Umuti w'ikibazo cya Korea ya ruguru ngo urashakishwa vuba

H-R McMaster avuga ko bigenda birushaho gushoboka ko intambara na Korea ya ruguru ishobora kuba.

Ahavuye isanamu, Reuters

Insiguro y'isanamu, H-R McMaster avuga ko bigenda birushaho gushoboka ko intambara na Korea ya ruguru ishobora kuba.

Umujyanama wa Perezida Trump ku bibazo by'umutekano w'igihugu yatangaje ko Leta zunze ubumwe za Amerika n'inshuti zayo birimo gushakira vuba vuba umuti ikibazo cya Korea ya ruguru mbere yuko ibasha gutunga intwaro zo mu bwoko bwa nucleaire.

H-R McMaster yaburiye abantu ko uko umunsi ushize ariko bigenda birushaho gushoboka ko intambara na Korea ya ruguru ishobora kuba.

Igihe Korea ya ruguru yageragezaga igisasu kitwa Hwasong-15.

Ahavuye isanamu, KCNA

Insiguro y'isanamu, Igihe Korea ya ruguru yageragezaga igisasu kitwa Hwasong-15.

Yongeyeho ariko ko hari uburyo bwo kubonera umuti icyo kibazo bitanyuze mu ntambara.

Yasabye Ubushinwa gukomatanyiriza Korea ya ruguru ku bijyanye na peteroli kugirango bizagore cyane Pyongyang kubona iyo ikoresha mu kurasa ibisasu bya misile.

Korea ya ruguru ishinja Amerika guhembera intambara.