Burundi: Abakekwa kwica jenerali Nshimirimana bafashwe

Ibiro by’umushinjacyaha mu Burundi byatangaje ko abantu benshi batawe muri yombi nyuma y’iyicwa rya jenerali Adolphe Nshimirimana.
Ariko bivuga ko ‘abacuze umugambi’ wo guhitana jenerali Adolphe Nshimirimana bagishakishwa. Umuntu ukomeye cyane mu guharanira uburenganzira bwa kiremwa muntu, Pierre Claver Mbonimpa, yakomerekejwe n’isasu mu cyagaragaye nko kwihorera nyuma y’iyicwa rya Gen Nshimirimana mu cyumweru gishize.
Bwana Mbonimpa yemerewe kujya mu Bubiligi kwivuza. Ibiro ntaramakuru AFP, bivuga ko, amasasu akomeye yaraye yumvikanye mu murwa mukuru Bujumbura mu ijoro ku Cyumweru, ariko ntibizwi uri inyuma y’iryo rasa.
U Burundi bwashegeshwe n’imvururu zikomeye kuva perezida Pierre Nkurunziza yafata icyemezo cyo kwiyamamaza ku nshuro ya gatatu mu kwezi kwa kane.
Abanenga leta bavuze ko icyi cyemezo cyari kinyuranye n’itegeko nshinga ndetse imyigaragambyo yaradutse mu bice bitandukanye by’igihugu.
Hanabaye ihirika ry’ubutegetsi ryapfubye mu kwezi kwa gatanu, igihe abajenerali bavuye mu ngabo basabye ko bwana Nkurunziza ava ku butegetsi manda ye nirangira.
Amatora y’umukuru w’igihugu yabaye mu kwezi kwa karindwi, Bwana Nkurunziza yarayatsinze.
Ibyavuye mu matora byamagaywe n’amashyaka atavuga rumwe na leta, ariko umwe mu bayobozi bari ku isonga, Agathon Rwasa, yemeye gufata umwanya wa perezida wungirije w’inteko ishinga amategeko, mu rwego rw’ubwiyunge.
‘Igikorwa cy’iterabwoba’
Itangazo ry’Ibiro by’Umushinjacyaha ryavuze ko imodoka ya gisirikare yakoreshejwe n’abishe jenerali Nshimirimana, nyuma iratwikwa. Itangazo ryagize riti:
“Umwirondoro w’abakoze ibyaha ubu barazwi. Hari abantu bamaze gufatwa. Abasigaye, ndetse n’abacuze umugambi bari gushakishwa.”
Abateye imodoka ya jenerali Nshimirimana, bakoresheje imbunda zikomeye n’izitera ibirokete mu karere ka Kamenge mu mujyi wa Bujumbura.
Yabonwaga cyane nk’umuntu ukomeye mu gihugu nyuma ya Nkurunziza.
Hagati aho, umukobwa wa Bwana Mbonimpa yavuze ko abategetsi bamwereye kujya mu Bubiligi.
AFP iravuga ko Amandine Nasagarare yagize ati: “ Azavurirwa yo kandi bashobora gukora amasuzuma tutashobora hano. Tunizeye cyane umutekano we hariya”
Guverinoma yamaganye iraswa rye, ryakozwe n’umurashi wari kuri moto mu cyumweru gishize, icyita igikorwa cy’ “iterabwoba.”
Bwana Mbonimpa yanenze bikomeye cyane icyemezo cya Bwana Nkurunziza cyo kwiyamamaza ku nshuro ya gatatu.
Yanavuzwe nk’umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa kiremwa muntu mu Burundi utarigeze ahunga igihugu.
Mu kwezi kwa kane yafashwe n’inzego z’iperereza mu gihe cy’amasaha 24 nyuma yo guhamagara imyigaragambyo yo kwamagana icyemezo cya perezida cyo kwiyamamaza.










