IKIBIRIRAHO, Turukiya: Abantu icyenda biciwe mu iraswa rya kabiri ribaye ku ishuri mu minsi ibiri

Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu wa Turukiya yavuze ko abanyeshuri umunani n'umwarimu umwe biciwe muri icyo gitero.

Amakuru y'ikibiriraho

Chançard Abimana na Didier Bikorimana

  1. Turukiya: Abantu icyenda biciwe mu iraswa rya kabiri ribaye ku ishuri mu minsi ibiri

    Imbangukiragutabara hamwe n’imodoka za polisi ziraboneka hanze y’ishuri, mu mbaga y'abantu benshi

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Imbangukiragutabara n’imodoka za polisi zabonetse hanze y’ishuri, ubwo ababyeyi bariraga bihutiraga kugera ku ishuri

    Abanyeshuri nibura umunani n’umwarimu umwe bishwe barashwe naho abandi benshi barakomereka nyuma y’iraswa ryabereye ku ishuri ryo mu majyepfo ya Turukiya, nkuko Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Mustafa Ciftci yabivuze.

    Byabereye mu ishuri ryisumbuye rya Ayser Calik riri mu mujyi wa Kahramanmaras, aho Minisitiri Ciftci yavuze ko abantu 13 na bo bakomeretse, batandatu muri bo bakaba bamerewe nabi cyane.

    Abategetsi bavuze ko umuntu w’imyaka 14 wagabye icyo gitero na we yiciwe muri ibyo byabaye.

    Ibi bibaye hashize umunsi abantu 16 bakomeretse nyuma yuko uwahoze ari umunyeshuri arashe ku rindi shuri ryisumbuye, na ryo ryo mu majyepfo y’igihugu, nyuma akiyica.

    Impamvu y’iki gitero cyo ku wa gatatu ntiramenyekana ndetse hatangijwe iperereza.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.