Umushoferi wa Depite "Bobi Wine" yiciwe muri Uganda nyuma ya mitingi

Ahavuye isanamu, AFP
Umuntu umwe yishwe naho abandi 30 batabwa muri yombi nyuma y'ibikorwa by'urugomo byabereye mu majyaruguru ya Uganda mbere yuko haba amatora yo kuzuza imyanya yo mu nteko ishingamategeko.
Polisi yavuze ko abashyigikiye abatavuga rumwe n'ubutegetsi bateye amabuye ku rukurikirane rw'imodoka rwari rurimo n'itwaye Perezida Yoweri Kaguta Museveni w'iki gihugu ubwo yavaga mu bikorwa bya mitingi mu mujyi wa Arua.
Polisi yavuze ko ari bwo inzego z'umutekano zatabaraga nuko gukozanyaho kwakurikiyeho kugwamo umuntu umwe.
Ifoto y'umurambo w'umusore yuzuye amaraso wegamye ku modoka yahise isakara ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda.
Yari umushoferi w'umwe mu bategetsi bo muri Uganda, Depite Robert Kyagulanyi, akaba n'umuhanzi uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine.
Bwana Kyagulanyi yari arangije ibikorwa byo kwiyamamaza mu matora bitavugwaho rumwe byaberaga mu mujyi wa Arua aho we na Perezida Museveni bashyigikiye abakandida bahanganye.
Ariko hari ukudashira amakenga ku kuntu polisi ivuga ko byagenze - ko urukurikirane rw'imodoka zarimo itwaye Perezida Museveni rwagabweho igitero, cyane ko aba arinzwe cyane. Abashyigikiye Bobi Wine bemeza ko Bobi Wine ari we wari ugambiriwe kwicwa.
Abantu babarirwa mu macumi batawe muri yombi barimo n'abanyamakuru babiri.
Abategetsi bari gushakisha Bobi Wine wahise ava aho ibyo byabereye.
Aya matora yo kuzuza imyanya yo mu nteko ishingamategeko muri Uganda ateganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri.
Mu kwezi kwa gatandatu, Depite Ibrahim Abiriga yishwe arashwe ariko kugeza n'ubu impamvu y'urupfu rwe ntiramenyekana.








