Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Perezida Edgar Lungu wa Zambiya yahumurije Abanyarwanda basahuwe
Perezida Edgar Lungu wa Zambiya yavuze ko ubusahuzi bwakorewe Abanyamanga i Lusaka ari igisebo kuri Zambiya.
Muri ubwo busahuzi burimo imvururu bwamaze iminsi 2, hasenywe amaduka y'abimukira b'Abanyarwanda arenga 60.
Perezida Lungu yasuye abo bantu bakuwe mu byabo ubu bahungiye mu rusengero.
Umunyarwanda twavuganye mu mujyi wa Lusaka, yavuze ko Perezida Lungu yijeje abo bantu bahohotewe ko leta izakurikirana ababikoze kandi ishakishe impamvu byabaye.
Byabaye ngombwa ko leta ya Zambiya ikoresha ingufu za gisrikare mu gohosha ubwo busahuzi.
Umunyarwanda twavuganye yavuze ko HCR yemeye gufasha abanyarwanda n'Abanyamulenge bafite ibyangombwa by'ubuhunzi.
Yavuze ko abatabifite bamenyeshejwe ko bazitabwaho na leta ya Zambiya.