Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
'Uriya mugore yakoze neza cyane' - Norman Mapeza wa Zimbabwe kuri Salima Mukansanga
Umutoza Norman Takanyariwa Mapeza wa Zimbabwe nyuma y'umukino wasifuwe na Salma Mukansanga yatangaje ko 'yakoze neza'.
Abantu batandukanye bari biteguye kureba Mukansanga ahindura amateka yo kuba umugore wa mbere usifuye umukino w'igikombe cya Africa cy'abagabo.
Mu gihugu cye mu Rwanda bisa n'aho ari we ugiserukiye kuko ikipe y'Amavubi itabashije kugera muri iyi mikino ya nyuma, benshi bagaragaje kwishimira intambwe yateye.
Kuri Stade Ahmadou Ahidjo i Yaounde abantu bakomye amashyi menshi ubwo Salma Mukansanga yatangizaga uyu mukino, urangiye bashimye ko yawitwayemo neza nanone bamuha amashyi menshi, nk'uko umunyamakuru Yves Bucyana wari uhari abivuga.
Warriors ya Zimbabwe yashakaga gutsinda nibura umukino wayo wa mbere nyuma yo gutsindwa ibiri yabanje, mu gihe Syli National ya Guinea yifuzaga gutsinda ngo ifate umwanya wa mbere, wari undi mukino w'ishiraniro.
Salma Mukansanga yayoboye neza uyu mukino muri rusange, yawutanzemo amakarita atandatu y'umuhondo, atatu kuri buri ruhande, urangira nta kidasanzwe kiwubayemo.
Mu kiganiro n'abanyamakuru nyuma y'umukino Norman Mapeza utoza Zimbabwe yabwiye abanyamakuru ko Mukansanga yabyitwayemo neza.
Yagize ati: "…murabizi umukino w'abagabo buri gihe uba ukomeye, amahari aba ari hejuru amahane azamuka buri kanya, [ariko] uriya mugore yakoze neza cyane iri joro.
"Ntekereza ko ari intambwe ikomeye kuri CAF guha uriya mugore umwanya ngo ayobore uyu mukino."
Ku kazi Mukansanga yakoze, umwe yanditse kuri Twitter ati "… Twabonye imyanzuro myinshi yo kwibazwaho mu byumweru bibiri bishize…ariko ntabyo uyu munsi!"
Muri iri tsinda B, Guinea nubwo yatsinzwe uyu mukino yazamutse ari iya kabiri inyuma ya Senegal yanganyije 0 - 0 na Malawi (ya gatatu), naho Zimbabwe nubwo yatsinze yasezerewe kuko ari iya nyuma (4) n'amanota atatu gusa.