Impaka zidashira ku mugenzo wo 'Guca imyeyo' mu Rwanda: Bamwe bati ni ihohoterwa ku bana b'abakobwa

Guca imyeyo: ibipfunsi by'umukobwa wazamuye intoki ebyiri za nyangufi muri zo
Igihe co gusoma: iminota 3

Mu Rwanda, umugenzo uzwi nko 'Guca imyeyo' wo gukurura ibice bimwe by'igitsina cy'umukobwa ukiri muto hagamijwe kubikwedura, muri iki gihe ntuvugwaho rumwe.

Kuri bamwe uyu ni umugenzo mwiza ushingiye ku muco udakwiye gucika ugamije gutoza no gutegurira umukobwa amabanga y'abashakanye.

Ku bandi, nk'impirimbanyi y'uburenganzira bw'abagore Slyvie Nsanga, uyu mugenzo ni ihohoterwa rikorerwa abana b'abakobwa kuko "ntibaba batanze uruhushya rwo gukora ku mubiri wabo", nk'uko abivuga.

Uwo mugenzo si umwihariko w'u Rwanda gusa, uvugwa no mu bihugu birimo Uganda, Zambia, Mozambique. Mu bindi bihugu, nk'Ubwongereza, igikorwa nk'icyo gihanirwa n'amategeko.

Ishami rya ONU ryita ku buzima OMS/WHO rishyira uyu mugenzo mu rwego rwa gatanu rw'ibikorwa byo guca (gukata) no guhindura igitsina cy'umugore cyangwa umukobwa bizwi nka 'Female Genital Mutilation (FGM).

ONU iburira ko mu gikorwa nko 'guca imyeyo' ababikorerwa bashobora kuvanamo 'infections' zitandukanye ndetse n'indwara ziruseho ziva ku guhindura imiterere kamere y'igice cy'umubiri.

Buri mwaka, iyi tariki y'uku kwezi ONU yayigeneye kurwanya ibikorwa bya FGM.

Abarwanya umugenzo wo 'guca imyeyo' mu Rwanda bavuga ko bafite urugamba rukomeye kuko ari umugenzo usa n'uwinjiye mu muco kuva mu myaka myinshi ishize.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Nsanga, umwe muri bo, yabwiye BBC ko 'guca imyeyo' usanga "babikorera abana bakiri bato bataragira ijambo ku mubiri wabo"

Yagize ati: "Abana bacu rero tuba tubakorera 'sexual harassment' tutabizi [kandi] turi ababyeyi babo bababyaye, turi ba nyirasenge kuko mu mico ari bo babikora."

Bamwe mu bakomeye ku muco batangaza ko uyu mugenzo ufasha guha agaciro umugore no gutunganya neza igikorwa cy'imibonano mpuzabitsina n'umugabo we.

Ntabwo hazwi neza inkomoko y'uyu mugenzo n'igihe watangiriye. Abawushyigikira bavuga ko utuma icyo gikorwa cy'imibonano mpuzabitsina gishimisha impande zombi.

Kuri Nsanga, uyu mugenzo awuhuza n'ikibazo kivugwa muri iyi minsi cy'inda ziterwa abana b'abakobwa.

Ati: "Turavuga ko abana b'abakobwa "batangiye kwinjira mu mibonano mpuzabitsina bakiri bato ariko ari ukubera ko batangiye kubakorakora mu gitsina hakiri kare, ibi bituma abo bana babigira ibisanzwe, niba nyirasenge yabibakoreraga uraza gusanga na nyirarume n'umuturanyi nibamukoraho… [biba ibisanzwe]".

Naho ku bavuga ko guca imyeyo biryoshya imibonano mpuzabitsina, Nsanga avuga ko ibyo nta bushakashatsi bwakozwe "bugaragaza ko abakuruye baryoherwa kurusha abandi batakuruye."

Yongeraho ati: "Abashinzwe ubuzima bagomba kugaragaza ko kubyara no gukurura ntaho bihuriye."

Kuki Nsanga n'izindi mpirimbanyi babirwanya?

Kuri iki kibazo, Nsanga yagize ati: "Twebwe tubirwanya kuko baba batanga ingingo zitari zo ku buryohe mu mibonano mpuzabitsina k'uwabikoze no kutaryoherwa ku utarabikoze.

"Impaka zigomba kurangirira mu bushakashatsi bushingiye kuri siyanse…niba ari byiza guverinoma ibiteze imbere babikore mu nzira nziza, zirimo isuku kandi barindire umwana abanze akure yihitiremo niba azabikora cyangwa atazabikora."

Kuri Nsanga kandi uyu mugenzo ugamije "kugenzura amahitamo njyabitsina y'umukobwa bamutegurira umugabo."

Ati: "Ni ihohoterwa, ni ukugenzura umubiri w'umwana w'umukobwa, ni ugushaka ko umukobwa atangira gufata ishusho y'uko azashimisha umugabo."

Yongeraho ati: "Ariko kandi yatwara inda ku myaka 14 nkatangira gutangara kandi naramutoje ibintu byo gushimisha umugabo [akiri muto]."