa umushahara mwiza rukisanga mu ntambara muri Ukraine rurwanira Uburusiya. Bamwe muri bo bahasize ubuzima.
Akimana avuga ko nyuma yo kohereza 'passport' ye no kubona ibyangombwa, yagiye mu Burusiya. Ko nubwo yari azi ko hari intambara hagati y'iki gihugu na Ukraine ariko atari azi ko "n'umunyeshuri ashobora koherezwa ku ntambara".
Yongeraho ko yizejwe gusubizwa 2,000$ (hafi miliyoni 6 z'amafaranga y'amarundi) ya tike y'indege yatanze yamugejeje mu Burusiya, ariko ko agezeyo ntayo yigeze ahabwa.
BBC Gahuzamiryango izi 'network' y'abantu bashishikariza urubyiruko rw'abarundi kujya mu Burusiya, kwiga cyangwa se guhabwa akazi gatandukanye, ndetse bamwe bagatanga amafaranga kugira ngo babigereho.
Mu kwezi gushize, BBC yatangaje ibyo yabonye ku mugore witwa Polina Alexandrovna Azarnykh ukoresha imbuga nkoranyambaga mu gushishikariza urubyiruko rwo mu bihugu birimo n'ibya Afurika kwinjira mu gisirikare cy'Uburusiya arwizeza umushahara ugera ku $3.000 (hafi miliyoni 9 Fbu), bamwe mu bo yabashije kujyana baguye ku rugamba.
Kuri iki kibazo, leta ya Kenya yabwiye BBC ko izavugana n'Uburusiya kubera amakuru akomeje kwiyongera y'abaturage bayo barimo kujyanwa n'iki gihugu ku rugamba muri Ukraine.
Uretse uwitwa Elias, Akimana ntabwo avuga abandi bamujyanye abo ari bo, gusa avuga ko yari yizejwe kwiga 'Civil Engineering' muri kaminuza i Moscow, kandi bagiye ari abasore babiri b'Abarundi, bazi ko bagiye kwiga.
Bageze i Moscow avuga ko bahise bajyanwa mu mujyi wa Orel aho bageze ku wa 11 Ugushyingo(11) umwaka ushize, nyuma yo kuruhuka bagasinyishwa inyandiko ziri mu Kirusiya.
Ati: "Tumaze gusinya, twarasohotse dusanga imodoka ya gisirikare iradutegereje".
Avuga ko bahise berekeza ku nkambi ya gisirikare bagahabwa impuzankano za gisirikare. Ko umwe mu bo bahahuriye wo muri Pakistan ari we wamusobanuriye ko bagiye kujya ku rugamba.
Uwo wo muri Pakistan yabwiye Akimana ko nyuma y'aya masezerano bazishyurwa $27,300, ariko Akimana akavuga ayo mafaranga ntayo bahawe, gusa ko kuri telephone bari bahawe babonye hajyaho ama-roubles 4,800 (hafi $60) agera kuri konti bari bafunguriwe.
Yongeraho ko we na bagenzi be b'Abarundi bari babaye batatu, bari bafite ubwoba kandi nta muntu ubasha kumva ururimi rwabo ngo bamubwire ko badashaka kujya mu ntambara.
Nyuma y'imyitozo y'ibyumweru bibiri "birengaho iminsi micye", Akimana avuga ko we na bagenzi be boherejwe ku rugamba i Donesk muri Ukraine, gusa ko we atashakaga kurwana, ati: "Nifuzaga gucika".
Ku rugamba, avuga ko yamaze "iminsi 10 cyangwa irenga", nta mazi nta n'ibyo kurya bafite, maze akaza kwishyikiriza ingabo za Ukraine, aho bamwatse telefone na 'passport' ye, bakamujyana gufungwa.
Akimana avuga ko hari amatangazo menshi ahamagarira urubyiruko rw'Abanyafurika kujya kwiga mu Burusiya, ati: "Mwitonde. Mushobora kwisanga ku rugamba".
BBC yabajije uruhande rwa leta y'u Burundi niba ruzi ikibazo cya Akimana, ruvuga ko rwabibonye ku mbuga ariko nta cyo rurabasha kubivugaho muri aka kanya.
Akimana yasabye leta ya Ukraine n'abaharanira uburenganzira bwa muntu "kumfasha gusubira i Burundi niba bishoboka".