'Ibihugu byinshi byaregerewe. Nta na kimwe cyemeye' kwakira Kabuga – Akababaro k'umunyamategeko we

Maître Emmanuel Altit wunganiraga Félicien Kabuga, ari mu rukiko, i La Haye mu Buholandi, ku wa kane, ku itariki ya 30 Werurwe (3) mu 2023. Yambaye umwambaro w’akazi w’ikanzu y'amaboko maremare y'ibara ry'umukara iriho n'ibara ry'umweru mu gatuza, afashe indorerwamo ze mu kiganza kimwe, imbere ye hari indangururamajwi nto, ibiganza biri ku meza yishyingikirijeho, arareba muri 'camera' arimo kuvuga.

Ahavuye isanamu, SCREENGRAB IRMCT LIVE EVENT

Insiguro y'isanamu, Umufaransa Maître Emmanuel Altit ni we wari umwunganizi mukuru wa Félicien Kabuga (ifoto yo mu rukiko i La Haye mu Buholandi ku itariki ya 30 Werurwe (3) mu 2023)
    • Umwanditsi, Samba Cyuzuzo
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Umunyamategeko wunganiraga Félicien Kabuga mu nkiko yatangaje ko bitari bikwiye ko apfa agifunze mu gihe urukiko rwari rwaranzuye ko adakomeza gukurikiranwa kubera ko amagara ye atifashe neza.

Mu itangazo, Umufaransa Me Emmanuel Altit, wari umwunganizi mukuru wa Kabuga, yavuze ko urupfu rwa Kabuga ruteye kwibaza ibibazo ku nshingano inkiko mpuzamahanga zifite zo kurengera uburenganzira bw'ibanze bwa muntu.

Mu 2023, urugereko rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n'urwari urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rwahoze ruri i Arusha rwategetse ko kuburanisha Kabuga bihagarikwa kugeza igihe kitazwi kuko atameze neza kuburyo yaburanishwa.

Kabuga yaregwaga ibyaha bya jenoside, umugambi wo gukora jenoside, gushishikariza gukora jenoside, n'ibyaha byibasiye inyokomuntu, birimo itoteza, kurimbura, n'ubwicanyi, muri jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994. Imbere y'urukiko, Kabuga ibyaha aregwa yabyise "ibinyoma".

Uru rukiko rwategetse ko Kabuga, wari ugeze ku myaka 91, aguma muri gereza kugeza ikibazo cy'irekurwa ry'agateganyo rye gicyemutse. Uruhande rumwunganira rwifuzaga ko ajyanwa mu Bufaransa ahari abagize umuryango we.

Me Altit avuga ko bashyize "imihate ikomeye" mu gushaka igihugu cyemera kwakira Kabuga "ku mpamvu za kimuntu" kugira ngo amarane iminsi ya nyuma n'umuryango we.

Ati: "Ibihugu byinshi byaregerewe. Nta na kimwe cyemeye."

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Yongeraho ko kubera ibyo, uyu mugabo abacamanza "ubwabo bari barabonye ko adakwiye kuburanishwa yaguye muri gereza, nubwo gukomeza kumubuza kwidegembya bitari bigifite impamvu y'amategeko". Yapfuye ku wa gatandatu mu bitaro by'urwo rugereko i La Haye mu Buholandi.

Uruhande rw'u Rwanda rwari rwasabye ko Kabuga yoherezwa mu Rwanda nk'igihugu avukamo kandi cyonyine cyari cyaremeye kumwakira, umwaka ushize abacamanza ba ruriya rugereko rw'i La Haye banzuye ko Kabuga "adashobora gukora urugendo rwo kujyanwa mu Rwanda" kubera amagara macye ye.

Me Altit yavuze ko "hejuru y'ibyaha [Kabuga] yashinjwaga, ingingo imwe yagombaga kuguma hejuru y'impaka", avuga ko iyo ari uko "agaciro ka muntu kubahwa kuri buri wese, mu bihe byose, kugeza ku iherezo ry'ubuzima".

Kabuga wafatwaga nk'umuntu ukize cyane kurusha abandi mu Rwanda mu myaka ya za 1990, nyuma ya jenoside yamaze imyaka irenga 20 ashakishwa n'ubutabera mpuzamahanga ku byaha bya jenoside yashinjwaga.

Yafashwe ku itariki ya 16 Gicurasi (5) – isa n'iyo yapfuyeho – mu 2020, mu nyubako y'icumbi y'amagorofa, i Asnières-sur-Seine, hafi y'i Paris mu Bufaransa, urubanza rwe rwatangiye muri Nzeri (9) mu 2022.