Ibyo Papa Leo, na Perezida Trump bavuga ku ntambara ya Iran

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Papa Leo yasubije Trump, avuga ko azakomeza 'kuvuga'
Papa wa mbere w’umunyamerika akaba na perezida wa Amerika bagaragaje ibitekerezo bitandukanye cyane ku ntambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati.
5 Mata(3):Mu gitambo cye cya mbere cya misa ya Pasika, Papa Leo yasabye "abafite ububasha bwo gutangiza intambara" "guhitamo amahoro"
7 Mata (3): Trump yanditse ku rubuga rwe nkoranyambaga Truth Social ko " (civilisation) yose izapfa muri iri joro" niba Iran idafunguye umuhora wa Hormuz. Nyuma Papa Leo yabwiye abanyamakuru ati: "Uyu munsi ... hari iki kibazo cy'iterabwoba ku baturage bose ba Iran, kandi ibi ntabwo byemewe."
11 Mata (3): Ubwo abaganira muri Iran na Amerika bateraniraga mu biganiro byo guhagarika intambara, Papa Leo yasabye umuryango mpuzamahanga guhagarika "ubusazi bw'intambara"
12 Mata (3): Trump anenga Papa, avuga ko akwiye "kwibanda ku kuba Papa Mukuru, atari Umunyapolitiki". Ashinja Papa kuba "afite intege nke mu byaha" no "gukorera abahhezanguni ". Mu butumwa burebure yanditse ku mbuga nkoranyambaga, Trump avuga ko Papa Leo akwiye "gushima," yongeraho ati: "Iyo ntaza kuba ndi muri White House, Leo ntiyari kuba ari i Vatican"
13 Mata (3): Papa Leo yabwiye abanyamakuru ko "adatinya ubutegetsi bwa Trump cyangwa kuvuga mu ijwi riranguruye ubutumwa bwiza"
Izindi nkuru wasoma:













