'Nta gihugu cy'Afurika cyagakwiye kuba giterwa mu kinyejana cya 21' – Perezida mushya wa AU Ndayishimiye

    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC News Gahuzamiryango
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Perezida w'u Burundi Évariste Ndayishimiye yasezeranyije gukora ibishoboka byose mu mushinga w'Ubumwe bw'Afurika wo "gucecekesha intwaro", kugira ngo abaturage b'Afurika babeho mu mutekano, mu cyubahiro n'icyizere, nyuma yo gutorerwa gutegeka uyu muryango.

Ndayishimiye yatorewe mu muhango wabaye ku wa gatandatu ku cyicaro cy'umuryango w'Ubumwe bw'Afurika (AU/UA) i Addis Abeba muri Ethiopia, mu nama isanzwe ya 39 y'abaperezida n'abakuru ba guverinoma.

Ni bwo bwa mbere u Burundi bugeze kuri ubu butegetsi bwa AU – busimburanwaho buri mwaka hagati y'ibihugu 55 bigize uyu muryango – kuva mu mwaka wa 2002 ubwoUA (Union Africaine) yasimburaga OUA (Organisation de l'Unité Africaine) yashinzwe mu 1963.

Mu ijambo yavuze ku wa gatandatu i Addis Abeba amaze gutorerwa uwo mwanya, Ndayishimiye yagize ati: "Nta gihugu na kimwe cyo muri Afurika cyagakwiye kuba cyongera gukolonizwa, guterwa cyangwa ngo gihatirwe kuyoboka ubutegetsi ubwo ari bwo bwose bw'amahanga mu kinyejana [turimo] cya 21."

Perezida Ndayishimiye ageze kuri uyu mwanya mu gihe mu bice binyuranye muri Afurika hakirangwa intambara, by'umwihariko no mu karere k'ibiyaga bigari.

Kuva mu mpera y'umwaka wa 2021, umutwe w'inyeshyamba wa M23 uri mu ntambara n'ingabo za leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) mu burasirazuba bw'icyo gihugu. Impande zombi ziherutse kongera kwemeranya ku gahenge.

U Rwanda rushinjwa gufasha inyeshyamba za M23 ariko rwo ruvuga ko rwafashe "ingamba z'ubwirinzi". Ku busabe bwa leta ya DRC, u Burundi bwohereje ingabo muri iyo ntambara kurwana ku ruhande rwa leta y'icyo gihugu.

U Rwanda na rwo rushinja leta y'u Burundi kuba yarahisemo kwifatanya n'abashyigikiye kandi bakorana na FDLR, umutwe w'inyeshyamba urwanya leta y'u Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa DRC, ugizwe na bamwe u Rwanda rushinja ko bahungiye muri DRC nyuma yo gukora jenoside yo mu Rwanda mu 1994.

Mu ijambo rye, Ndayishimiye yaciye umurongo ku ijambo "amahoro", avuga ko ibura ryayo riri mu byatumye u Burundi bucyerererwa mu iterambere.

Yavuze ko amahoro n'umutekano bidashobora kugerwaho muri Afurika mu gihe hakiri ibihugu biterwa "mu nyungu z'amahanga cyangwa z'ubukungu z'ibihugu bikomeye".

Yongeyeho ko ku butegetsi bwe bwa AU yifuza kubona ijwi ry'Afurika rirangurura rikavuganira "iyubahirizwa ry'amategeko mpuzamahanga, ubusugire bw'ibihugu byacu n'uburenganzira bw'abaturage bwo kwigenga".

Nyuma yaho, mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X, Perezida w'u Burundi yashimiye abategetsi bo muri Afurika ku bw'"icyizere" bamugiriye, avuga ko u Burundi bwabyakiranye "icyubahiro cyinshi no kwicisha bugufi".

Yagize ati: "Nshimiye byimazeyo abategetsi b'Afurika ku cyizere bangiriye, mu kunshyira ku mwanya w'umukuru w'Ubumwe bw'Afurika.

"Hamwe n'icyubahiro cyinshi no kwicisha bugufi, u Burundi bwemeye inshingano no kwitanga butizigamye mu gukorera umugabane wacu n'abaturage bawo."

Perezida wa DRC Félix Tshisekedi na Perezida wa Kenya William Ruto ni bamwe mu bategetsi bifurije Ndayishimiye ishya n'ihirwe mu mirimo mishya.

Mu ijambo yavuze ku wa gatandatu, Ndayishimiye yavuze ko icyubahiro bahaye u Burundi "cyanditse amateka".

Ati: "Imbamutima zanjye zitumye nibaza nti: 'Ndi nde wo kuyobora Afurika yose mu cyerekezo cyayo muri uyu mwaka?'"

"Mbijeje ko u Burundi buzayoborana gutega amatwi, ukutabogama n'ubufatanye na bose hagamijwe ineza ya bose."

Yashimiye Perezida w'Angola João Lourenço asimbuye kuri uwo mwanya, ku bikorwa yakoze, nkuko Ndayishimiye yabivuze, birimo koroshya uburyo bw'imikorere y'uyu muryango no kuvugurura uburyo butanga umusaruro bw'inzego zifata ibyemezo.

Yasezeranyije ko u Burundi buteganya gukomereza muri iyo nzira no "kongerera imbaraga ijwi ry'Afurika mu ruhando mpuzamahanga no kugira uruhare cyane mu iyubakwa ry'imitegekere y'isi irushijeho gushyira mu gaciro, ingana kurushaho kandi irushijeho kudaheza".

Bijyanye n'insanganyamatsiko y'iyi nama ya 39 ya AU, igaruka ku guharanira ko amazi meza n'ibikorwa by'isuku n'isukura bigera kuri bose mu buryo burambye mu rwego rwo kugera ku ngamba zo mu cyerekezo cy'umwaka wa 2063, Ndayishimiye yavuze ko Afurika itagera ku iterambere Abanyafurika badafite ubuzima bwiza ngo bitabire umurimo.

Ati: "Ibura ry'amazi meza n'ibikorwa by'isukura ni ryo ntandaro y'indwara zishobora kwirindwa, itakara ry'umusaruro, guta ishuri no kugirwaho ingaruka kurushaho bivuye ku bibazo by'ikirere."