Amerika yahannye Kabila imushinja gutera inkunga inyeshyamba za M23

Ahavuye isanamu, Reuters
Leta y’Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) imushinja gufasha inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi zikorera mu burasirazuba ivuga ko zishaka guhirika ubutegetsi bw’icyo gihugu.
Amerika ivuga ko icyo cyemezo kiri mu rwego rwo kugarura amahoro muri DRC kandi ko gitanga ubutumwa ko umuntu wese uzabangamira ibikorwa byo kugarura amahoro azabiryozwa.
Mu itangazo yasohoye, minisiteri y’imari y’Amerika ivuga ko yafatiriye imitungo yose ya Kabila iri muri Amerika ndetse ko yabujije abaturage bayo gukorana na we cyangwa ibigo agenzura.
Amerika ishinja Kabila gutera inkunga umutwe wa M23 agamije guhungabanya umutekano w’igihugu cye.
Leta ya DRC yashimye ibi bihano Amerika yafatiye Kabila. Mu butumwa umuvugizi wayo Patrick Muyaya yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko iki ari "ikindi gikorwa cy'ingenzi mu kurwanya umuco wo kudahana" no "kubaha ubusugire" bwa DRC.
Amerika inashinja u Rwanda gufasha M23 mu kuyiha abasirikare, ibikoresho, imyitozo n'amategeko, ibyo rwo ruhakana, ndetse mu ntangiriro ya Werurwe (3) uyu mwaka yafatiye ibihano ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’abajenerali bane barimo n’umugaba mukuru w’ingabo.
Mu mwaka ushize, urukiko rwa gisirikare muri DRC rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, adahari, rumuhamije ubugambanyi.
Nta cyo Kabila, w’imyaka 54, yari yatangaza kuri ibi bihano. Mbere yahakanye gufasha M23, ariko muri Gicurasi (5) mu mwaka ushize, nyuma y’imyaka ari mu buhungiro yijyanyemo, yagaragaye mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bw’igihugu, ugenzurwa na M23.
Kabila yategetse DRC imyaka 18, ava ku butegetsi mu mwaka wa 2019, mu ryabaye ihererekanya ry’ubutegetsi rikozwe mu mahoro rya mbere ryari ribayeho kuva DRC ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1960.
Izindi nkuru wasoma:
