Imiyaga ya serwakira muri Kentucky: Biden yasezeranyije ubufasha kuri za leta zibasiwe na yo

Perezida w'Amerika Joe Biden yasezeranyije ko leta ye izakora icyo ishoboye cyose mu gufasha abo mu turere two muri leta esheshatu twibasiwe n'imiyaga ya serwakira yishe abantu batari munsi ya 94.

Bwana Biden yashyize umukono ku itangazo ry'ubufasha ku biza ryo ku rwego rwa za leta, asohora amafaranga agenewe Kentucky, leta yibasiwe cyane kurusha izindi n'izo serwakira zigera hafi kuri 30.

Yavuze ko iyo miyaga iri mu ya mbere yibasiye ahantu hanini cyane mu mateka y'Amerika.

Abantu batari munsi ya 80 bapfiriye mu miyaga yo muri Kentucky ku wa gatanu nijoro, barimo ababarirwa muri za mirongo bari bari mu ruganda (ihinguriro mu Kirundi) rukora za buji (bougies), ndetse byitezwe ko umubare w'abapfuye uza kurenga abantu 100.

Amatsinda akora ibikorwa by'ubutabazi bwihuse arimo gushakisha mu byasenyutse by'urwo ruganda, mu mujyi wa Mayfield, wibasiwe mu buryo butaziguye.

Abantu 40 barokowe muri urwo ruganda, ariko abandi 60 baracyaburiwe irengero, ndetse Guverineri wa leta ya Kentucky Andy Beshear yavuze ko cyaba ari igitangaza mu gihe haba hari undi muntu n'umwe basanzemo akiri muzima.

Ibihe abategetsi barimo birabakomereye cyane, mu gihe stasiyo ya polisi yo mu mujyi wa Mayfield yasenyutse ndetse n'ibikoresho by'abazimya umuriro bikangirika.

Abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bo muri iyo leta na bo nta muriro w'amashanyarazi (umuyagankuba mu Kirundi) n'amazi bafite.

Abantu batari munsi ya 12 bapfuye ubwo iyo miyaga yasenyaga byinshi mu zindi leta, barimo batandatu bo mu nzu ibikwamo ibicuruzwa ya kompanyi Amazon muri leta ya Illinois.

Bwana Biden yavuze ko arimo gusengera ababuze ababo, cyangwa bataramenya ibyabaye ku babo.

Yagize ati: "Guverinoma izakora ikintu cyose ishobora gukora mu gufasha.

"Ibi tugiye kubinyuramo dushyize hamwe".

Perezida Biden yavuze ko amatsinda yo mu kigo FEMA gikora ubutabazi bwihuse ajya muri leta ya Kentucky kuri iki cyumweru ngo atange ubundi bufasha burimo nko gufasha mu kubona aho abantu baba batuye muri iki gihe, ku bo inzu zabo zasenyutse cyangwa zangiritse cyane.

Yanavuze ko amafaranga y'ingoboka na yo ahari kuri za leta zibasiwe - Missouri, Arkansas, Illinois, Tennessee na Mississippi - mu gihe zaba ziyacyeneye.

Guverineri Beshear yatangaje igihe cy'ibihe bidasanzwe muri leta ya Kentucky. Yavuze ko umujyi wa Mayfield n'ahandi hose hakikije inzira ya kilometero 365 yanyuzwemo n'iyo miyaga ya serwakira - hafi ya hose ho muri Kentucky - hangiritse bikomeye.

Yagize ati: "Ni ibintu utabona uko uvuga, bitandukanye n'ikindi kintu icyo ari cyo cyose nigeze mbona.

"Ubona ibice by'inyubako z'inganda, ibisenge [by'inzu], cyangwa ukareba mu biti, iyo bibaye byagize amahirwe yo kuba bigihagaze".