Rwamukwaya: Yari nde uyu mu 'cameraman' wakoreye RTNB na RBA wapfuye ku myaka 70?

Valence Rwamukwaya yicaye mu ntebe areba muri 'camera', ubwo ikigo cy'u Rwanda cy'itangazamakuru (RBA) cyamusezeragaho agiye mu kiruhuko cy'izabukuru, muri Kamena (6) mu 2020. Yambaye ikositimu y'ikigina n'ishati y'umweru, n'indorerwamo.

Ahavuye isanamu, RBA / X

    • Umwanditsi, Jean Claude Mwambutsa
    • Igikorwa, BBC News Gahuzamiryango i Kigali
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Umunyamakuru Valence Rwamukwaya wamamaye mu gufata amashusho ya televiziyo mu Rwanda no mu Burundi yapfuye nyuma y'iminsi yari amaze arwaye.

Inkuru y'urupfu rw'uyu wavukiye i Nyaruguru mu majyepfo y'u Rwanda, yamenyekanye cyane mu rukerera inyuze ahanini ku mbuga nkoranyambaga zihuza abanyamakuru.

Rwamukwaya yari yujuje imyaka 70, irimo 38 yamaze ari umunyamakuru ufata amashusho kuri radiyo na televiziyo.

Abamuzi bavuga ko yari mu itsinda ry'abanyamakuru batangiranye na televiziyo y'u Burundi (RTNB), yakoreye mu gihe cy'imyaka 12, ndetse na televiziyo y'u Rwanda (RTV) yakoreye kuva aho atahukiye mu gihugu mu mwaka wa 1994 kugeza mu mwaka wa 2020 ubwo yajyaga mu kiruhuko cy'izabukuru.

Abo bakoranye aho yanyuze bamwibuka nk'umuntu wakundaga cyane akazi ke kandi utarinubiraga ibihe bikomeye yagiye anyuramo.

Valence Rwamukwaya arimo gutambuka asezerwa n'abo bakoranaga kuri RBA, bamufata amashusho na za 'camera', i Kigali, mu Rwanda, mu mwaka wa 2020.

Ahavuye isanamu, RBA

Insiguro y'isanamu, Mu mwaka wa 2020 ni bwo Rwamukwaya yahagaritse akazi, asezererwa mu cyubahiro n'urwego rw'igihugu rw'itangazamakuru (RBA)

Bernard Birasa bakoranye kuri televiziyo y'u Rwanda mu gihe cy'imyaka 14 bombi bafotora (cameramen), yabwiye BBC ko Rwamukwaya yari umukozi witangira akazi bidasanzwe ndetse rimwe na rimwe akaba yakwiyibagirwa.

Yagize ati: "Yitangiye akazi rwose… nta wundi muntu nzi mu bo twakoranye witangaga nka we. Ubuzima bwe bwari akazi, ubanza hari n'igihe yibagirwaga umuryango. Niyigendere yakoze akazi ke uko yabisabwaga kandi numva igihugu gikwiye kubimushimira."

Na ho Théodore Ntunga wakoranye na Rwamukwaya igihe kirekire i Burundi, avuga ko yabuze ibitotsi ubwo yari amaze kumenya ko yapfuye. Avuga ko amwibuka mu nshingano z'akazi kanyuranye bagendanyemo.

Yatangaje mu Gifaransa ku rubuga nkoranyambaga Facebook ati: "Ndamwibuka kuri RTNB, Nyakabiga, mu butumwa bw'akazi mu mahanga… aya mashusho yose aragenda angarukamo... Genda mu mahoro Muvandimwe."

Mu mwaka wa 2020 ni bwo Rwamukwaya yahagaritse akazi, asezererwa mu cyubahiro n'abakozi bakoranye mu rwego rw'igihugu rw'itangazamakuru (RBA).

Valence Rwamukwaya yari umubyeyi, asize umugore n'abana batandatu.