Bwa mbere mu mateka umugore wa Perezida wa Amerika agiye kuyobora akanama gashinzwe amahoro ka Loni

Ahavuye isanamu, Reuters
Melaniya Trump agiye kuyobora inama y'akanama gashinzwe amahoro ka Loni akazaba yanditse amateka akomeye atarigeze akorwa n’undi mugore wa perezida wa Amerika, nk’uko umuvugizi w'Umuryango w’Abibumbye (Loni), Stephane Dujarric, yabitangarije abanyamakuru.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva muri Werurwe(3) 2026, zizatangira kuyobora ku buryo bw’igihe gito Akanama gashinzwe amahoro ka Loni, kagizwe n’ibihugu 15 nk’uko byatangajwe na White House/Maison Blanche (Ibiro by'umukuru w'igihugu cya Amerika).
Ibi bibaye mu gihe Perezida Trump yakomeje kunenga Loni, avuga kenshi ko uwo muryango mpuzamahanga ugizwe n’ibihugu 193 utaragera ku ntego n’ubushobozi byawo, ibintu byanatumye afata icyemezo cyo gukura Amerika ayoboye mu miryango imwe n’imwe ya Loni,
Amerika kandi ifitiye United Nations amadeni abarirwa muri za miliyari z’amadolari. Kugeza mu ntangiriro z’uku kwezi, ubuyobozi bwa Trump ntibwari bwari bwishyura imisanzu yabwo iteganywa mu ngengo y’imari isanzwe ya Loni ya 2025, uretse miliyoni 160 z’amadolari yigeze gutanga, ni ukuvuga hafi 4% by’amafaranga agera kuri miliyari hafi enye z’amadolari Amerika ibereyemo Loni muri rusange, harimo n’ayagenerwaga ibikorwa byo kubungabunga amahoro.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres, mu mpera z’ukwezi gushize yihanangirije ko Loni ishobora guhura n’“ihungabana rikomeye ry’imari riri hafi kuba” niba amategeko agenga imari atavuguruwe cyangwa ngo ibihugu byose bigize uwo muryango byishyure imisanzu yabyo.
Abakurikiranira hafi ibi, baribaza uko Melania Trump azabigenza ngo akanama ka Loni gashinzwe amahoro gashobore gukorana na Board of Peace yashinzwe n’umugabo we, cyane ko bivugwa ko bashobora kuzajya bagonganira mu nshingano zo kubungabunga no kugarura amahoro. Gusa Trump we avuga ko ibyo bitazigera bibaho.
Igihugu cyose kiyoboye Akanama mu kwezi runaka kigira ububasha bwo guhitamo insanganyamatsiko z’inama zimwe na zimwe z’ingenzi kiba giteguye.
Dujarric yavuze ko Umuyobozi ushinzwe ibya politiki muri Loni, Rosemary DiCarlo, ari we uzatanga ibisobanuro mu izina ry’Umunyamabanga Mukuru muri iyo nama yo ku wa mbere izayoborwa n’Umufasha wa Perezida, yiswe ku mugaragaro “Abana, Ikoranabuhanga n’Uburezi mu bihe by’Intambara.”




