Imyaka ine nyuma, iyicwa rya Gen Nshimirimana riracyari amayobera

Lt Gen Adolphe Nshimirimana yishwe hatarashira ibyumweru bibiri Perezida Nkurunziza atorewe Manda ya gatatu

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Lt Gen Adolphe Nshimirimana yishwe hatarashira ibyumweru bibiri Perezida Nkurunziza atorewe Manda ya gatatu

Abasirikare batanu n'abapolisi batatu nibo bafashwe nyuma y'iyicwa rya Lt Gen Adolphe Nshimirimana ku itariki nk'iyi z'ukwa munani mu 2015, iperereza rirambuye ku rupfu rwe ntacyo riratangaza kugeza n'ubu.

Hari abantu bagishidikanya ko kwica Adolphe Nshimirimana ari umugambi wacuzwe ugashyirwa mu bikorwa na bariya basirikare bato.

Uyu mugabo wari ufite imyaka 50, yavukiye i Gishubi mu ntara ya Gitega, aza kumenyekana cyane mu gace ka Kamenge, igihe c'intambara ya CNDD-FDD.

Nshimirimana, yabaye igihe kinini mu Rwanda aho yize amashuri mato.

Nyuma yagiye muri Kongo iyo yafadikanije na bagenzi be, harimo Perezida Nkurunziza kurwanya ubutegetsi, kuva mu 1995.

Mu rubanza, abaregwa kumwica bahakanye ibyo baregwaga, babihamijwe n'urukiko.

Bakatiwe gufungwa ubuzima bwabo.

Gen Adolphe Nshimirimana yamaze hafi imyaka icumi ariwe ushinzwe ibiro bikuru by'iperereza.

Mbere yaho yari yarabaye igihe gito uwungirije umukuru w'ibiro bikuru bya gisirikare.

Mbere yo kwicwa, yafatwaga nk'umuntu wa kabiri mu butegetsi nyuma ya Perezida Pierre Nkurunziza, ndetse yari umujyanama we.

Kwica igikomerezwa

Yiciwe imbere y'ibitaro bikuru bya kaminuza, ugana mu Kamenge.

Nyuma, nk'uko byavuzwe n'ubushinjacyaha bw'u Burundi, imodoka ya gisirikare yaba yaragize uruhare mukwicwa kwe, yaratwitswe.

Imodoka yari imutwaye yarashwe igisasu cya 'rokete', ndetse barayegera barasa amasasu asanzwe kugira ngo hatagira urokoka.

Ni igitero benshi bemezwa ko cyateguwe neza n'abari bazi gahunda ye, ndetse n'uyu mugabo wari ukomeye cyane mu gihugu.

Mu rubanza rw'abarezwe, byavuzwe ko hatangiye iperereza rirambuye ngo hamenyekane abari inyuma y'umugambi, n'icyaha cyo kumwica.

Ibiro ntaramakuru AFP byandika ko, uwunganiraga abaregwa muri uru rubanza yabwiye inteko iburanisha ko 'urupfu rwa Nshimirimana rufite impamvu za politiki'.

Imodoka yari itwaye Gen Nshimirimana

Ahavuye isanamu, Social Media

Insiguro y'isanamu, Imodoka yari itwaye Gen Nshimirimana yarashwe igisasu cya rokete, inaraswa n'amasasu

Benshi baramubanjirije abandi baramukurikira

Abo ku ruhande rutari rushyigikiye manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza - itarateganywaga n'itegekonshinga - bavuga ko Gen Nshimirimana ari we wateguraga ibikorwa byose byo kwigizayo ababangamiye ubutegetsi, ibi byaguyemo abantu batari bacye.

Mu ntangiriro za 2015, impirimbanyi n'itaramakuru mu Burundi byatangaje amakuru y'abantu bagize uruhare mu bwicanyi bw'abakecuru b'ababikira b'Abataliyani bishwe mu kwezi kwa cyenda 2014 aho babaga mu Kamenge, i Bujumbura.

Adolphe Nshimirimana yagiye avurwa mur'ubwo bwicanyi, bikavurwa ko yatinyaga ko aba bazungukazi bazatanga amakuru y'imyitozo 'Imbonerakure' yaba yari ayoboye zakoreraga mu ntara ya Kivu y'Epfo, hafi y'aho aba bakecuru b'ababikira babaga mbere.

Amakuru kandi yashoboraga gushimangira raporo y'impuguke za LONI ivuga ko Adolphe Nshimirimana yakoranaga n'imitwe yitwaje intwaro muri Kongo.

Gen Nshimirimana yarwanyije abarwanyaga ubutegetsi bw'inshuti ye Nkurunziza, ndetse banaburizamo umugambi wo kugerageza kumuhirika.

Hishwe benshi abandi ibihumbi amagana barahunga.

Nyuma y'iraswa rya Nshimirimana ku cyumweru tariki 02/08/2015, ku wa mbere nimugoroba Pierre Claver Mbonimpa, impirimbanyi y'uburenganzira bwa muntu yanengaga ibikorwa bya Nshimirimana, yararashwe ariko ajanwa kuvurirwa i Bulayi.

Gusa umuhungu we Fleury Nzitonda w'imyaka 22, n'umukwe we ntabwo barokotse ubwicanyi bwakurikiyeho.

Hashize ukwezi kumwe nyuma y'iyicwa rya Gen Adolphe Nshimirimana, umugaba w'ingabo z'u Burundi General Prime Niyongabo nawe yasimbutse urupfu nk'uru.

Abantu bitwaje intwaro barashe imodoka yari imutwaye mu muhanda wo mu mujyi wa Bujumbura bagamije kumwica.

We yararokotse ariko abasirikare batatu bari bamurinze bahasize ubuzima.

Ni umugambi w'abasirikare bato?

By'umwihariko iperereza rirambuye ku iyicwa rya Gen Nshimirimana ntabwo riragaragaza ibyarivuyemo.

Gervais Rufyikiri wahoze ari visi perezida w'u Burundi, wahunze mu kwezi kwa gatandatu 2015, yavuze ko Nshimirimana yari afite ububasha muri politiki budasanzwe.

Ikinyamakuru 'The Guardian' candika ko Rufyikiri yavuze ko, imyanzuro yose ya guverinoma yabanzaga guca kuri Gen Nshimirimana.

Gratien Rukindikiza, wahoze akuriye ingabo zarindaga Perezida Melchior Ndadaye, yabwiye ikinyamakuru Deutche Welle ko iyicwa rya Nshimirimana ari igikorwa cya politiki.

Rukindikiza yavuze ko 'Nshimirimana yagenzuraga, ndetse kurusha Perezida, inzego z'umutekano n'igisirikare, afite kandi yizewe cyane n'umutwe w'imbonerakure'.

Yemeza ko yasaga n'aho ari we ufite ubutegetsi.

Ku mwihwezo wa Rukindikiza wize kurinda inzego, urupfu rwa Gen Nshimirimana rumeze kimwe n'urwa General Kararuza, wishwe hashize amezi 10.

Ubutegetsi bw'i Burundi bwakomeje gutangaza ko kwica uyu musirikare wari ukuriye iperereza ari igikorwa cy'iterabwoba cyakozwe na bariya basirikare bafashijwe n'abarwanya ubutegetsi.