Yambariye gutegeka: Icyo imyambarire ya Kim Ju Ae isobanuye kuri Korea ya Ruguru

Ahavuye isanamu, Reuters
Mu Ugushyingo(11) 2022, habonetse ifoto y'umutegetsi wa Korea ya Ruguru Kim Jong Un ari kumwe n'umukobwa muto wambaye neza iruhande rwe – umukobwa we Ju Ae.
Iruhande rwa se imbere ya 'misile ballistique' ndende cyane, yari yambaye ipantalo y'umukara n'ijaketi yera umusatsi we muremure ufungiye inyuma.
Nibwo bwa mbere yari abonetse mu mashusho nk'aya y'ubutegetsi – ku myaka icyenda gusa icyo gihe Ju Ae yari yambaye byo gukurura amatsiko.
Kuva icyo gihe umusatsi we wakomeje kugarukwaho, ndetse n'imyambarire ye ikomeza kuba ikiganiro.
Ikigo cy'ubutasi cya Korea y'Epfo cyemeza ko Kim Jong Un yatoranyije uyu mukobwa we ngo azamusimbure, gihereye ku mwanya yatangiye guhabwa kuva ari muto.

Ahavuye isanamu, EPA
Ju Ae, ubu bikekwa ko afite imyaka 13, yakomeje gufatwa amafoto ari kumwe na se, iruhande rwe mu bikorwa byo kugerageza misile nshya n'akarasisi ka gisirikare ndetse no kujyana nawe mu ngendo zo mu mahanga.
Ikindi abasesenguzi bamwe bavuga ko imyambarire ye – amakoti y'uruhu, imyenda y'ubwoya bwa 'furs' no gufungira umusatsi inyuma – ari ibimenyetso ko arimo gutegurirwa kuba umukuru w'igihugu.
Rimwe na rimwe yagiye aboneka yambaye isuti n'ijipo bijyanye, bisa n'ibya nyina Ri Sol Ju.
Cheong Seong-chang umukuru wungirije wa Sejong Institute yabwiye BBC Korean ati: "Kuko Ju Ae akiri muto cyane, imyaka ye ishobora kuboneka nk'ikibazo ku mutegetsi w'igihe kizaza. Bisa n'aho barimo kumwambika mu buryo nk'ubwa nyina mu gutanga ishusho ye nk'umuntu mukuru".

Ahavuye isanamu, Reuters
Ibihe bimwe, yambaye amajaketi y'uruhu, "umwambaro utanga ikimenyetso gikomeye" mu gihe yabaga yasuye nk'ibigo bya gisirikare ari kumwe na se, nk'uko Cheong abivuga.
Ibyo bituma kandi asa na se, ukunda cyane kwambara amajaketi y'uruhu n'amakoti maremare.
Kwisanisha n'imyambarire y'abategetsi babanje, ibizwi nko "kugarura ishusho", ni uburyo abategetsi ba Korea ya Ruguru bakoresheje na mbere mu kuguma ku butegetsi.
Mu bihe bya mbere by'ubutegetsi bwe, Kim Jong Un yageragezaga kenshi kwambara ibisa n'ibya sekuru Kim Il Sung.
Kim Il Sung, washinze akanategeka Korea ya Ruguru imyaka irenga 45, afatwa nk'ikigirwamana mu gihugu, nk'uko inzobere zibivuga.
Urwego ruzwi nka 'Propaganda and Agitation Department' rw'iki gihugu rwagize uruhare rukomeye mu gutuma "icyubahiro cyahabwaga Kim Il Sung kijya kuri Kim Jong Un" nk'uko Cheong abivuga.
Ati: "Bivugwa ko abaturage ba Korea ya Ruguru batunguwe igihe Kim Jong Un yabonekaga bwa mbere. Ariko icyatunguranye kurushaho ni uburyo Kim Jong Un yabonetse asa cyane nka Kim Il Sung akiri muto.
"Ingorane Kim Jong Un akiri muto yahuye nazo nk'umusimbura, nko kubura ubunararibonye no uba muto mu myaka, byakuweho gusa no kuba yarasaga cyane na Kim Il Sung.
"Nageze aho numva ibihuha bikwira mu baturage ba Korea ya Ruguru ko Kim Il Sung yavukiye bushya muri uyu musore muto".

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Kuba Ju Ae amaze igihe yambara amajaketi y'uruhu ahantu henshi bitanga ishusho y'uko rya shami rya 'Propaganda and Agitation Department' ririmo gushyira urwego rwe hejuru y'abaturage basanzwe.
Cheong ati: "Kwambara imyenda y'uruhu rw'agaciro cyane ni uburyo bwo kwerekana urwego rudasanzwe rw'umuntu.
"Imyenda y'uruhu ntabwo ari iya rubanda rwose muri Korea ya Ruguru. 'Brands' z'agaciro, amajaketi y'uruhu n'ubwoya bwa 'fur' ni imyenda ihende kandi ntabwo ishobora kwambarwa n'abaturage basanzwe".
Mu 2020, Korea ya Ruguru yatangaje itegeko ryo kurwanya ingengabitekerezo y'imico y'ahandi hagamijwe kuyikimira.
Ariko mu 2023, ibiro ntaramakuru bya leta ya Korea ya Ruguru byasohoye video ya Ju Ae ari iruhande rwa se mu gikorwa cyo kumurika 'misile ballistique', ubu yambaye ijaketi y'umukara y'uruhu ya Christian Dior bivugwa ko igura $1,900 (hafi miliyoni 2,8 Frw).

Ahavuye isanamu, Reuters
Umwaka wakurikiyeho Ju Ae yabonetse yambaye ishat ibonerana ya 'blouse' yerekana amaboko ye mu muhango wabereye mu murwa mukuru Pyongyang.
Izindi nshuro Ju Ae yagiye aboneka yambaye imyenda yo mu bihugu by'iburengerazuba byerekanye ko umuryango wa Kim – ufatwa nk'umuryango w'abami – abawugize bo batarebwa n'amategeko areba abaturage basanzwe.
Prof Lee Woo-young wo muri University of North Korean Studies yagize ati: "Nubwo amakoboyi abujijwe muri Korea ya Ruguru kuko ari imyembaro y'iburengerazuba, Kim Jong Un yagiye aboneka ayambaye.
"Uko babuza kose imico y'ahandi ndetse bagashyiraho amategeko, Korea ya Ruguru ni ahantu umutegetsi w'ikirenga adafite na kimwe abujijwe".

Ahavuye isanamu, News1
Imyambarire y'iburengerazuba irimo kugenda igaragara mu bice bimwe by'iki gihugu, nko mu mujyi uhana imbibi n'Ubushinwa.
Imyenda y'uruhu, amataratara y'umukara n'indi myenda ya 'brands' zikomeye zo hanze irimo kugenda iboneka cyane mu bantu bakize muri Korea ya Ruguru.
Abaturage basanzwe ba Korea ya Ruguru bagira amakuru macye ku isi yo hanze y'igihugu harimo imyambaro, n'ibindi bigezweho bityo imyambarire ya Kim Jong Un ihinduka icyitegererezo kuri benshi.
Ubu, umukobwa we nawe arimo arahinduka icyitegererezo.












