Malawi ntiyemeranya n'u Rwanda ku mazina y'abo rushaka ko boherezwa

Guverinoma ya Malawi iravuga ko izohereza Abanyarwanda bagera kuri 55 bashinjwa ibyaha by'intambara mu Rwanda.

Abategetsi baravuga ko abo bantu basabwe n'u Rwanda.

Ariko ngo amazina u Rwanda rwatanze, ntaboneka ku rutonde rw'ababa mu gihugu nk'impunzi, bigakekwa ko bashobora kuba barahinduye imyirondoro.

Umuvugizi wa minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu muri Malawi, Patrick Botha, avuga ko hazabanza gukorwa iperereza rifatanyije na leta y'u Rwanda mu gutahura abo bashakishwa mbere yo koherezwa i Kigali.

Hagati aho, mu mpera z'iki cyumweru gishize Malawi yohereje mu Rwanda, Théoneste Niyongira bita Kanyoni, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumushinja uruhare muri jenoside mu cyahoze ari komine Ndora muri Butare.

Ibi bihuriranye kandi n'imikwabo icyo gihugu kimaze iminsi gikora mu mijyi itandukanye, yo gufata impunzi ziganjemo abanyarwanda, abarundi n'abanyecongo, bakazijyana mu nkambi ya Dzaleka.

Prudent Nsengiyumva yavuganye na Bwana Botha atangira ahakana ko nta mpunzi z'Abanyarwanda zirukanywe (umva icyo kiganiro aho hejuru).

Inkambi ya Dzaleka

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Malawi ishaka kohereza impunzi zose mu nkambi ya Dzaleka