Ramaphosa yashimiye Putin ku gucyura Abanyafurika y’Epfo barwanaga muri Ukraine

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yashimiye mugenzi we w’Uburusiya Vladimir Putin gufasha gucyura Abanyafurika y’Epfo 17 avuga ko bashutswe bakinjizwa mu ntarambara muri Ukraine.
Abo bagabo bari hagati y’imyaka 20 na 39 umwaka ushize bagiye mu Burusiya bazi ko bagiye gutozwa no guhabwa akazi nk’abarinzi bwite (bodyguard) ariko boherezwa ku rugamba muri Ukraine.
Ibiro bya Ramaphosa byemeza ko bane(4) muri abo bagaruwe iwabo ku wa gatanu ushize, abandi 11 “bari mu nzira bataha” naho abandi babiri bazataha nyuma. Bivuga ko iperereza ku buryo bajyanywe ririmo gukorwa.
Benewabo n’aba bagabo babwiye BBC ko bageze mu Burusiya bahawe amasezerano yo gusinya ariko kuko batari bazi Ikirusiya batamenye ko bemeye kuba abarwanyi b’abacanshuro.
Itangazo rya Vincent Magwenya umuvugizi wa Ramaphosa rivuga ko mu bategereje gutaha “babiri bari mu bitaro i Moscow”.
Magwenya avuga ko tariki 10 z’uku kwezi Ramaphosa yavuganye na Putin kuri iki kibazo “akamushimira cyane ubufasha mu gucyura” bari bagabo. Afurika y’Epfo n’Uburusiya bisanganywe umubano mwiza.
Hagati aho, Duduzile Zuma-Sambudla, umukobwa wa Jacob Zuma waho ari perezida w’iki gihugu, yavuzwe mu bantu bafasha mu kujyana urubyiruko rw’iki gihugu kurwanira Uburusiya muri Ukraine.
Duduzile yahakanye ibi birego - mu babimureze harimo umuvandimwe we bavukana kuri se Nkosazana Zuma-Mncube - ibirego byatumye ahatirwa kwegura nk’umudepite mu nteko ishingamategeko.
Gushuka urubyiruko rw’Abanyafurika y’Epfo kujya kurwana muri Ukraine byatumye mu Ukuboza(12) gushize abantu batanu – barimo umunyamakuru w’ikinyamakuru cya leta – bafungwa na polisi.
Izindi nkuru bijyanye wasoma:



